Dr. Gakwenzire Philibert, Perezida w’Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agaragaza ko nubwo Kabuga yapfuye, ibye bitarangiriye aho, ahubwo ko hari ibikwiye gusobanuka, mu nyungu z’ubutabera.
Kabuga Félicien ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, yapfiriye mu bitaro yari arwariyemo i La Haye mu Buholandi.
Isomwa ry’urubanza rwa Oswald Rurangwa uregwa ibyaha bya Jenoside ryari riteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, ryasubitswe, rihabwa indi tariki.
Urukiko rwa Rubanda rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwemeje ko Claude Muhayimana ahamwa n’icyaha cyo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rumukatira igifungo cy’imyaka 14.
Ubushinjacyaha bw’Uburukiko rwa Rubanda mu Bufaransa bwasabiye Claude Muhayimana igifungo cy’imyaka 15, mu rubanza rw’ubujurire, rumukurikiranyeho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urubanza rw’ubujurire Claude Muhayimana ashinjwamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi birimo ubufatanyacyaha mu byaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, ku wa 24 Gashyantare 2026 yatangiye kwisobanura, urukiko rumushinja kunyuranya mu mvugo.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Jean Claude Muhayimana rubera mu Rukiko rwa Rubanda i Paris ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umutangabuhamya yavuze ko yiboneye imodoka y’uregwa mu bikorwa by’urugomo n’ubugome byabereye mu Karere ka Karongi.
Claude Muhayimana, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, yongeye kwitaba Urukiko rwa Rubanda (Cour d’assises) i Paris kugira ngo aburane mu bujurire, nyuma y’uko yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 14 mu mwaka wa 2021.
Polisi yafunze umugabo w’imyaka 62 wari warahinduye amazina ahunga ubutabera, kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urubanza rwa Hategekimana Philippe Manier uzwi nka Biguma ruragana ku musozo ku rukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, aho aburana ubujurire ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Kuri uyu wa 13 Ukuboza, Urukiko rw’Ubujurire rwakatiye Iyamuremye Jean Claude bahimba Nzinga igifungo cy’imyaka 20 kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 mu Karere ka Kicukiro.
Béatrice Munyenyezi ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, we n’abunganizi be Me Bruce Bikotwa na Me Félicien Gashema bakomeje kugaragaza ko hari ibyo urukiko rwisumbuye rwa Huye rwirengagije mu rubanza rwe rumukatira igifungo cya burundu.
Urukiko rwo mu Bufaransa rwahamije umushakashatsi, Charles Onana icyaha yari akurikiranyweho cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Nyanza, bavuga ko Biguma yagize uruhare rutaziguye mu gukora Jenoside, bakibaza impamvu yatinyutse kujurira kandi azi neza ibyo yakoze, ariko ngo bizeye ubutabera.
Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa ruri kuburanisha mu bujurire, Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma wiyise Manier, rwanzuye ko atazakurikiranwaho kugira uruhare ku batutsi bari bahungiye ku musozi wa Karama bakahacirwa.
Ni ibyatangajwe n’abatangabuhamya mu bujurire, Hategekimana Philippe uzwi ku izina rya Biguma urimo kuburana mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, aho akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.
Umutangabuhamya wafunzwe imyaka 13 kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yagaragaje ko Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma arushya ubutabera nkana.
Tariki 04 Ugushyingo 2024, urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, nibwo rwatangiye kuburanisha mu bujurire Philippe Hategekimana Manier uzwi nka ‘Biguma’ wari warahamijwe ibyaha bya Jenoside, agakatirwa gufungwa burundu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ugushyingo 2024, urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, rwatangiye kuburanisha mu bujurire Philippe Hategekimana uzwi nka Biguma wari warahamijwe ibyaha bya Jenoside, agakatirwa gufungwa burundu.
Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa rwakatiye Dr. Eugène Rwamucyo igifungo cy’imyaka 27 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwasabiye Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris Umunyarwanda Dr Eugène Rwamucyo ukurikiranyweho ibyaha ashinjwa bifitanye isano na jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gufungwa imyaka 30.
Dr. Eugène Rwamucyo, ukurikiranyweho ibyaha birimo ibya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, mu gihe urubanza rwe rurimo kugana ku musozo, yashinjwe kuba umwe mu bavugaga rikumvikana mu Mujyi wa Butare, ahakana ashimangira ko yari umuntu utazwi bityo kumuhuza n’ubwicanyi bimubabaza.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwatesheje agaciro ubujurire bwa Musonera Germain wari ugiye kuba Umudepite, bwo gukurikiranwa ari hanze ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha.
Abarokotse Jenoside b’i Gishamvu mu Karere ka Huye bavuga ko batemeranywa n’imvugo ya Dr Eugène Rwamucyo ubu uri kuburanira mu Bufaransa ku bw’uruhare akurikiranyweho muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Rwamucyo avuga ko yashyinguje imirambo y’Abatutsi aharanira kurwanya ko iramutse iboreye ku gasozi yatera ibyorezo, nyamara (…)
Dr Eugene Rwamucyo yatangiye kuburanira mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa kabiri tariki 1 Ukwakira 2024, bikaba biteganyijwe ko ruzasozwa bitarenze tariki 31 Ukwakira 2024.
Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba rwakatiye gufungwa by’agateganyo iminsi 30, Musonera Germain, kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho yakoreye mu yahoze ari Komini Nyabikenke, ubu ni mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga.
Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba mu Karere ka Muhanga ruratangira kuburanisha Musonera Germain wari ugiye kuba Umudepite, ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akekwaho.
Urukiko rw’Ubujurire rwa Kigali kuri uyu wa Gatatu 31 Nyakanga rwategetse ko Wenceslas Twagirayezu ahanishwa igifungo cy’imyaka 20, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, yari yaragizweho umwere n’Urukiko Rukuru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyikirijwe ubukarabiro bwubatswe n’umuryango wa IOM (International Organization for Migration) ibikorwa wafatanyije n’umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ku nkunga y’igihugu cy’u Budage.
Nyuma y’uko Nkunduwimye Emmanuel wamenyekanye nka Bomboko, ahamijwe ibyaha bya Jenoside, ibyibasiye inyokomuntu ndetse no gufata ku ngufu maze agahanishwa gufungwa imyaka 25, abarokotse Jenoside mu murenge wa Gitega aho yakoreye ibyaha, batangaje ko bishimiye umwanzuro w’urukiko.