Kubura imodoka birarisha Noheri benshi nabi (AMAFOTO)

Mu gihe amasaha ya Noheli agenda yegereza bamwe bashyashyana ngo bayisangire n’ababo, abenshi bakomwe mu nkokora n’ibura ry’imodoka zitwara abagenzi berekeza mu Ntara zabaye nke.

Kigali Today yakugereye Nyabugogo ahahurira abantu benshi bajya cyangwa bava mu ntara z’igihugu, kugira ngo igukurikiranire uko imyiteguro ya Noheri ihagaze>

Abantu ni uruvunganzoka muri Gare ya Nyabugogo
Abantu ni uruvunganzoka muri Gare ya Nyabugogo
Bamwe ikizere cyagiye kiyoyoka ku buryo hari abibaza uko babigenza
Bamwe ikizere cyagiye kiyoyoka ku buryo hari abibaza uko babigenza
Hamwe mu bafite abana bari bagiye kubereka ba sekuru na ba nyirakuru ariko amahirwe yo kubona imodoka ni make
Hamwe mu bafite abana bari bagiye kubereka ba sekuru na ba nyirakuru ariko amahirwe yo kubona imodoka ni make
Abo banyamahanga bo bumiwe
Abo banyamahanga bo bumiwe
Uwo musore wari waguriye matera ababyeyi ariko ishobora kutabageraho iri joro
Uwo musore wari waguriye matera ababyeyi ariko ishobora kutabageraho iri joro
Hari ababyungukiyemo batangira gukorera ubucuruzi muri gare
Hari ababyungukiyemo batangira gukorera ubucuruzi muri gare
Abatari butahe iwabo bo akazi kakomeje
Abatari butahe iwabo bo akazi kakomeje
Uwo we ati "Bajye kurya ayo bakoreye nsigare nkorera andi"
Uwo we ati "Bajye kurya ayo bakoreye nsigare nkorera andi"
Inzoga zizanywebwa kuri Noheli zo zatangiye kugurwa
Inzoga zizanywebwa kuri Noheli zo zatangiye kugurwa
Hari abahahira abantu benshi kandi bakabyitwarira
Hari abahahira abantu benshi kandi bakabyitwarira
Isoko rya Nyabugogo riruzuye
Isoko rya Nyabugogo riruzuye
Abakunzi b'isombe nabo zari zihari ku bwinshi
Abakunzi b’isombe nabo zari zihari ku bwinshi
Birashoboka cyane ko ayo mavuta azarangirana na Noheri n'ubunani
Birashoboka cyane ko ayo mavuta azarangirana na Noheri n’ubunani
Uw'inkwakuzi yitahaniye inkoko ze
Uw’inkwakuzi yitahaniye inkoko ze
Imitako ya Noheri iri ahantu hose hacururizwa
Imitako ya Noheri iri ahantu hose hacururizwa
Abakunda gutanga indabo nabo ntibari bubure izo batanga kuko abazicuruza baziranguye nziza
Abakunda gutanga indabo nabo ntibari bubure izo batanga kuko abazicuruza baziranguye nziza

Andi mafoto kanda hano

Kureba andi mafoto menshi KANDA kuri kano gafoto  KT Photo

Ibitekerezo   ( 1 )

NOHELI niwo munsi mukuru wizihizwa n’abantu benshi ku isi kurusha iyindi.Igitangaje nuko n’amadini atemera YESU nayo awizihiza cyane mu rwego rwo "kwishimisha": Aba Hindous,Abaslamu,aba Boudhists,aba Shintos,Animists,etc... Nubwo bimeze gutyo,NOHELI niwo munsi ubabaza Imana kurusha iyindi kubera ko aribwo abantu bakora ibyaha cyane kurusha indi minsi.Barasinda ku bwinshi cyane,barasambana kurusha indi minsi mu rwego rwo kwishimisha.Nubwo isi yose iwizihiza bavuga ko ariwo Munsi Yesu yavutse,ni ikinyoma.Ntabwo Yesu yavutse le 25 December.Nta muntu uzi itariki Yesu yavukiyeho.Ikibi kurushaho,nuko iyo tariki yari umunsi mukuru Abaroma bizihizagaho Ikigirwamana cyabo kitwaga MYTHRA.Imana itubuza kuvanga ibintu byayo n’ibyerekeye Ibigirwamana.Birayibabaza cyane.Niyo mpamvu abakristu nyakuri batizihiza Noheli.

munyemana yanditse ku itariki ya: 24-12-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka