Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yemeza ko u Rwanda rumaze gushyira mu bikorwa hejuru ya 60% by’imyanzuro rwasabwe n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu.
Ku munsi wa mbere w’irushanwa ryiswe Agaciro Championship, AS Kigali irahura na Rayon Sports ku matara ya Stade Amahoro
Abahanga mu by’imiti bavuga ko urugendo rwo gushinga uruganda rukora imiti mu Rwanda rusigaje gukorerwa igenamigambi gusa, nyuma yo kwegerenya abazarukoramo.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi baravuga ko ibyumba bitatu by’amashuri y’uburezi bw’incuke bashyikirijwe bizabafasha guca ubuzererezi bwari bubahangayikishije.
Perezida Paul Kagame yemeza ko Amerika isa nk’itarahinduye imyitwarire muri politiki yayo ku mugabane wa Afurika kuva intambara y’Ubutita yarangira.
Imanizabayo Claudine arashakisha iwabo nyuma y’imyaka ibiri amaze muri Uganda, aho avuga ko yatorokanwe n’umugore washakaga kumushora mu buraya bukorerwa mu kabari ke.
Ikipe ya Gicumbi ubwo yerekezaga i Kigali ije gukina umukino wo guhatanira kujya mu cyiciro cya mbere na Sorwathe, ikoreye impanuka ahitwa Kigoma
Urubanza rwa Robert Mugabe (Bob), ukurikiranyweho gusambanya abavandimwe babiri barimo utaruzuza imyaka y’ubukure, rusubitswe ataburanye rwimurirwa tariki 2 Ukwakira 2018.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabajije abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) niba byashoboka ko buri rugo rwo mu Rwanda rutera byibura igiti kimwe cy’Avoka.
Abahinzi bo hirya no hino mu gihugu bakomeje kwinubira ko inyongeramusaruro zitabagereraho igihe bigatuma bahinga buri wese yirwanyeho bikagira ingaruka ku musaruro.
Perezida Paul Kagame avuga ko kimwe mu bidindiza iterambere ry’umugabane wa Afurika ari indwara z’ibikatu zikomeza kwibasira abayituye.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB rwatangaje ko rufite ubuhamya bw’abantu bagiye batekerwa umutwe n’abiyita abahanuzi bakabacuza imitungo ya bo.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent yahamagaye ikipe y’igihugu y’abakinnyi 27 igomba kwitegura Guinea Conakry
Umujyi wa Kigali uravuga ko igishushanyo mbonera gishya cy’uyu mujyi abaturage bazaba bakibonamo bikazanoroha kugishyira mu bikorwa, kuko aribo bagize uruhare mu kugitangaho ibitekerezo.
Umunyezamu Ndayishimiye Eric “Bakame” yakoze imyitozo mu ikipe ya AS Kigali, mu gihe habura amasaha atagera kuri 48 ngo iyo kipe icakirane na Rayon Sports.
Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Nyabikenke mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, buramara impungenge abashaka serivisi zo kwikebesha (Kwisiramuza) kuko ubu biri gukorwa ku buntu.
Ibyo Abanyehuye babikesha kuba umubare w’abanyeshuri biga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye ugiye kongera kwiyongera, na bimwe mu bigo byahoze bihakorera bikahagarurwa.
Perezida Paul Kagame atangaza ko ubwinshi bw’urubyiruko muri Afurika buzagira uruhare rukomeye mu bukungu bwayo mu minsi iri imbere, ariko ngo bikazasaba n’ingamba ingamba zishyigikira urubyiruko.
Mu Rwanda hagiye gukorwa ubushakashatsi bushya bwiswe "RPHIA" buzagaragaza uko icyorezo cya SIDA gihagaze nyuma y’imyaka isaga 10 ubundi bukozwe.
Perezida Paul Kagame yavuze ko idindira ry’umugabane wa Afurika ryaturutse ku kuba ibindi bihugu byarayibonaga nk’umugabane udahuriza hamwe
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney yagereranyije abakozi ba Leta birengagiza umwanya wa siporo ya buri wa gatanu bagenewe na Leta, nk’imungu zimunga umutungo wa Leta.
Byinshi mu bihugu bya Afurika byugarijwe n’ibibazo bikomoka ku mihindagurikire y’ikirere, ibyo bikagira ingaruka ku buzima bw’ababituye.
Abanyeshuri ba GS Karama yo mu Murenge wa Kigali muri Nyarugenge bishimiye guhabwa uburenganzira bwo gukoresha mudasobwa bisanzuye bikazabafasha gutsinda neza ibizamini.
Abashinzwe ubworozi mu mirenge itandukanye yo mu Ntara y’Amajyepfo, bavuga ko abafashamyumvire mu bworozi badahabwa agaciro, bigatuma ubworozi budatera imbere.
Mu gihe byari bimenyerewe ko imihigo ari gahunda yashyiriweho inzego z’ibanze gusa hagamijwe gutera ishyaka abayobozi kurushaho kurwanira ishyaka abo bayobora, Minisiteri y’Uburezi nayo yashyiriyeho imihigo abayobozi b’ibigo by’amashuri.
