Abahoze ari inyangamugayo z’inkiko Gacaca bo mu karere ka Musanze barataka ibihombo mu makoperative yabo batewe n’imicungire idahwitse ya bamwe mu bari bayakuriye.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare igizwe n’abakinnyi 14 yerekeje muri Ethiopia guhagararira u Rwanda muri shampiyona nyafurika y’umukino w’amagare izabera ahitwa Baher Dar kuva tariki ya 14 kugera tariki ya 19 Werurwe 2019.
Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo arasura u Rwanda ku butumire bwa Perezida Kagame, akazaba yitabiriye inama y’abayobozi bakuru b’ibigo bikomeye muri Afurika izwi nka ‘African CEOs’ izatangira tariki 26 Werurwe 2019.
Umukecuru w’imyaka 109 y’amavuko witwa Rachel Nyiramandwa wo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe yashyikirijwe inka aherutse kugabirwa na Perezida Paul Kagame.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) buri mwaka gitegura amarushanwa agenewe abanyeshuri biga muri za Kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda hagamijwe ubushakashatsi mu rwego rwo kurushaho kunoza no kuvumbura uburyo bushya bw’ibarurishamibare bunogeye abaturage.
Mushabe David Claudian uyobora Akarere ka Nyagatare aravuga ko ukwezi kwa Werurwe kuzarangira ikibazo cya bwaki mu bana cyarangiye.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe, aravuga ko abatekereje ko Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yagenzwaga no guhuza u Rwanda na Uganda bibeshya kuko atari umuhuza muri kibazo hagati y’ibihugu byombi.
N’ubwo mu mwiherero haganirwa ku buzima bw’igihugu, hari izindi gahunda zitandukanye nk’imyitozo ngorora - mubiri ya buri gitondo n’ibindi bituma ibi bihe bisiga urwibutso mu mitwe ya benshi.
Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya Arsenal, Mesut Ozil, yoherereje umwana muto umufana wo muri Kenya umwambaro wanditseho amazina ya Ozil na nimero 10 imuranga mu kibuga.
Ibigo byahawe iyo nkunga ni Collège de Bethel (APARUDE) ryo mu Ruhango na Samaritan International School ryo mu karere ka Nyagatare akazabifasha kongera inyubako zinyuranye byari bikeneye.
Abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Rubavu, barasaba ko irimbi rya Ruriba, riri mu karere ka Rubavu, umurenge wa Gisenyi ryagirwa urwibutso, kuko ribitse imibiri myinshi y’Abatutsi yahashyizwe mu rwego rwo kuzimanganya ibimenyetso mu gihe cyo kugerageza Jenoside.
Abahanga mu bijyanye n’ikoreshwa ry’ibyuma bisaka bishyirwa ku bibuga by’indege n’ahandi hari inzu zihurirwamo n’abantu benshi, bavuga ibitandukanye ku kuba byaba bigira ingaruka ku buzima bw’abantu cyangwa se ntazo.
Umukino w’umunsi w 21 wa Shampiyona Rayon Sports yagombaga kwakiramo Kiyovu, wamaze gusubikwa kubera imikino y’ikipe y’igihugu Amavubi na Cote d’Ivoire
Itegeko rishya rigena imisoro y’inzego z’ibanze ryemerera abatangira imishinga mito n’iciriritse yo kwiteza imbere, gusonerwa umusoro w’ipatante mu gihe cy’imyaka ibiri.
Myugariro w’ikipe ya ASF Andrézieux ikina muri Shampiyona y’icyiciro cya kane mu Bufaransa aratangaza ko agitereje ko yakinira u Bufaransa, byakwangwa akabona gukinira Amavubi
Ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 11 Werurwe 2019, i Gabiro mu Burasirazuba bw’igihugu habereye umuhango wo gusoza umwiherero abayobozi bakuru bamazemo iminsi ine, dore ko bahageze ku wa gatanu tariki 08 Werurwe 2019.
Urakoze cyane muvandimwe, urakoze kandi ku bw’aya mahirwe ngo ngire icyo mbwira aba bantu beza.
Yitwa Sherrie Silver, akomoka i Huye ariko aba i London mu Bwongereza, aho abana na nyina umubyara. Ni umukobwa uri mu b’imbere bafashije icyamamare Childish Gambino mu kubyina indirimbo ’This is America’ yatwaye Grammy Award uyu mwaka.
Mu gihe ibarura rusange ry’abaturage ryo muri 2012 rigaragaza ko Umujyi wa Kigali utuwe n’ingo ibihumbi 286 na 664, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko 15%, ni ukuvuga ingo ibihumbi 42 na 999, ziri mu manegeka zikaba zikeneye kwimurwa.
Senateri Appolinaire Mushinzimana avuga ko uburinganire ntaho buhuriye n’imvugo zigira ziti ‘va ku ntebe nyicareho’, cyangwa ‘wajyaga ujya mu kabari none nanjye nabonye uburenganzira nzajya njyayo’.
Abahinzi b’icyayi b’i Gatare na Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe, bibumbiye muri koperative COTHEGAB, barifuza gukorerwa ubuvugizi ku bw’umwenda ubaremereye babereyemo banki itsura amajyambere, BRD.
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, wageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe 2019 yasoje uruzinduko rw’akazi yagiriraga mu Rwanda.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 27 barimo bamwe mu bakinnyi bataherukaga guhamagarwa.
