Kuva mu mwaka wa 2012 Abanyarwanda babaga mu gihugu cya Tanzaniya batangiye kuvuga ko bahohotererwayo ndetse biza kubaviramo kwirukanwa mu mwaka wakurikiyeho wa 2013.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kantengwa Mary, avuga ko hari abana bata ishuri kubera kuyatangira bakuze.
Minisitiri w’Ibidukikije n’umutungo kamere, Dr Vincent Biruta, yemeza ko ntawuzahesha agaciro umwuga w’abagenagaciro b’umutungo utimukanwa uretse bo ubwabo.
Ibitaro bya Gisirikari bya Kanombe byatangiye ubukangurambaga bugamije gusuzuma no kuvura abafite ubumuga bw’uruhu bo hirya no hino mu gihugu.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) igaragaza ko kuva mu 1970 hashyizweho amatsinda akomeye y’Abahutu, yifashishijwe mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyezamu wa Rayon Sports Mazimpaka André yatangaje ko ababazwa n’imyitwarire ya Mugiraneza Jean Baptiste hanze y’ikibuga, aho avuga ko akora ibidakwiye mu gushaka intsinzi.
Emerita Karwera, nyuma y’imyaka itari mike aba mu kizu kidakinze, abatuye mu Mudugudu wa Karubanda wari urimo icyo kizu begeranyije ubushobozi baramwubakira.
Hari abantu benshi bavuga ko bazi indwara y’umwijima (Hépatite) ariko bakagorwa no gutandukanya iyo mu bwoko bwa B n’iyo mu bwoko bwa C zikunze gufata abantu.
Pélagie Nyirakamana, Umubyeyi wo mu Mudugudu wa Gasanze, Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, yarwaje umwana Bwaki muri 2016 agera ku rwego rwo kuba atarashoboraga no kuzamura akaboko cyagwa gutambuka neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abakozi bako basuye Pariki y’igihugu ya Nyungwe baravuga ko nta kibazo cy’umutekano kiri muri iyi parike, bakanyomoza ibyavuzwe na bimwe mu bihugu by’ amahanga bisabye abaturage babyo kwitonda igihe basura iyi parike.
Umunsi mpuzamahanga w’abakozi ufite inkomoko ku cyiswe “Haymarket affair”, iyi ikaba ari imyigaragambyo yabereye i Chicago mu 1886 aho abakozi baharaniraga ko amasaha y’akazi yagabanywa akava kuri 12 akagirwa umunani ku munsi.
Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru hubatswe ishuri ry’imyuga bisabwe n’abahatuye, ariko habuze ibikoresho byo kugira ngo ritangire.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangije ikinyamakuru (magazine) kizaba gikubiyemo amakuru y’ubuzima asesenguye kuko azaba yanditswe n’inzobere muri urwo rwego kikazafasha abayakeneraga kuyabona bitabagoye.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo, Rwanyindo Fanfan, yasabye abafite imirimo bakora gutanga serivisi nziza kuko bibazanira abakiriya benshi mu gihe utanga imbi ahura n’ibihombo.
Ishyaka rya Gisosiyalisiti Rirengera Abakozi mu Rwanda (PSR) ryasohoye itangazo rigaragaza ko nubwo hari intambwe imaze guterwa mu Rwanda mu kwita ku bakozi no kunoza umurimo, hakiri ibikeneye kongerwamo ingufu.
Mu gihe isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo buri tariki ya mbere Gicurasi, rwiyemezamirimo Uwitije avuga ko iyo umukoresha yitaye ku bakozi be ari cyo gituma bakunda akazi, bagatanga umusaruro.
Nubwo batari borohewe n’ababahigaga, Abatutsi bakoraga mu bitaro bya Mibilizi byo mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bavaga aho bari bihishe muri ibyo bitaro bakaza kuvura bagenzi babo b’Abatutsi binjiraga mu bitaro batemaguwe n’interahamwe kugira ngo barebe ko hari abo barokora.
