Umunyamategeko akaba n’umunyamakuru, Edward Mubalaka yashyizeho umunsi ngarukamwaka w’amasengesho azajya ahuriramo abemera Imana y’abakurambere b’u Rwanda.
Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika n’umwaka utaha w’imikino muri rusange yamaze kugura abakinnyi 2 b’Abarundi aribo Andre Kotoko na Ismael Wilonja.
Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi ahamya ko igihugu cyiza cy’ejo umuntu akibona uyu munsi ari yo mpamvu ngo ari ngombwa gutegura urubyiruko rwo Rwanda rw’ejo.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rwifatanyije n’imiryango y’Abanyatanzaniya yaburiye ababo mu mpanuka y’ubwato bwarohamiye mu kiyaga cya Victoria.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko umuryango w’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Igifaransa (Francophonie), ukeneye gutera intambwe ukava aho uri kuko usa n’unezezwa no kwihamira hamwe. Ni mu kiganiro yaraye agiranye na televiziyo y’Abafaransa TV5 Monde, yari yamutumiye nk’umwe mu (…)
Ikipe ya APR Fc yegukanye Shampiona na Mukura yatwaye igikombe cy’Amahoro, zigiye guhatanira igikombe kiruta ibindi kizabera i Rubavu
Abakorera ubucuzi bo mu Murenge wa Rwamiko mu Karere ka Gicumbi, barasaba Leta ibikoresho ngo barusheho kunoza ibishyirwa ku isoko muri gahunda ya “Made in Rwanda.”
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yavuze ko igihugu cye gishima umusanzu wa Perezida Kagame mu kuyobora iterambere rya Afurika kuva yafata intebe y’ubuyobozi bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Umuyobozi w’Umuryango ugamije kubohora Abanyafurika (Pan African Mouvement/PAM)-Rwanda, Protais Musoni aravuga ko batangije urugamba rwo kubohora Abanyafurika mu bijyanye n’ubukungu.
Itsinda riturutse muri Kaminuza ya Gisirikari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NDU) ryakiriwe na Maj Gen Innocent Kabandana mu izina ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuwa Gatatu ku Kimihurura mu rwego rw’ibiganiro ku mikoranire yo gushyiraho Kaminuza ya Gisirikari mu Rwanda mu myaka mike iri imbere.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buhamya ko mu bawutuye bicuruza umwe kuri babiri aba yaranduye virusi itera SIDA nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi.
Umuyobozi w’Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca mu karere ka Musanze, aranengwa ko akagari ayobora nta mashanyarazi gafite mu gihe umuyoboro wayo unyura kuri metero eshatu uvuye ku nyubako y’ako kagari.
Abavuka mu karere ka Gakenke batuye cyangwa bakorera ibikorwa binyuranye hanze y’ako karere, baremeza ko igihe kigeze ngo bashore imbaraga zabo mu iterambere ry’ako karere.
Abanyamuryango ba Sacco y’Umurenge wa Nyagatare baracyahabwa serivisi mbi kubera ko iyo sacco itaragira ubushobozi biturutse ku mafaranga macye akibitswamo.
Abakinnyi n’abatoza ba Rayon Sports bahagurutse i Kigali basezeranyije abafana ko bagiye kwitwara neza muri Nigeria, bagasezerera Enyimba Fc kuri iki cyumweru
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamasheke baravugako hari ibigomba kunozwa n’inzego z’ibanze kugira ngo amahame ya demokarasi yubahirizwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzacyaha RIB, cyatangaje ko Dr Mungarulire Joseph wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda (NIRDA) n’abandi bayobozi 5 bagikoramo batawe muri yombi n’Ubugenzacyaha.
Mu muhango wo gutangiza ibizamini by’amasomo y’Ubumenyingiro mu bigo bya TVET wabereye mu kigo cya Kabutare TVET, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro Jerome GASANA yasabye abikorera kubyaza umusaruro ubumenyi bw’abana biga muri ibi bigo.
Perezida Paul Kagame yakuriye inzira ku murima umuntu wese wigamba ko adashobora gukurikiranwa n’ubutabera bw’u Rwanda kubera igitutu runaka ko yibeshya.
Hon Mukabalisa Donatille, wari umaze imyaka itanu ayobora inteko ishinga amategeko, yongeye gutorerwa kuyiyobora ku majwi 80 kuri 80.
David Museruka umuyobozi w’ishyirahamwe riharanira uburinganire, RWAMREC, avuga ko batigisha abagabo kuba inganzwa, ahubwo babigisha kureka ibibi bitaga byiza bagakora ibyiza byateza imbere umuryango.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke bahangayikishijwe n’umuco abasore baduye, bakaka amafaranga abakobwa kugira ngo bababere abagabo.
Ikigo cy’igihugu cy’ubumenyingiro WDA cyatangiye guhugura abashinzwe uburinganire mu mashuri y’imyuga, kugira ngo bagifashe guhindura imyumvire ituma abakobwa batitabira amashuri y’imyuga ku bwinshi.
Gicumbi FC ifite amahirwe yo kuzamuka mu makipe ane arimo Pepiniere FC, Miroplast na SORWATHE FC, azahura kugira ngo yishakemo izasimbura Intare CF yamaze kwikura muri shampiyona.
Nyuma y’uko urwari uruganda rw’ibibiriti, Sorwal rwashyizwe ku isoko, muri cyamunara yo kuwa kabiri w’icyumweru gishize hakabura upiganwa, noneho ruguzwe n’umushoramari w’umwarabu witwa Osman Rafik kuri miriyoni 168 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ministeri y’Ubuhinzi n’ubworozi(MINAGRI) ivuga ko yifuza kubona ibiciro by’ibiribwa bidahindagurika nk’uko iby’inzoga bidakunze guhindagurika mu bihe by’izuba n’imvura.
Abaturage bo mu midugudu ya Gitinda, Mucyamo na Badura mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko hashize imyaka 13 barabujijwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi kugira icyo bakorera ku butaka bwabo buherereye mu nkengero z’Ikibuga cy’indege cya Kamembe.
Hon. Edouard Bamporiki, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, asaba abafite ubumuga kubabarira ababasuzuguraga kuko babiterwaga n’ubumuga bakomora mu mateka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) Isaac Munyakazi avuga ko mu bigo by’amashuri hakenewe abayobozi bashoboye gukurikirana imicungire y’ikigo.
Ihuriro ry’Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze mu muryango Commonwealth(CLGF) rifatanije n’iry’u Rwanda(RALGA), batangiye kwitegura kwakira abakuru b’ibihugu bigize Commonwealth muri 2020.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Wisdom School riherereye mu Karere ka Musanze bageze ku rwego rwo gukora isabuni isukika (Savon Liquide), yifashishwa mu gusukura ibintu bitandukanye.
Abavuzi gakondo baranenga abasuzugura umwuga wabo babita amazina asebanya n’andi abatesha agaciro kandi ngo hari uruhare runini mu buzima bw’abaturage.
Rayon Sports inganyije na Enyimba yo muri Nigeria 0-0, mu mukino ubanza wa 1/4 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu myaka mike ishize mu Rwanda hamaze kwaduka imikino myinshi yose iganisha ku myidagaduro, ariko muri yose ntayo irimo kwigarurira imitima y’Abanyarwanda nk’umukino wa moto ziguruka uzwi nka "Endurocross".
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bari bafite imirima mu gishanga cya Bugarama ariko bakaza kuyamburwa ntibazi ikizatunga imiryango yabo.
Bosenibamwe Aimé, umuyobozi w ikigo cy’igihugu gishinzwe igororamuco yatangaje ko hari urubyiruko rugarurwa i Wawa kubera bafashwe badafite ibyangombwa.
Bagisohoka muri Gereza ya Mageragere, umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Umuhoza Victoire bashimye ubuyobozi bukuru bw’igihugu by’umwihariko Perezida Paul Kagame.
Nyuma y’itegeko ribuza abayobozi b’amatorero n’amadini gukora uwo murimo batarabyigiye, hari abapasteri bamwe biyita ab’umuhamagaro batarumva neza akamaro ko kwiga.
Perezida Paul Kagame, mu bubasha abiherwa n’amategeko, yakuriyeho Kizito Mihigo na Ingabire Umuhoza Victoire hamwe n’abandi bagororwa 2138 ibihano by’igifungo bari basigaje.
"Gushishura" ni imvugo ikunze gukoreshwa ku bahanzi bigana ibihangano by’abandi, ugasanga yaba amagambo ndetse n’injyana ntacyo bahinduye, usibye wenda ururimi indirimbo ihinduyemo.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF) hamwe n’abafatanyabikorwa bayo, biyemeje gusura abagore mu midugudu muri gahunda zirebana n’imibereho y’ingo.
Ububi bw’umuhanda uva ku Rusuzumiro werekeza ku kigo nderabuzima cya Kivu cyo mu Karere ka Nyaruguru butuma baheka abarwayi ku birometero bine ngo babashyikirize imbangukiragutabara.
Hashize imyaka 20, Isimbi Laura Karengera agaragaye mu mashusho y’indirimbo ya Kayirebwa “Tarihinda” yakunzwe cyane mu Rwanda no hanze.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buranenga bikomeye ubw’inzego z’ibanze zimwe na zimwe zigize iyo Ntara, buvuga ko abaturage bakomeje kugana intara bazanye ibibazo biciriritse byagombye kuba byarakemukiye mu nzego z’ibanze zirimo n’umudugudu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzacyaha (RIB) cyataye muri yombi abayobozi babiri ba FERWAFA barimo Umunyamabanga mukuru wayo Uwayezu Francois Regis n’umuyobozi ushinzwe amarushanwa Eric Ruhamiriza.
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali Bruno Rangira, yatangaje ko hashyizweho itsinda riri kugenzura ibiti biteye ku nkengero z’imihanda bishaje bigakurwaho, kugira ngo hirindwe ko byakomeza guteza impanuka.
Abahinzi bo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi, bari mu gahinda nyuma y’uko bari babonye umusaruro mwinshi w’ibijumba, ariko bikaba birimo kwangirika kubera ko babiburiye isoko.
Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco(RALC) irasaba abahanzi b’umuziki, filimi, imbyino, ubugeni n’abandi, kubyaza inyungu ibyo bakora kugira ngo bikure urubyiruko mu bushomeri.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu , i Nyamirambo ahitwa mu Rwampara, habereye impanuka itangaje, aho imodoka yagurutse ikagwa hejuru y’igikoni cy’umuturage utuye hepfo y’Umuhanda. Ibi byatangaje benshi babonaga iyi modoka hejuru y’inzu, bakavuga batebya ko imodoka z’i Nyamirambo zisigaye zigana inyoni kuguruka.