Mu ruzinduko rutamenyekanye cyane Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta ari kugirira mu Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe 2019 yahuriye na Perezida Kagame mu kigo cya gisirikare cya Gabiro mu karere ka Gatsibo, aboneraho no gusuhuza abitabiriye umwiherero.
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, yasesekaye i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe 2019.
Ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’umupira w’amaguru, ku cyumweru tariki 10 Werurwe 2019, Musanze FC yatsinze Police FC ibitego 2-0 mu gihe izi kipe zombi nta batoza bakuru zari zifite kuko bahagaritswe n’ubuyobozi bw’amakipe.
Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 10 Werurwe 2019, imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yahitanye umuntu umwe, isenye inzu 933 z’abatuye akarere ka Kirehe, inasenya urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyabitare.
Umunyarwanda umwe uzwi ku izina rya Musoni Jackson, ni we bivugwa ko yaguye mu mpanuka y’indege ya sosiyete Ethiopian Airlines yabaye mu gitondo cyo kuri iki cyumweru hamwe n’abandi bagera ku 156, ubwo yavaga Addis Ababa yerekeza Nairobi.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yafashe mu mugongo ababuriye ababo mu mpanuka y’indege ya sosiyete itwara abantu n’ibintu mu ndege y’abanya Etiyopiya, abasaba gukomera muri ibi bihe bitaboroheye.
Giancarlo Davite afatanyije na Yan Demester ni bo begukanye Nyirangarama Tare Sprint Rally yabereye kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Rulindo, ari ryo siganwa ryabimburiye ayandi muri shampiyona y’u Rwanda y’umukino wo gusiganwa mu mamodoka
Inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Nyagatare yihaye umuhigo wo kurandura ikibazo cy’abana b’abangavu baterwa inda.
Itangazo rishyizwe ahagaragara mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 10 Werurwe 2019, riravuga ko indege ya sosiyete Ethiopian airlines yavaga iwabo yerekeza muri Kenya yakoze impanuka iminota mike ikiva ku kibuga cy’indege maze abarimo bose bahita bapfa.
Muri iyi minsi, hari ababyeyi benshi bahitamo gushyira imiti (produit) mu misatsi y’abana babo, kugira ngo inyerere, yorohe, isokoreke bitagoranye, hakaba n’ababyeyi bavuga ko iyo umwana afite imisatsi idefirije, ari bwo agaragara neza. Kigali Today yashatse kumenya niba kudefiriza umwana ari byiza cyangwa ari bibi, isura (…)
Abagore bibumbiye mu ishyirahamwe Rubavu Shoes Makers Cooperative bavuga ko badatewe ipfunwe nibyo bakora mu gihe bibafasha mu nzira y’iterambere.
Agnès Mukantwali w’i Kiyonza mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko yasanze kuvunisha umugabo mu gutekerereza urugo ari byo byabateraga ubukene.
Depite mu Nteko ishinga amategeko Hon. Rwaka Pierre Claver aravuga ko kuba yararezwe n’umugore se umubyara amaze gupfa, kandi yari uruhinja rufite ubumuga bimwereka agaciro gakomeye umugore akunda umuryango we.
Urubanza rumaze iminsi hagati y’uruganda rukora Kanta rwo mu Buhinde n’umunyemari w’umunyarwandakazi ucuruza iyitwa Kanto bimeze kimwe ikorerwa mu Bushinwa rwongeye kuburanishwa.
Umugabo wo muri Repubulika ya Tchèque yagize atya yiyororera intare ebyiri ariko abikora atabiherewe uburenganzira n’ababishinzwe.
Abatwara ibinyabiziga bakunda gukoresha umuhanda Sonatube-Gahanga-Akagera uhuza akarere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali n’aka Bugesera mu ntara y’Uburasirazuba barishimira ko uyu muhanda ugiye kwagurwa, kuko wari ubateye impungenge.
Impuguke zirasaba ko abagore n’abakobwa bakomeza kurusha amahirwe abagabo n’abahungu, kugira ngo umuryango nyarwanda uzibe icyuho cy’imyaka 40 bakerereweho mu burezi.
Perezida Kagame yasobanuye neza ipfundo ry’ibibazo Abanyarwanda bakomeje guhura nabyo muri Uganda, yerekana ko bituruka ahanini ku mikoranire hagati y’umutwe ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda RNC na Uganda.
Mu gihe umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu utangira kuri uyu wa gatandatu tariki 09 Werurwe 2019, abawitabiriye baraye bageze i Gabiro mu karere ka Gatsibo, bazindukira mu myitozo ngorora-mubizi.
Umwe mu bahawe inzu y’ubuntu muri Gasabo asabira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko Imana imurinda abagizi ba nabi.
Guhera kuri uyu wa gatanu tariki ya 08 Werurwe 2019, abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye berekeje i Gabiro mu kigo cya gisirikari mu mwiherero. Muri uwo mwiherero ugiye kuba ku nshuro ya 16, abo bayobozi bazawumaramo iminsi ine baganira ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’igihugu. Aya ni amwe mu mafoto (…)
Ubwo yifatanyaga n’abatuye akarere ka Nyamasheke mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore, Madame Jeannette Kagame yagaragaje ko umuryango utekanye ari ubanye neza kandi uha agaciro ibiganiro mu nzego zose z’ubuzima bw’urugo.