Urubyiruko 2,064 rwo mu Mirenge 14 igize Akarere ka Nyagatare, rwatsinze neza amashuri yisumbuye rwitegura gukomereza mu mashuri makuru na za kaminuza rugiye kumara iminsi 45 rutozwa gukora imirimo y’amaboko ndetse runigishwe gukunda Igihugu.
Mu bihe bishize, ababyeyi batuye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo babonye akazi kabatwara umwanya munini, bituma bafata icyemezo cyo kujya babyuka kare, bagataha batinze.
Mu mateka y’umuco w’Abanyarwanda nta mugore wakamaga inka, nta mugore wuriraga inzu ngo ajye gusakara, nta mugore wavuzaga ingoma mu guhamiriza kw’Intore kuko iyo mirimo yari iy’abagabo gusa.
Abayobozi b’inzego ziteza imbere Umuco mu Rwanda bavuga ko nyuma y’uko Intore zishyizwe ku rutonde rw’umurage ndangamuco w’Isi udafatika, Abanyarwanda bagiye kubona imirimo myinshi ishingiye ku guhamiriza.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 05 Mata 2024 nibwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryashyikirije u Rwanda icyemezo kigaragaza ko inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi zanditswe mu murage w’Isi wa UNESCO.
Inka z’Inyambo zaturutse hirya no hino mu Rwanda, tariki 23 Werurwe 2024 zahurijwe i Nyanza mu iserukiramuco. Iri serukiramuco ryahurijwemo Inyambo zaturutse i Nyagatare, Kirehe, Gicumbi, Gasabo na Bugesera. Hari n’izisanzwe mu Ngoro y’Amateka y’Abami iherereye mu Rukari mu Karere ka Nyanza.
Abanyarwanda benshi cyane cyane abakuze, bakunze kuvuga ko umuco watakaye, cyangwa babona umuntu wambaye imyenda migufi cyangwa indi myambarire imenyerewe nk’igezweho ku rubyiruko, bakavuga ko uyambaye yishe umuco.
Ku cyumweru tariki 18 Kanama 2019, itsinda ry’impunzi z’Abarundi zituye mu Rwanda zaserutse mu irushanwa ryo kwerekana impano muri Kenya (East Africa’s Got Talent) maze rishimisha benshi cyane.
Igisonga cya Nyampinga w’u Rwanda 2019, Yasipi Kasmir Uwihirwe, ni umwe mu bagize Indangamirwa icyiciro cya 12 baturuka mu bihugu 23, basoje amasomo ku gukunda igihugu ndetse n’amateka yacyo no kukirwanira.
Abanditsi babiri aribo Prof Tharcisse Gatwa na Prof Deo Mbonyinkebe, bamuritse igitabo gikubiyemo uko Abanyarwanda bishakiye ibisubizo kugira ngo igihugu gitere imbere, ngo bikaba byabera urugero abandi.
Iterambere ry’ikoranabuhanga hamwe n’amamashini, bikomeje guteza bimwe mu bikoresho byari bisanzweho kuburirwa irengero, ndetse hari n’ababikoreshaga bavuga ko nabo bari mu basigajwe inyuma n’amateka.
Mu muco nyarwanda no mu gitabo cy’amategeko mbonezamubano y’u Rwanda, inkwano zifatwa nk’ishimwe rihabwa ababyeyi b’umukobwa kuko bareze neza.
Nyirahabimana Solina, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ubwo yasuraga intara y’Amajyaruguru, yatunguwe no gusanga gahunda y’umugoroba w’ababyeyi idakora, aho yabwiwe ko abayobozi batayibonera umwanya bitewe n’akazi kanyuranye bakora.
Pasiteri Dr. Antoine Rutayisire avuga ko umuyobozi usenga yuzuza inshingano kurusha udasenga kuko yirinda imigenzereze mibi kubera gutinya Imana, kuko iyo umuntu adafite Imana imugenzura buri gihe, yigenzura akishyiriraho umurongo agenderaho.
Abasizi n’abakunda ubusizi nyarwanda bifuza ko i Kiruri mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye hashyirwa urugo rw’abasizi, rwazaba intebe y’ubusizi ndetse n’igicumbi cy’umuhamirizo nyarwanda.
Gusuguhuzanya ni kimwe mu biranga umuco nyarwanda, aho bigaragaza urukundo ndetse n’umubano mwiza waranze kandi ukiranga abantu.
Hon. Edouard Bamporiki, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, avuga ko abakurambere bavugwa n’amadini yazanywe n’abazungu, bitwa abatagatifu, batamurutira abakurambere be bamwe bita abazimu.
Ubuyobozi bw’ingoro z’umurage w’u Rwanda buravuga ko ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi hagiye kubakwa ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora igihugu, izajya yakira abantu bari hagati y’ibihumbi 120 na 150 ku mwaka.
Ababyeyi bafite abana bajya bohereza gutozwa iby’umuco nyarwanda ku Ngoro y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iherereye i Huye, bifuza ko igihe cyo kubatoza cyakongerwa aho kuba iminsi 10 gusa.
Murekatete Juliet umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza avuga ko kwisanzura atari ugukora ibinyuranye n’umuco nyarwanda.
Umukuru w’Itorero ry’igihugu Edouard Bamporiki asaba buri wese waragijwe imirimo runaka, kumva ko inshingano afite zikomeye kumurusha bityo akicisha bugufi.
Ingoro y’amateka yahoze ari inzu ya Perezida Juvénal Habyarimana yahinduwemo ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi.
Muri komite z’imigoroba y’ababyeyi mu Mujyi wa Kigali byagaragaye ko abagabo ari bake cyane ndetse n’abitabira ibikorwa byayo bakaba ari mbarwa bagakangurirwa kuyitabira.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) kiratangaza ko mu kwezi kwa Gicurasi 2018 abagororwa bose bazaba bamaze gukurwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka “1930”, bakajyanwa mu ya Mageregere.
Inyambo ni inka zigaragaza umubyimba munini n’amahembe manini kandi maremare zaranze amateka y’u Rwanda, ziboneka i Nyanza ku gicumbi cy’umuco.
Inteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) itangaza ko mu bushakashatsi yakoze ku bukwe bwa Kinyarwanda, hari abatangaje ko bagumiwe kubera inkwano ihanitse.
Abakobwa b’abangavu biga mu mashuri yisumbuye bagiye kujya bahurira hamwe mu matsinda bihuguriramo kandi bigiramo ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Ikigo cy’Ingoro ndangamurage cyagaragaje indaki nk’ubwihisho bwari bwizewe mu rugamba rwo kubohora igihugu; kinazishyira mu bimenyetso by’umurage w’u Rwanda.
Umuryango uteza imbere ubusizi “Trans-Poesis”, ugiye gukoresha irushanwa wise “Kigali Itatswe n’Ubusizi” ku nshuro ya gatandatu, rikazaba tariki 28 Mutarama 2017.
Mu muhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba tariki ya 1 Gashyantare za buri mwaka, muri uyu mwaka uzabera mu midugudu hashimirwa abarinzi b’igihango.