Christine Ashimwe warwaye indwara yo kuvura kw’amaraso gukabije (Blood Clots) ikamuzahaza, yahisemo kuyikoraho ubushakashatsi kugira ngo imenyekane kuko yica.
Perezida Paul Kagame yemeye kuba umwe mu bayobozi ba gahunda y’Umuryango w’Abibumbye igamije gushaka icyafasha urubyiruko gutera imbere.
Kuri iki Cyumweru, Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda FERWAKA, ryashyikirijwe impano y’ibibuga bikorerwaho imyitozo bikanakinirwaho amarushanwa bizwi nka Tatami, bifite agaciro ka Miliyoni 56 y’amafaranga y’u Rwanda. (67,372 USD)
Perezida Paul Kagame yavuze ko Nelson Mandela yasigiye isi umurage wo kwirinda gutandukanya abaturage, kuko byangiza imibanire yabo y’igihe kirekire kandi bikagira ingaruka ku bukungu.
Tariki 19 Nzeri, Perezida Paul Kagame yayoboye umuhango wo kurahira kw’abadepite 80 bagize inteko nshingamategeko ya kane.
Mu gihe hagiye kuba irushanwa ry’Agaciro rihuza amakipe ane ya mbere muri Shampiyona ishize, Umuyobozi ushinzwe ishoramari mu Kigo cya Agaciro Developmeny Fund, Mugabe Charles, yavuze ko intego y’iyi mikino atari ugucuruza ahubwo intego zayo ari ubukangurambaga.
Madame Jeannette Kagame aritabira inama y’Umuryango w’abagore b’Abaperezida (OAFLA), aho aza kuba garagariza icyo u Rwanda ruri gukora mu kurwanya SIDA.
Umushinga wa ArtRwanda-Ubuhanzi ni igitekerezo cya Minisiteri y’Urubyiruko na Minisiteri ya Siporo n’Umuco, ushyirwa mu bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation.
Inama Nkuru y’Amashuri Makuru (HEC) iramagana ikoreshwa rya bamwe mu banyeshuri bimenyereza umwuga (Stage) ibyo batagenewe gukora.
Ubutumwa Intumwa Gitwaza uyobora itorero rya Zion Temple yahaye abakristo basengera mu itorero ayoboye bwumviswe mu buryo butandukanye.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko mu gihe abantu benshi bagenda bagerwaho n’ikoranabuhanga, hakwiye no gutekerezwa uko nta busumbane bujyanye na ryo bwabaho.
Perezida Paul Kagame yashimye uruhare ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ryagize mu gufasha urubyiruko rwa Afurika kugera ku nzozi zarwo.
Mu irushanwa ryo gusiganwa ku maguru ryabereye i Montréal muri CANADA, Umunyarwandakazi Nyirarukundo Salome yegukanye umwanya wa mbere
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Kirimbi gihuza imirenge ya Macuba na kirimbi yo mu Karere ka Nyamasheke, babuze isoko bari barijejwe n’umushoramari.
Rayon Sports isezerewe mu mikino ya CAF Confederation Cup, nyuma yo gutsindwa ibitego 5-1 na Enyimba mu mukino wo kwishyura
Nyuma y’uko mu mugezi wa Mukungwa hagaragayemo amafi menshi yapfuye icyayishe Kikaba kitaramenyekana, Minisiteri y’ ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, yasabye ko abantu bakwirinda kurya ayo mafi birinda ingaruka yateza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze, bukomeje gusaba abaturage kwirinda kugura no kugurisha amafi mu masoko, nyuma yuko habonetse amafi menshi yapfuye mu ruzi rwa Mukungwa.
Abafite ubumuga bahagarariye abandi bahigiye gukora ku buryo mu bihe biri imbere nta wufite ubumuga uzongera kugaragara mu muhanda, asabiriza.
Polisi y’u Rwanda Kubufatanye n’inzego zitandukanye yakoze umukwabu wo gufata abakora bakanacuruza inzoga z’inkorano mu turere twa Nyaruguru, Huye na Ruhango ahafatiwe litiro 3099 zikamenerwa mu ruhame.
Abakinnyi 42 barimo abahungu 34 n’abakobwa 8 nibo bamaze gutoranywa kuzagira ikipe y’akarere ka Nyagatare y’umukino wa karate.
Imiryango 132 ituye mu manegeka n’abandi batishoboye mu Karere ka Nyarugenge, bagiye kwimurirwa aharimo kubakwa amazu mu murenge wa Kigali mu kagari ka Rwesero.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Kamonyi bemeza ko nubwo bumvira ababyeyi, badashobora kubatega amatwi igihe baba bababwira ibitubaka.
Ishuri rikuru INES-Ruhengeri, ryishyuriye mituweri abaturage 1520 batishoboye ku wa 21 Nzeri 2018, abishyuriwe basabwa guharanira kwishakamo ibisubizo badateze amaso imfashanyo.
Umuryango Christian Communication irategura igitaramo yise “Rabagirana Worship Festival”, kigamije kwibutsa abanyempano ko bidahagije kuba ufite impano cyangwa ufite imirimo myinshi ukorera Imana, ahubwo umuntu aba akwiye kongeraho kwerera imbuto bagenzi be.