Ubuyobozi bw’ umukino ukomatanya koga, kwiruka no kunyonga igare “Triathlon” mu Rwanda butangaza ko Niyitanga Sulumu umukinnyi ukomeje kwigaragaza muri uyu mukino akeneye amarushanwa mpuzamahanga.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, barasaba ko ivuriro riciriritse biyujurije ryakwegerezwa amazi, n’abaganga bahagije.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club ihagarariye u Rwanda mu irushanwa nyafurika rihuza amakipe yatwaye shampiyona z’ibihugu muri Afurika irakina umukino wa mbere ihangana na Uganda Christian University.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu batuye mu mudugudu wa Susa mu karere ka Musanze, bishimiye ko mu minsi iri imbere, bazajya babona amafunguro agizwe n’imboga z’ubwoko bwose mu buryo buboroheye kubera imirima y’imboga (uturima tw’igikoni) yatangiye gutunganywa.
Umucamanza Agius Carmel wasimbuye Theodor Meron ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Perezida w’Urwego Mpuzamahanga rwashyiriweho kurangiza Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (The International Residual Mechanism for Criminal Tribunals, UNIRMCT) aragirira uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi aranenga abayobozi b’ibigo batagira igitsure ku barimu, aho bikomeje kudindiza gahunda y’uburezi.
Ikipe ya Rayon Sports inganyije na AS Kigali igitego 1-1, ihita irushwa na APR Fc amanota atandatu mbere y’uko bahura
Itsinda rya THE SUPER RAINBOWS ryatangije uburyo bwo gukoramo umuziki bawuhindura mu nyana zigezweho (EDM) Moombahton, Future, Pop na House ijyanye n’igihe, kandi inabyinika.
Ikibazo cy’ibyo gupfunyikamo (Emballages) ibikorerwa mu nganda zo mu Rwanda gikomeje guhangayikisha ba nyirazo kuko ngo babibona bibahenze kandi akenshi bitumijwe hanze.
Abagize umuryango w’abakobwa bakomoka mu Karere ka Kirehe bitwa ‘Super Girls’ bavuga ko biyemeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda bahereye mu karere bakomokamo.
Ange Ritha Kagaju, umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko, ni umwe mu bakobwa bake b’abahanzi b’Abanyarwanda baririmba bacuranga Guitar.
Abarimu bo mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ruhango baravuga ko kongera ibyumba by’amashuri byajyana no gukwirakwiza ikoranabuhanga rya Mudasobwa na Interineti.
Abakobwa 13 bazatorwamo Nyampinga wa INES-Ruhengeri bamenyekanye nyuma yo kwiyereka akanama nkemurampaka basubiza n’ibibazo binyuranye babazwaga mu gusuzuma ubumenyi bwabo.
Umubare w’abana bata ishuri mu Karere ka Musanze ukomeje kwiyongera, aho bamwe bavuga ko kubera ubukene n’imibereho mibi bahitamo kujya gukora imirimo ivunanye, abandi bakishora mu bucuruzi bw’ibisheke.
Abakozi b’imirenge bashinzwe irangamimerere i Huye, bavuga ko gusaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’ab’utugari kurangiza imanza ari ukubahohotera, n’abarangirizwa imanza badasigaye.
Umunyarwanda wari ufite inzozi zo kuba yakora filime igaragaza ubutwari bw’abasirikari ku rugamba, n’uko bitwara mu bikomeye, Joel Karekezi, hamwe n’ikipe bafatanyije mu gukina filime, ‘The Mercy Of The Jungle’ batangaje ko kugira ngo irangire yatwaye amafaranga agera kuri miliyoni y’Amayero, ni ukuvuga abarirwa muri (…)
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyinjije mu ngabo abasirikare bashya nyuma y’umwaka bari bamaze bahabwa amasomo y’ibanze ya gisirikare.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille yasabye Abanyenyanza n’inshuti kwitanga bagashyingura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Werurwe 2019, hirya no hino mu gihugu habaye umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe. Kigali Today yabateguriye uko icyo gikorwa cyagenze mu turere tumwe na tumwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanyije n’abaturage mu muganda ngarukakwezi wabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro. Uwo muganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2019 wibanze ku bikorwa byo kubaka imiyoboro y’amazi.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kayitesi, asanga ikigega cyo kuzigama no kugurizanya cy’abanyamakuru kizabafasha kubaka umuco w’ubutore n’ubunyangamugayo kuko kizatuma barushaho kugirirana icyizere no kwiteza imbere mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, hamwe n’abayobozi b’uturere tw’Intara y’Uburengerazuba, Guverineri Munyantwari Alphonse yavuze ko abatekereza guhungabanya umutekano rw’u Rwanda banyuze mu Ntara y’Uburengerazuba bagomba gukurayo amaso.
Ikigo gitsura Ubuziranenge (RSB) kivuga ko ibicuruzwa bifite ubuziranenge ari bike mu gihugu kubera ko abikorera benshi batabanza kubimenyekanisha cyangwa kubisabira ibyemezo.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare hemenewe ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni mirongo itatu n’ebyiri n’ibihumbi magana atanu na mirongo itatu n’umunani n’amafaranga mirongo itanu (32,538,050 Frw) byafashwe mu mezi atatu ashize.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, avuga ko nta bufatanye hagati y’umugabo n’umugore cyangwa hagati y’umuhungu n’umukobwa, ibibazo igihugu gifite bitakemuka.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Bonhomme, kuri uyu wa gatanu tariki 29 Werurwe 2019 yerekeje mu mujyi wa Paris mu gihugu cy’ Ubufaransa, aho agiye kwifatanya n’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi (Memorial de Shoah) mu gikorwa bateguye cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi basaga 120 bo mu Karere ka Kirehe bayobora abandi guhera ku rwego rw’umurenge n’abahagarariye inzego z’umuryango mu bigo bitandukanye muri ako karere, kuri uyu wa gatanu tariki 29 Werurwe 2019, basuye ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside bagamije kwigira ku butwari bw’Inkotanyi zahagaritse (…)
Isuzuma rya mbere ryakozwe ku binini byafasha abagabo kuboneza urubyaro ryagaragaje ko bishoboka cyane, bikazaza byunganira uburyo busanzwe buhari mu kuboneza urubyaro.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba Paul Kagame yasabye abayobozi b’uwo muryango bateraniye mu mwiherero I Kigali kuvugisha ukuri kugirango ibibazo biri muri uwo muryango bibashe gukemuka ku neza y’abaturage bawutuye.
Itorero ry’aba Anglican mu Rwanda ryubatse kaminuza i Masaka mu karere ka Kicukiro, izakira aba Pasiteri n’abandi bavugabutumwa kugira ngo bongere ubumenyi bityo bakore imirimo yabo neza.
Nyirahabimana Solina, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ubwo yasuraga intara y’Amajyaruguru, yatunguwe no gusanga gahunda y’umugoroba w’ababyeyi idakora, aho yabwiwe ko abayobozi batayibonera umwanya bitewe n’akazi kanyuranye bakora.
Ambasaderi Polisi Denis, umwe mu bagize urubuga ngishwanama rw’inararibonye z’u Rwanda, avuga ko gutekereza no gukora cyane ari byo bizatuma Abanyafurika bikura mu bukene.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ibikorwa remezo, Ing Jean de Dieu Uwihanganye, amaze gutangiza imirimo yo gushyira kaburimbo mu muhanda Huye-Kibeho-Munini.
Abanyeshuri 300 bigishijwe amasomo y’umwuga w’ubudozi n’uruganda rwitwa Burera Garment Ltd ku bufatanye na Rwanda Polytechnic, ku wa kane tariki ya 28 Werurwe 2019 bahawe impamyabushobozi biyemeza gukoresha ubumenyi bahawe n’uru ruganda mu kurufasha gukora imyenda ikorerwa mu Rwanda kandi ikoranywe ubuhanga.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe abana (NCC), iraburira abantu banyuranya n’amategeko, bakorera ibikorwa binyuranye ku bana bafata nk’ibyoroheje kandi amategeko abihana.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’ubuganga n’iry’ubuforomo muri Kaminuza y’u Rwanda, bari mu gikorwa cyo gusuzuma indwara zitandura ku buntu, mu Karere ka Huye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko u Rwanda rwageze ku ntego y’isi ya 90-90-90 mu kurwanya SIDA, iyo ntego ikaba yagombaga kugerwaho bitarenze umwaka wa 2020.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MIININFRA) hamwe n’Ikigo gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG), byijeje Abanyakigali ko umuriro w’amashanyarazi utazongera kubura bya hato na hato.
Ikigo BK Group Plc cyatangaje ko mu mwaka ushize wa 2018 cyungutse miliyoni 30 n’ibihumbi 700 by’amadolari, ni ukuvuga agera kuri miliyari 27 na miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda.
Karabayinga Jacques w’imyaka 39 utuye mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi, ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yo kwica inka 10 agakomeretsa bikabije izindi ebyiri azitemaguye, icyakora ngo yari agambiriye kwica nyirazo.
Nyuma y’ukwezi n’igice akora ibitaramo mu bihugu 12 bya Africa, Burabyo Yvan uzwi nka Yvan Buravan, waraye ugarutse mu Rwanda aravuga ko adasoje ibi bitaramo arimo akora nyuma yo gutsindira igihembo cya radio y’Afaransa Prix Decouverte.
Bright Okpocha, umuhanga w’umunyarwenya wo mu gihugu cya Nigeria uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Basket Mouth yatunguye abakunzi be mu Rwanda ahagera mbere y’igihe yari yitezweho avuga ko urukundo afitiye Abanyarwanda ari rwo rwamuteye kuzinduka, aho yitabiriye ubutumire mu gitaramo ‘Seka Fest’.
Laurence Kiwanuka, Umunya-Uganda w’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko museveni ari umubeshyi kabuhariwe kuva avutse.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), uramagana abakomeje gupfobya Jenoside n’abibasira imitungo y’abayirokotse.
Kuva mu myaka yo hambere impu z’inyamaswa zifashishwaga n’abakurambere bacu, bagakuramo imyambaro, ingobyi zo guhekamo abana n’ibindi. Igitangaje, ni uko hari aho uruhu rw’inka ari ifunguro rikunzwe cyane.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu butangaza ko bugenera litiro ibihumbi 100 z’amazi ku munsi abatuye mu mujyi wa Goma.
Abarwaye indwara y’amaguru yitwa ‘imidido’ n’abafite ubumuga buyikomokaho bo mu turere twa Musanze na Burera, basanga bidakwiye ko umuntu uyirwaye asabiriza cyangwa ngo aheranwe n’ubukene.
Ni kenshi tubona mu kirere indege ziri kure zigenda zica imirongo y’imyotsi, ariko zaba zegereye ku butaka zikaboneka nta myuka zisohora.
Robert Menendez, Umusenateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) uhagarariye Leta ya New Jersey, yashyikirije Sena y’icyo gihugu umwanzuro usaba ko USA yakwifatanya n’u Rwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.