Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019, ubwo u Rwanda ruzaba rwunamira ku nshuro ya 25 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Guhera tariki ya 09 Werurwe 2019, mu Rwanda haratangira umwiherero wa 16 w’abayobozi bakuru. Ku nshuro ya 16, abayobozi bazamara iminsi ine mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, baganira ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’igihugu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) kiratangaza ko ibikoresho bya pulasitike n’amasashi bikoreshwa mu Rwanda ari byinshi cyane, ku buryo uburyo bwo kubikusanya no kubibyazamo ibindi bikoresho bitoroshye.
Abahanga mu by’ubukungu, bavuga ko kuguza amafaranga muri banki, ugamije kugura cyangwa kubaka inzu ari igitekerezo cyiza, kandi bikaba byagirira inyungu buri wese.
Kuva mu mwaka wa 2018, Leta y’u Rwanda yatangije imishinga minini yo kubaka ibikorwaremezo bijyanye n’igice cy’ubwikorezi, umunini kuruta indi yose, ni uwo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cyo mu Bugesera, kuko ibuye ry’ifatizo ryashyizwe ahubakwa icyo kibuga muri Kanama 2017.
Mu rwego rwo kumenya intambwe yatewe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu bijyanye n’imyubakire mu bice bitandukanye by’ubuzima bw’igihugu, Kigali Today yabatereye ijisho ku biro by’uturere dutandukanye tugize intara enye n’umujyi wa Kigali.
Mu minsi ishize hari ifoto ebyiri zazengurutse ku mbuga nkoranyambaga, imwe yerekana ahitwa muri Karitsiye Matewusi i Kigali mu 1918 n’indi yo muri 2019, ni ukuvuga ifoto yerekana iyo karitsiye mu myaka 101 ishize.
Mu gihe Itumba rya 2019 ryitezweho kuzarangwa n’imvura nyinshi, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) iravuga ko hari imwe mu myitwarire, irimo no kugenda ku binyabiziga bidatwikiriye, ishobora kubakururira gukubitwa n’inkuba.
Hari abatakaza umwanya munini ku mbuga nkoranyambaga mu biganiro bitagira icyo bibungura. Hirya no hino ku isi imbuga za Interineti zimaze kuba isoko rusange ku buryo ushobora guhaha ikintu mu Bushinwa cyangwa i Dubai wibereye i Kigali, ndetse n’ahandi ku isi.
Kuri uyu wa kane tariki 07 Werurwe 2019, Perezida Paul Kagame wa Repubulika y’u Rwanda, akaba n’umuyobozi w’umuryango wa Afurika y’ Iburasirazuba (EAC), yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi, rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi.
Abagabo babiri bakomoka mu Karere ka Rutsiro bamaze umwaka muri Uganda aho bafashwe bagiyeyo gushaka imirimo, bagahabwa igihano cyo gukora imirimo nsimburagifungo mu gihe cy’amezi 12.
Kuri uyu wa gatandatu mu karere ka Rulindo hagiye kubera isiganwa ry’amamodoka ryitwa Nyirangarama Sprint Rally, rikazitabirwa n’imodoka 13
Hari abibaza uko umuntu yakora ishoramari cyangwa n’akandi kazi gasanzwe ariko gasaba umwanya munini, akabasha no kubona igihe cyo kwita ku muryango. Perezida Kagame yabitanzeho ubunararibonye, avuga ko ari ibintu bigoye ariko bishoboka.
Kuri uyu wa gatatu tariki 06 Werurwe, abantu batandatu, barimo umuyobozi w’akarere ka Kicukiro wungirije ufite munshingano ze iterambere ry’ubukungu Mukunde Angelique, bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kicukiro, bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere (DJAF).
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Authentic International Academy riherereye mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali barigisha ababyeyi umuco w’isuku n’isukura kugira ngo babone isoko ry’isabune bikorera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu hamwe n’inzego z’umutekano basabye abaturage kureka ubucuruzi bwa magendu butuma bamwe bashobora no kugwa mu bikorwa byo kubukumira.
Abize bakanakora umwuga w’Inozabubanyi (Public Relations) baravuga ko abakoresha benshi batarumva akamaro n’inshingano by’umukozi ushinzwe guhuza ikigo n’abakigana.
Perezida Paul Kagame yashimiye umuryango Nyafurika ufite intego zo gusakaza ubuvuzi burambye kuri bose (Amref Health Africa) ku bw’igihembo wamugeneye.
Umuhanzi Ngabo Medard wamamaye ku izina rya Meddy arashinjwa kutishyura umwenda remezo ungana n’amadorali ibihumbi 10 (asaga gato miliyoni icyenda z’Amafaranga y’u Rwanda) yahawe n’ikompanyi yitwa KAGI RWANDA Ltd ngo yitabire igitaramo mu Bubiligi ariko ntageyo.
Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’u Bubiligi yemereye u Rwanda kwihutisha kugeza mu nkiko zaho abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage b’umudugudu wa Kagitumba, Akagari ka Kagitumba, Umurenge wa Matimba, bavuga ko kutajya muri Uganda nta gihombo babibonamo uretse guhohoterwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze i Cape Town muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama y’Umuryango Mpuzamahanga w’Abayobozi b’ibigo by’imari bakiri bato (Young Presidents Organisation - YPO EDGE).
Mukansanga Salma, umugore w’umunyarwanda usifura imwe mu mikino ari umusifuzi wo hagati mu kibuga, aherutse gutoranywa mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abagore.
Ku mukino w’umunsi wa 19 wabereye i Gicumbi, Rayon Sports itsinze Gicumbi igitego 1-0 ihita iyobora urutonde rwa Shampiyona by’agateganyo
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yakiriye igihembo cyagenewe Perezida Paul Kagame nk’umuyobozi mukuru ushyigikira urwego rw’ubuvuzi kugira ngo bugere kuri bose (Universal Health Coverage Presidential Champion Award).
Abasengera muri Paruwasi gaturika ya Rugango batangazwa n’ukuntu urubyiruko rwigishijwe gukemura amakimbirane rusigaye rugira uruhare mu kunga abantu bakuru.
Abacururiza mu isoko rya Nyagatare bavuga ko imyubakire mibi y’isoko ryabo yatumye risaza ritamaze kabiri.
Umurwayi wiswe ‘London Patient’ yabaye uwa kabiri ukize SIDA, nyuma y’uko mu myaka 10 ishize, hatangajwe umuntu wa mbere wakize iyi ndwara ubusanzwe izwiho kudakira.
Mu karere ka Rubavu, umuryango w’urubyiruko mu iterambere (YADE) wahagurukiye gufasha abana bata ishuri, hibandwa ku bana b’abasigajwe inyuma n’amateka, ari nako barandura umuco wo gutegereza ubufasha bihoraho, wakunze kuranga abasigajwe inyuma n’amateka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Dr Richard Sezibera, yiyamye abakomeza gushinja u Rwanda imirambo ikunze kugaragara mu Kiyaga cya Rweru kiri ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Dr Richard Sezibera, yibukije Abanyarwanda ko nubwo Uganda itava ku izima atari cyo gihugu kibagenera uko babaho.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma Amb Dr Richard Sezibera aravuga ko umutwe urwanya leta y’u Rwanda uzwi nka RNC uri mu marembera kuko ari umutwe udafite ibikerezo bya politike bifatika.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05 Werurwe 2019, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma Dr Richard Sezibera, yahakanye ibyavuzwe na bimwe mu binyamakuru byo muri Uganda ko haba hari ingabo z’u Rwanda zashyizwe ku mupaka n’icyo gihugu.
Mu Rwanda hagiye gutangira uruganda ruzakora inzitiramibu, uyu mwaka ukazarangira rukoze izigera kuri miliyoni umunani, ngo rukazagabanyiriza igihugu umutwaro wo kuzigura hanze.
Abakora ubuhanzi mberajisho (ubugeni) basanga gushushanya ibijyanye n’umuco wabo ari byo bizawumenyekanisha ku isi yose, kuko bizagurwa na buri wese ushaka gusobanukirwa n’umuco w’u Rwanda, yaba umunyamahanga cyangwa umunyarwanda.
Umugabo wo mu kigero cy’imyaka nka 40 ukomoka mu Karere ka Bugesera avuga ko yakuze acuruza urumogi ariko muri 2012, kubera inama zaberaga mu mudugudu atuyemo zamagana ibiyobyabwenge ndetse n’ingero z’abo byangizaga barimo n’abana yabonaga yiyemeza kubireka atangira ubucuruzi bw’akabari.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atatu y’ubuhinzi bw’umuceri mu kibaya cy’umugezi w’umuvumba bavuga ko isiba ry’ikiyaga gihangano cya Cyabayaga rishobora gutubya umusaruro.
Ingabo za Leta zunze ubumwe z’Amerika hamwe n’iza bimwe mu bihugu bya Afurika, zahuriye mu Rwanda ngo zungurane ibitekerezo ku buryo bugezweho bwo gucunga umutekano w’ibijyanye n’iby’indege.
Mu mudugudu wa Burema, akagali ka Mataba mu murenge wa Mageragere akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, habonetse imibiri itatu y’abantu bikekwa ko bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Bamwe mu bangavu baterwa inda mu karere ka Rusizi, baragirwa inama yo kuboneza urubyaro kugirango hato badakomeza kubyara kandi bakiri bato, bityo ubuzima bukarushaho kubakomerera. Bamwe muri bo banatangiye kubikora.
Imodoka yari irimo umushoferi wayo ifashwe n’inkongi y’umuriro igeze hafi ya Hotel Nobleza mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali. Iyo modoka yo mu bwoko bwa TATA bivugwa ko isanzwe itwara abana b’abanyeshuri ku bw’amahirwe, ntawe uhiriyemo.
Umunyarwanda Kayibanda Rogers wari umaze iminsi afungiwe muri Uganda, mu buhamya bwe, avuga ko yambitswe ikigofero kinamufunga mu maso akimara gufatwa, agikurwamo arekuwe ku buryo ngo atigeze abona abamuhataga ibibazo.
Kuri iki Cyumeru i Nyamirambo wa Kigali hasorejwe isiganwa rizenguruka u Rwanda ryakinwaga ku nshuro ya 11, aho ryegukanywe na Merhawi Kudus wa ASTANA Pro Team
Iserukiramuco FESPACO rigamije guteza imbere sinema nyafurika, ry’uyu mwaka wa 2019 ryaberaga i Ouagadougou muri Burkina Faso ryasojwe mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 03 Werurwe 2019.
Isiganwa rizenguruka igihugu, Tour du Rwanda 2019, risojwe kuri iki cyumweru, umunya - Eritrea, Merhawi Kudus, ari we uryegukanye.
Padiri Jean François Uwimana, avuga ko yatekereje cyane ku muco nyarwanda maze akora indirimbo ijyanye na wo yise ’Nyirigira’.
Kaminuza y’u Rwanda(ishami nderabarezi) ivuga ko yari itangiye guterwa impungenge n’umubare munini w’abana bafite ubumuga utajyanye n’uw’abarimu bashobora kubigisha.
Urwego rushinzwe iterambere mu Rwanda (RDB) rweguriye Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) ishingano zo gucunga Kaminuza ya Carnegie Mellon-Africa (CMU-Africa), bikaba byongereye amahirwe menshi Abanyeshuri b’Abanyarwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka (RLMUA) kiratangaza ko kimaze gukoresha amafaranga abarirwa muri miliyoni 52 z’Amayero, ni ukuvuga abarirwa muri Miliyari 52 na Miliyoni 899 n’ibihumbi 600 mu mafarnga y’u Rwanda mu gikorwa cyo kwandika ubutaka no gutanga ibyangombwa by’ubutaka kuri bene bwo.
Umunya - Eritrea Yacob Debesay yegukanye isiganwa mu gace ka Nyamata - Kigali