Amadini n’amatorero y’Abaporotesitanti hamwe n’Abayisilamu bo mu Karere ka Nyanza, tariki 12 Mata 2019 bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera abakecuru batishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Abiga mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, baravuga ko biyemeje kwifashisha ikoranabuhanga, mu rwego rwo gukumira abapfobya Jenoside n’abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo ku mbuga nkoranyambaga.
Abakorera Ikigo ‘Ignite Power’ gicuruza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba biganjemo urubyiruko bavuga ko mu gucuruza urumuri, na bo ubwabo ngo bazaba urumuri rw’abakiri mu mwijima.
Mu Karere ka Musanze guhera ku wa kane w’icyumweru gishize hatangiye kuvugwa inkuru y’umugore ukekwaho gutorokana miliyoni icyenda z’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo guca mu rihumye abagenzuzi b’imari bari bari kumwe.
Imiryango ishingiye ku myemerere hamwe n’imiryango itegamiye kuri Leta irasabwa gufasha Abanyarwanda kwiyubaka, kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside, kubungabunga amateka ya Jenoside no kubaka ubumuntu.
Mu gihe Banki ya Kigali (BK) yibukaga abari abakozi bayo cumi na batanu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku wa 12 Mata 2019, imiryango yabo yishimiye ko ku nshuro ya mbere ubwo bibukaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, basanze kuri BK hari Urwibutso rya Jenoside ruriho amazina y’abahoze ari abakozi b’iyo (…)
Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yasohoye itangazo igamije gusaba imbabazi kubera ibyo iherutse gusaba byo korohereza abashaje cyane n’abarwaye bafungiye icyaha cya Jenoside.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kirehe, Nduwimana Bonaventure, avuga ko Abatutsi biciwe muri Paruwasi ya Nyarubuye bariwe imitima kugira ngo amaraso y’Abatutsi atazateza ibibazo ababishe.
Umunyarwanda witwa Mucyo Jean Claude uzwi ku izina rya Mandela amaze iminsi mike atashye mu Rwanda, nyuma y’uko yari amaze amezi atatu n’indi minsi afunzwe n’urwego rw’iperereza rwa Gisirikare muri Uganda, CMI(Chieftaincy of Military Intelligence).
Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho hashyinguye imibiri y’Abatutsi bishwe mu 1994 ibarirwa mu bihumbi 30, ariko ngo abahiciwe bari benshi kurusha.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika, Gen James Kabarebe, avuga ko ingengabitekerezo y’ivangura no kwikunda kwa Leta ya Habyarimana n’abazungu bamufashaga, ari byo byatumye atsindwa.
Ubuyobozi bw’itorero rya Pantekote ryo mu Rwanda (ADEPR) bwateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Josephine Rugambwa ni umubyeyi wubatse, ufite umugabo n’abana bane. Kuva Jenoside yaba kugeza ku itariki ya 10 Mata 2019, nta muntu wundi wari uzi akaga yahuye na ko, uretse umukobwa bari kumwe ubwo ibyo bibazo byamubagaho, na nyina ndetse na basaza be, bari kumwe.
Mu muhango wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 25, wabereye mu ngoro y’Ubuhanzi n’Ubugeni (Rwanda Art Miseum), iherereye ahahoze ari kwa Habyarimana, hatangijwe ku mugaragaro imurikabikorwa rizamara iminsi 100, rifite insanganyamatsiko igira iti ‘Kwibuka binyuze mu bihangano’(Kwibuka through artworks) (…)
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 12 Mata 2019, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) n’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka (MIGRATION) bibutse ku nshuro ya 25 abari abakozi ba MINIFOP, MINITRASO na MININTER bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, (…)
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène ntiyemeranya n’abasaba ko abageze mu zabukuru bahamijwe ibyaha bya Jenoside boroherezwa ibihano.
Padiri Rutinduka Laurent umwanditsi ku mateka ya Jenoside yifuza ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyagatare yakwandikwa akamenyekana kuko hari abayahakana.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis, yagaragaje uwkicisha bugufi kudasanzwe ubwo yapfukamaga agasoma ibirenge bya Perezida Salva Kiir na Riek Machar utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.
Igikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyitabirwa n’Abanyarwanda n’inshuti zabo hirya no hino ku isi, kikagira ibirango usanga bizwi n’abibuka iyi Jenoside bose.
Ubwo yitabiraga ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi byabereye i New York ku cyicaro gikuru cy’umuryango w’Abibumbye (LONI), Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutahwemye kuza mu bihugu bitanga ingabo na polisi mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi, rukabikorana indangagaciro ruvoma mu mateka asharira, (…)
Mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, Banki ya Kigali (BK), kuri uyu wa 12 Mata 2019, yifashe mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Ntarabana, Cyinzuzi na Burega mu Karere ka Rulindo iha ingufu z’amashanyarazi ingo ijana ndetse inasana inzu 16 (…)
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu n’ubw’ibitaro bya Ruhengeri buravuga ko butewe ipfunwe n’abaganga babangirije umwuga muri Jenoside yakorwe Abatutsi aho bicaga abarwanyi aho kubitaho.
Guverinoma ya Malawi yashimiye u Rwanda nyuma yo kuyitera inkunga ingana n’ibihumbi magana abiri by’amadolari (200,000$), agamije gufasha iki gihugu mu guhangana n’ingaruka z’ibiza.
Abaturage b’umurenge wa Gitambi n’ibindi bice biwukikije mu karere ka Rusizi baravuga ko batazi uko ubuzima bwabo buza kumera nyuma y’aho umuhanda umwe wabahuzaga n’ibindi bice wibasiwe n’inkangu zikawufunga ubu ukaba utakiri nyabagendwa yaba ku modoka n’abanyamaguru.
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko kutiga kw’Abanyarwanda bo mu gihe cya Jenoside byabateye ubukene n’ubujiji bituma bashukwa kwica ngo babone imitungo bataruhiye.
Indimu ni urubuto rwiza kandi rufite akamaro gakomeye ku buzima bw’umuntu. Nk’uko tubikesha urubuga superfoodly.com, indimu zishobora kunyobwa mu mazi cyangwa zikaribwa nk’imbuto bisanzwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa 11 Mata 2019, yifatanyine n’abagize inama y’ubugetsi y’ishyirahamwe ry’umupira wa Basket ball muri Amerika (NBA) i New York muri Leta Zunze ubumwe za Amerika.
Bamwe mu barokokeye I Nyanza ya Kicukiro mu karere ka Kicukiro, umujyi wa Kigali bavuga ko inzira y’umusaraba banyuzemo, ndetse n’ibikomere Jenoside yabasigiye aribyo bibatera imbaraga zo kubaka igihugu.
Abahoze ari abakozi mu bitaro bya Kibogora biri mu Karere ka Nyamasheke, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bavuga ko abatarahigwaga bahakoraga muri icyo gihe iyo baza kunga ubumwe bari gushobora kurokora imbaga y’abaganga, abarwayi n’abarwaza baguye muri ibyo bitaro.
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 Iposita yakoreshwaga nk’uburyo bukomeye bw’itumanaho, bitewe n’uko murandasi(internet) na telefone zigendanwa bitari biriho.
Wellars Gasamagera, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’Imicungire y’Abakozi, RMI, avuga ko n’ubwo hari abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahereye ku mibare, ubundi Jenoside atari imibare.
Impuguke mu by’ubuzima bwo mu mutwe, Gasana Magnus, avuga ko abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bahungabana kubera ko rihererekanywa ikiragano ku kindi.
Richard Mugenzi wari maneko mu ngabo za Habyarimana avuga ko ku wa 6 Mata 1994, indege ya Perezida Habyarimana imaze kumanurwa, abari abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) n’ingabo z’Ubufaransa zari mu Rwanda bamutegetse gutegura ubutumwa buvuga ko FPR-Inkotanyi imaze guhanura indege y’umukuru w’igihugu.
Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Marie Francine Rutazana, avuga ko kwiyubaka no kwiteza imbere ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’imiryango yabo ari intambwe ishoboka.
Oda Umubyeyi avuga ko umubyeyi yagiye aha serivise nziza yaje kubyara yagize uruhare mu gutuma ubu ariho, bityo akavuga ko ari byiza gutanga serivise nziza.
Guverinoma y’u Rwanda yongeye gusaba amahanga inyandiko zibitse amakuru yerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 no kohereza abakekwaho kuyigiramo uruhare.
Itsinda ry’abantu 120 bo mu kagari ka Cyabararika mu murenge wa Muhoza bahagarariye abandi, ku wa gatatu tariki ya 9 Mata 2019 ryasuye urwibutso rwa Bisesero.
Igisirikare cya Sudan cyamaze gutangaza ko cyakuyeho Perezida Omar al-Bashir kandi ko kigiye guhindura Itegeko Nshinga mu myaka ibiri iri mbere.
Polisi yo mu Bwongereza iratangaza ko yataye muri yombi, Julian Paul Assange, umunya Australia wamamaye kubera urubuga rwa Internet rwitwa ‘WikiLeaks’ yashinze rugashyira hanze amabanga y’abantu bakomeye cyane cyane abategetsi n’ay’ibihugu birimo n’iby’ibihangange byo hirya no hino ku isi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rubavu, baravuga ko hari imibiri batarabona y’abiciwe mu kibaya gihuza u Rwanda na Congo.
Perezida wa Sudan, Omar Hassan Ahmad al-Bashir, amaze kurekura ubutegetsi. Inzego zitandukanye muri icyo gihugu, zirangajwe imbere n’igisirikare, ubu ziri mu biganiro byo gushyiraho Guverinoma y’inzibacyuho.
Mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi ifatwa nka bumwe mu bwicanyi ndengakamere, bwakoranwe ubugome bukabije mu kinyejana cya 20, muri bimwe mu bice by’u Rwanda abana bibasiwe mu buryo bwihariye kugeza ubwo hari aho interahamwe ‘zivuga ko zidashaka abandi ba Rwigema’.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 urasaba abacitse ku icumu kudafata impinduka y’ingengabihe y’icyumweru cy’icyunamo nk’igamije gupfobya Jenoside.
Nyiraneza Justine avuga ko ubwo yari akiri umwana yatotejwe na Leta y’abicanyi bamuziza isura ye, ahitamo gupanura amazuru ye ngo badakomeza kumutoteza bamwita Umututsi.
Ku rubuga rwa Internet www.astucesnaturelles.net , bavuga ko urwo rubuto rufite izina rya siyansi ‘Annona reticulate’, cyangwa ‘Cachiman’. Ni urubuto rukomoka muri Amerika, rukaba ari urubuto rufite ibyiza byinshi.
General James Kabarebe avuga ko ingabo za RPA zahuye n’ikigeragezo gikomeye mu guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi, zikabasha kurokora bamwe mu bicwaga.
Akarere ka Musanze karatangaza ko kagiye kubaka urwibutso rushya rwa Muhoza mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza.
Kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2019, Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruteye utwatsi icyifuzo cya Nkaka Ignace (Laforge Fils Bazeye) na Nsekanabo Jean Pierre (Lt Col Abega) bari basabye kuburana bari hanze.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 bo mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze bari kwifashisha ubukorikori kugira ngo barwanye ubukene no guhangana n’ihungabana.
Abayobozi bahawe inshingano nshya mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda batangiye kuzishyira mu bikorwa guhera kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2019, nyuma yo guhererekanya ububasha n’abo basimbuye.