Ubuyobozi bw’Ikipe ya AS Muhanga buratangaza ko itazitabira igikombe cy’amahoro uyu mwaka kubera ikibazo cy’umushobozi buke.
Umuryango Ihorere Munyarwanda uvuga ko ugiye gukorera ubuvugizi abanyamadini n’amatorero bagahabwa ubumenyi ku mategeko kuko byagabanya ibyaha.
Nyuma y’amezi atandatu atoza ikipe ya AFC Leopards, Casa Mbungo Andre ubu ari kwifuzwa cyane na Singida United yo muri Tanzania
Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR) ruravuga ko nubwo hari byinshi byakozwe mu guteza imbere umurimo mu Rwanda, hakigaragara akajagari mu kugena imishahara y’abakozi mu bigo byigenga.
Abaturage bo mu mirenge ya Bugarama na Gikundamvura, mu karere ka Rusizi baravuga ubuzima bwabo bukomeje kuzahazwa n’amazi y’ibirohwa banywa akagira ingaruka mbi ku mibereho yabo cyane cyane ku bana bato.
Abanyarwanda baba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) mu Mujyi wa South Bend muri Indiana bibutse kandi baha icyubahiro Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikiguzi cyakwa mu gupimisha ADN ku bakobwa batewe inda bakihakanwa n’abazibatera, ni kimwe mu bihangayikishije abo mu Ntara y’Amajyaruguru bigatuma bahitamo kwicecekera bagahangana n’ingaruka.
Mu gihe bimenyerewe ko amakipe yose mu cyiciro cya mbere asanzwe yiyandikisha mu gikombe cy’Amahoro, uyu mwaka hiyandikishije amakipe cumi n’abiri gusa
Nyuma yo kugaragarizwa ibyerekanywe n’ bushakashatsi ku mibereho y’Abaturage (EICV) bwo muri 2018, bigaragaza ko i Nyaruguru abaturage 52% bari munsi y’umurongo w’ubukene; Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Anastase Shyaka, yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze muri aka Karere ko ubutaka butagatifu budakwiye guturwa n’abakene.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’imyaka itanu n’igihugu cy’u Bubiligi y’impano ya miliyoni 120 z’ama Euros, azafasha u Rwanda kwihutisha iterambere mu buvuzi, ubuhinzi, no guteza imbere umujyi wa Kigali n’iwunganira.
Umujyanama wa Perezida Kagame mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yahishuriye abashyize imbere ingengabitekerezo ya Jenoside ko ari ko kurangira kwabo.
Perezida Kagame yamaze impungenge abagaragaza ko bazifitiye Afurika, batekereza ko umugabane wa Afurika uzagwa mu mutego w’inguzanyo z’umurengera uhabwa n’u Bushinwa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangije umushinga wo gupima ubutaka (Mobile Laboratory) kugira ngo bamenye ibibugize bityo buhuzwe n’imbuto hagamijwe kongera umusaruro.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cya Leta gishinzwe Guteza imbere Ubumenyi ngiro n’imyigishirize y’imyuga mu Rwanda (WDA) bugaragaza ko hari ikibazo cy’ubushomeri gikomeye ku bize imyuga n’ubumenyi ngiro.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutabera ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko yasabye abayobozi mu karere ka Nyagatare kujya baganiriza abaturage bagamije ko bagira icyo batahana, birinda kuvanga indimi kuko hari benshi batagira icyo bakura muri urwo ruvangitirane rw’indimi.
Ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi mu kiyaga cya Kivu rikorera mu karere ka Nyamasheke riravuga ko hamwe no guhindura imikorere ngo rigiye gushaka uko ryabyaza umusaruro iki kiyanga mu nyungu z’abanyamuryango n’Abanyarwanda muri rusange, nyuma y’aho ryari ryarazahajwe na barushimusi ubu bakaba bagiye guhagurukirwa (…)
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Itorero, atangaza ko hari gutegurwa itegeko rihana urubyiruko rutitabira ibikorwa by’urugerero.
Uruganda rw’icyayi rwa Mata, tariki 28 Mata 2019 rwibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, runaremera bamwe mu baruturiye hamwe n’abakozi barukorera barokotse Jenoside, bakennye.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko (Legal Aid Forum) mu mwaka wa 2017, bwagaragaje ko abanyarwanda 4% gusa aribo basobanukiwe amategeko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera yatangaje ko hari abandi bayoboye imitwe irwanya u Rwanda barimo kuzanwa mu Rwanda nyuma ya Nsabimana Callixte wiyise Majoro Sankara.
Ikipe ya Kiyovu Sports iraza kwakira APR FC kuri uyu wa Kabiri kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, aho iza kuba idafite abakinnyi batanu basanzwe babanza mu kibuga
Nsabimana Callixte wiyitaga Majoro Sankara wakunze kumvikana ku maradiyo mpuzamahanga no kuri youtube avuga ko we n’abo bakorana bibumbiye mu mitwe bise RNC (Rwanda National Congress) na P5 barimo Kayumba Nyamwasa, Himbara, Rusesabagina n’abandi bamaze gufata parike ya Nyungwe bagasaba ko abakerarugendo bahagarika gusura iyi (…)
Abaturage barema isoko rya Vunga, riherereye mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, ngo babangamiwe n’icyemezo cyafashwe cyo guhagarika imodoka za Twegerane (akenshi zo mu bwoko bwa Hiace), aho bavuga ko ingendo zabo zitagikorwa neza.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rikorera mu Karere ka Karongi mu Burengerazuba bw’u Rwanda (IPRC Karongi) buravuga ko bugiye gusubira mu nyandiko zabwo za kera, bushakishe amakuru yimbitse ku banyeshuri bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu ishuri ry’imyuga ryahoze ari ETO Kibuye ryaje guhinduka (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, atangaza ko nyuma yo gutangiza Itorero mu midugudu, imyumvire y’abaturage igenda ihinduka, bikaba bitanga icyizere ko ikibazo cy’ubujura kivugwa mu Murenge wa Gitega buzacika burundu.
Perezida Kagame arasaba kunoza amategeko ahana abakora ibyaha bifashishije ikoranabuhanga. Yabivugiye i San Francisco muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho yayoboye inama y’umurongo mugari wa Interineti.
Urukiko rw’ubujurire muri Stockholm umurwa mukuru wa Suwede rwahamije igifungo cya Burundu cyahawe Theodore Rukeratabaro wahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu Mirenge ya Busogo na Gataraga mu Karere ka Musanze baravuga ko batitabira kuboneza urubyaro, babitewe n’amakuru y’urujijo bakura muri bagenzi babo yo kuba uwahawe iyi serivisi agerwaho n’ingaruka z’imihindagurikire y’umubiri cyangwa uburwayi.
Hirya no hino mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali hagaragara amakosa ashobora gutera impanuka, kandi wagenzura neza ugasanga ashingiye ku buryo iyo mihanda yubatswe.
Urasabwa kwitabaza urukiko niba (nk’urugero) witwa Kamikazi Nadine mu irangamimerere, ahandi ukitwa Nadine Kamikazi, cyangwa se Nadine ryasimbujwe Nana, cyangwa se kuri ayo mazina hari iryo wongeyeho cyangwa wakuyeho.
Bernard Makuza, Perezida wa SENA y’u Rwanda, yishimiye igikorwa cy’abanyeshuri bo muri INES-Ruhengeri, ubwo bagabiraga inka umukecuru warokotse Jenoside, wari ubayeho mu buzima bubi.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Gerardine Mukeshimana, aravugako ababyiruka ubu bafite amahirwe yo kurererwa mugihugu gifite ubuyobozi butavangura, ahubwo burangajwe imbere no kubaka u Rwanda n’Umunyarwanda, bityo akabasaba kubyaza umusaruro ayo mahirwe bafite.
Abayobozi batandukanye bakurikirana iby’abanyeshuri bimenyereza umurimo mu bigo binyuranye bahamya ko guha umunyeshuri amanota atakoreye ari ukumoroga.