Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG, iratangaza ko irimo gukoresha uburyo bwose bushoboka kugira ngo ibitabo byandikwa ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bigere ku Banyarwanda benshi bashoboka.
Abakurikiye igitaramo cyiswe East African Party yakoze ku munsi wa mbere w’umwaka wa 2019, bemeza ko Meddy wari umushyitsi mukuru yarushijwe n’abo bahuriye ku rubyiro, kandi ngo nta kidasanzwe yakoze ugereranije n’igitaramo yari aherutse gukorera i Rugende umwaka wari wabanje.
Ikipe ya Mukura yasoje imyitozo bakoreraga kuri Stade Amahoro bitegura El Hilal yo muri Sudani, aho bagiye bazi ko ari ikipe ikomeye cyane
Urubuga rw’ikoranabuhanga rusabirwamo serivisi za Leta ruvuga ko rwarinze abaturage gusiragira no gutanga ruswa, ubu rukaba rutekereza uburyo rwakumira inyerezwa ry’umutungo wa Leta.
Ambasade y’u Bubiligi mu Rwanda iratangaza ko guhera tariki ya 15 Mutarama 2019, abashaka Visa zibemerera kujya mu Bubiligi no mu bihugu bikoresha Visa Schengen bazajya bazisabira mu kigo gishya kibishinzwe kitwa “Belgium Visa Center Application”.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, kuri uyu wa kane tariki 10 Mutarama 2019 yatangije igikorwa cyo gufata moto zikora mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyangwa zikora zitujuje ibisabwa.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye kwigisha abaganga babaga bakanasubiza umubiri aho wavuye (Plastic surgeons) hagamijwe kuziba icyuho cy’ubuke bwabo kuko mu Rwanda hari babiri gusa.
Iradukunda Grace Divine uzwi nka DJ Ira mu kazi ko kuvanga imiziki mu Rwanda, ngo agorwa n’ukuntu abasore n’abagabo bamubona ku rubyiniro avanga imiziki bakamwifuza, abandi bakamubeshya ibiraka bashaka kumwaka numero ya telephone ngo bazamuterete.
Guca inda zitateguwe n’indi myitwarire mibi igaragara mu rubyiruko ngo bizagorana mu gihe ababyeyi b’iki gihe badatanga uburere nk’ubwo na bo bahawe n’ababyeyi ba bo bakiri bato.
Mugenzi Louis Marie umucamanza mu rukiko rw’ikirenga avuga ko hari inkiko zifata ibyemezo bitandukanye ku kibazo kimwe kubera imyandikire y’imanza.
Felix Tshisekedi watowe nka perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashimiye uwo asimbuye Joseph Kabila Kabange, aboneraho gusaba abamushyigikiye kutamufata nk’umwanzi we cyangwa uwo bahanganye, ahubwo bakamufata nk’umufatanyabikorwa muri gahunda y’ihererekana ry’ubutegetsi.
N’ubwo Ikigo gishinzwe Imiyoborere RGB kivuga ko gufungura insengero zari zarafunzwe bikomeje, inzego z’ibanze ziravuga ko bitoroshye bitewe n’uko nta zikirimo kuzuza ibisabwa.
Mbere y’uko umwaka w’imikino urangira ikipe ya Rayon Sports izaba yarerekeje mu Bwongereza gusura ikipe ya Arsenal
Félix Tshisekedi niwe watsindiye kuyobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byatangajwe na (CENI) ariyo komisiyo y’amatora muri iki gihugu mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu rishyira uwa kane tariki 10/01/2019.
Mu gihe abahinzi b’icyayi bo mu karere ka Nyamasheke bakorana n’uruganda rwa Gisakura mu karere ka Nyamasheke bashishikarizwa kugihinga cyane kugira ngo kirusheho kubateza imbere, aba bahinzi barataka ingemwe zacyo, ikibazo cyatumye imirima bateguye kugihingaho ikomeje gupfa ubusa kuva mu kwezi kwa munani 2018, ndetse (…)
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahinduye icyemezo yari yafashe cyo gufunga amashuri arindwi y’imyuga n’ubumenyingiro atari yujuje ibyangombwa. MINEDUC yasanze bishoboka ko ibituzuye byazatunganywa ariko abana biga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (Rwanda Cooperative Agency) kiratangaza ko abakora imirimo yo gutwara abagenzi bakoresheje amagare bazwi nk’ Abanyonzi bakorera mu mujyi wa Kigali,batemerewe kurenza saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba bakiri mu muhanda igihe badafite amatara yabigenewe.
Umugore w’imyaka 29 y’amavuko umaze imyaka 10 ari muri koma mu kigo cya Hacienda i Phoenix muri Leta ya Arizona muri Amerika, yabyaye akiri muri koma. Ubu harashakishwa uwamuteye inda.
Nyuma y’uko mu ijoro ryo kuwa kabiri rishyira kuwa gatatu tariki 09/01/218 Mu murenge wa Kanombe Akarere ka Kicukiro, Alexia Uwera Mupende wari umunyamideri yishwe atewe icyuma, bamwe mu banyamideri bo mu Rwanda baravuga ko babuze inkingi ya mwamba.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) kiratangaza ko nta kigo cy’ishuri ry’icyitegererezo kizongera kubaho kuko ibigo by’amashuri byose bya Leta bigiye kujya bifatwa kimwe.
Mu rwego rwo gukomeza kwitegura guhangana n’icyorezo cya Ebola mu gihe cyaramuka cyadutse mu Rwanda, Ministeri y’Ubuzima yakoresheje imyitozo abakozi bo mu rwego rw’ubuzima mu Karere ka Rusizi nka kamwe mu turere duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahagaragaye icyo cyorezo.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibigo bya Isange one stop center bikiri bike bigatuma hari abahohoterwa batabigeraho vuba ngo bafashwe ibimenyetso bitarasibangana.
Korali Itabaza yo mu Bibare mu Karere ka Gasabo yaririmbye ‘ifoto y’urwibutso’ ubu ntikigaragara cyane mu ruhando rw’amakorali ashakishwa mu Rwanda, ariko abayigize bizeye ko izongera ikaba korali ikomeye, nk’uko byahoze cyera.
Manishimwe Djabel uri kubarizwa muri Kenya, yiteguye gusaba imbabazi Rayon Sports yamufatiye ibihano byo kumara ukwezi adakina
Nubwo azwiho kuba yarahogoje abakobwa benshi bifuza kuba bakundana na we, Mukunzi Yannick, umukinnyi wa Rayon Sports, yemeza ko ikintu cyamugoye kurusha ibindi ari ukubona umukobwa akwiye gukunda. Uwo mukinnyi w’umupira w’amaguru ukundwa n’abafana benshi bavuga ko arusha bagenzi be gukurura abakobwa, yahishuye urugendo (…)
Hamwe na hamwe mu bitaro bya Leta mu mujyi wa Kigali, hari abarwayi binubira ko basigaye bahamara amajoro n’amanywa batarabona ubabaza icyo barwaye.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze kwemeza ko igihugu cya Misiri ari cyo kizakira Igikombe cy’Afurika cy’Ibihugu kizahatanirwa muri Kamena na Nyakanga muri uyu mwaka wa 2019.
Aborozi bo mu turere dutatu tuzwiho kugira umukamo utubutse ari two Nyagatare, Gatsibo na Gicumbi baravuga ko batewe igihombo kinini n’icyemezo cy’uruganda Inyange Industries cyo kudafata amata yabo iminsi ibiri mu cyumweru.
Muhire Kevin ukina hagati mu mavubi yemeye gusinya amasezerano yo gukinira Misr Lel-Makkasa SC yo mu cyiciro cya mbere muri Misiri.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko mu Buyapani yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu, Shinzo Abe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko hari amashuri arindwi yigishaga imyuga n’ubumenyingiro yafunzwe kuko byagaragaye ko atujuje ibisabwa mu gutanga ireme ry’uburezi mu myuga n’ubumenyingiro.
Umushinga Peace Plan wateye inkunga insengero uzishyiraho ibigega binini bifata amazi akanayungururwa hagamijwe gufasha abahagenda n’abahaturiye kubona ayo kunywa no kugira isuku.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru binubira abatashya amashami baba batemeye mu mirima yacyo, n’ababaragirira amatungo mu mirima.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage(PSD) ryatangaje ko rigiye kubaka icyicaro cyaryo, rikaba ribaye irya kabiri rifite inyubako yaryo bwite rikoreramo nyuma y’umuryango wa FPR-Inkotanyi ufite inyubako yayo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Abanyeshuri 178 barimo abarangije icyiciro cy’amashuri abanza n’icyiciro rusange mu ishuri Wisdom School riherereye mu karere ka Musanze barishimira ko uburezi bufite ireme ryabahaye ari bwo bwatumye bitwara neza mu bizamini bisoza ibi byiciro byombi mu mwaka w’amashuri wa 2018.
Nyuma y’uko abanyeshuri barangije amashuri abanza n’ikiciro rusange cy’ayisumbuye baboneye amanota ndetse bakamenyeshwa ibigo bazigaho, kuri uyu wa mbere tariki 07 Mutarama 2019, minisiteri y’uburezi yagaragaje uko abanyeshuri bose biga bacumbikiwe bagomba kugera ku bigo bigaho.
Abana bahoze mu mashyamba ya kongo baherutse gutahuka mu Rwanda barasaba ko Leta yabashyiriraho uburyo bwihariye bwo kubona amashuri kuko batakaje igihe batiga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madame bageze I Tokyo mu Buyapani mu ruzidiko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Abakodesha inzu mu karere ka Rubavu baravuga ko inzu zazamuye ibiciro kubera abanyecongo bari kuzikodesha abandi bakazigura, cyane cyane muri ibi bihe bavuga ko batizeye uko bizagenda ubwo hazaba hatangazwa ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu n’abagize inteko ishinga amategeko.
Mu mukino wari waraye usubitswe, Amagaju atsinze Bugesera igitego 1-0 mu mukino wabereye i Bugesera
Abanyarwanda n’abandi bakerarugendo bo mu karere bifuza gusura Umujyi wa Yeruzalemu muri Isiraheli ubitse amateka menshi ya Yesu/Yezu, bagiye kuzajya bawusura bakoresheje indege ya RwandAir.
Gusohora indirimbo mu buryo butumvikanywe n’impande zombi, byatumye Bruce Melodie yijundika bikomeye umunya Ecosse Iain Stewart bakoranye indirimbo yitwa Karma.
Ishuri ryigisha Muzika mu Rwanda Nyundo Music school rigiye kongera gutanga amahirwe ku bana bifitemo impano muri muzika.
Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda Dr. Peter Woeste, kuri uyu wa mbere tariki 07 Mutarama 2019 yabwiye abenegihugu be basura u Rwanda ko bitewe n’uburyo umutekano wakajijwe muri Nyungwe, amabwiriza yo kugenda bikandagira yakuweho.
Ministiri w’Intebe, Dr Edward Ngirente hamwe na Prof. Shyaka Anastase uyobora Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu baramagana ruswa n’itekinika mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta.
Guy-Bertrand Mapangou, Minisitiri w’itumanaho muri Gabon aravuga ko agatsiko agatsiko k’abasirikare bato bigerezaho bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) n’itsinda ry’abantu 16 baturutse mu kigo cya “Alibaba Group” bagiranye ibiganiro bishobora kuzanira akanyamuneza abahinzi n’aboherereza ibikomoka ku buhinzi mu mahanga.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamaliya Beatrice arasaba intore z’inkomezabigwi, icyiciro cya karindwi, kurangwa n’isuku iwabo mu Midugudu mu rwego rwo kurwanya abituma ku gasozi.
Igisirikare muri Gabon kiravuga ko cyafashe ubutegetsi, nyuma y’imyaka 52 Umuryango wa Bongo wari umaze uyobora.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Gasana K Emmanuel, yabwiye urubyiruko rw’i Huye rugiye kujya ku rugerero ko imihigo atari imikino (siyo michezo), ko atari no kubyina Ndombolo ya Solo.