Mu Rwanda hatangijwe uburyo bwimukanwa bwo gupima ubutaka

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangije umushinga wo gupima ubutaka (Mobile Laboratory) kugira ngo bamenye ibibugize bityo buhuzwe n’imbuto hagamijwe kongera umusaruro.

Ambasaderi wa Maroc mu Rwanda, Youssef Imani Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mukeshimana Gerardine bafungura iyi gahunda ku mugaragaro
Ambasaderi wa Maroc mu Rwanda, Youssef Imani Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mukeshimana Gerardine bafungura iyi gahunda ku mugaragaro

Ni umushinga u Rwanda ruterwamo inkunga n’igihigu cya Maroc, ukaba watangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa 30 Mata 2019, ugatangizwa na Minisitiri
w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mukeshimana Gerardine na Ambasaderi wa Maroc mu Rwanda, Youssef Imani.

Ubwo buryo butangiranye imodoka eshatu zirimo ibikoresho byifashishwa mu gupima ubutaka na moto esheshatu zizajya zikusanya ubutaka bupimwa.

Ku ikubitiro hazapimwa ubutaka buri kuri hegitari 50 bwo mu turere twa Nyabihu, Rubavu, Musanze na Burera two mu Ntara y’Amajyaruguru.

Uwo mushinga wiswe "Agriculture Caravan", ngo uzanasiga hakozwe ikarita nshya yerekana uko ubutaka bw’u Rwanda buhagaze mu bijyanye no kwera.

Bimwe mu bikoresho bizifashishwa muri iyi gahunda byahawe u Rwanda
Bimwe mu bikoresho bizifashishwa muri iyi gahunda byahawe u Rwanda

Minisitiri Mukeshimana akaba yakanguriye abaturage gupimisha ubitaka bwabo.
Ati "Ndabakangurira gupimisha ubutaka bwanyu kugira ngo mumenye amafumbire bigendanye bityo mugirwe inama n’ababishinzwe kugira ngo umusaruro wiyongere"

Amb. Youssef yavuze ko iki gikorwa gishimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ati "Uyu mushinga ni kimwe mu bikorwa biri mu masezerano 23 yasinywe ubwo umwami wa Maroc aheruka mu Rwanda. Biri mu rwego rwo gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi kandi buzakomeza"

Yavuze kandi ko mu gihe gito umushinga icyo gihugu gihuriyeho n’u Rwanda wo kuvanga amafumbire uzatangira mu Rwanda hagamijwe kongera amafumbire akenerwa kandi aberanye n’ubutaka ndetse bikaba biteganyikwe ko ayo mafumbire yazajya anacuruzwa no hanze y’u Rwanda.

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Geraldine Mukeshimana na Ambasaderi wa Marc mu Rwanda, Youssef Imani.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Geraldine Mukeshimana na Ambasaderi wa Marc mu Rwanda, Youssef Imani.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Uyumushinga uziye igihe tuzapimisha pe ahubwo Bageraze bigere muturere rwose bityo bidufashe kwiteza imbere

Bisengimana yanditse ku itariki ya: 17-01-2020  →  Musubize

Uyumushinga uziye igihe tuzapimisha pe ahubwo Bageraze bigere muturere rwise bityo bidufashe kwiteza imbere

Bisengimana yanditse ku itariki ya: 17-01-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka