Umutoni Adeline,Umukobwa w’imyaka 22 uvuka mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, ni we wambitswe ikamba rya Miss Bright INES.
Abategura Salax Awards baravuga ko bateganya kongera amafaranga ahabwa abahanzi kugira ngo abayitabira babashe kwishimira iri rushanwa.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 yasoje ku mwanya wa nyuma mu irushanwa ry’imikino ya gicuti yaberaga mu Rwnda nyuma yo kunganya na Tanzania ibitego 3-3.
Nyuma yo kumurikirwa ishuri mbonezamikurire ry’abana bato, ababyeyi bo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi baravuga ko rikemuye ikibazo cyo kuba batagiraga aho basiga abana babo mu gihe babaga bagiye mu mirimo y’icyayi ya buri munsi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwageneye abaturarwanda ubutumwa bujyanye n’igihe cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubwo butumwa ni ubu bukurikira:
Mu myaka 71 ishize, umuryango w’abahinzi borozi wo mu cyahoze ari komine Rutonde, ubu ni akarere ka Rwamagana wibarutse umwana w’umuhungu aza abahoza amarira kuko mukuru we yari yaritabye Imana.
Inama y’Abepiskopi mu Rwanda yandikiye Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) isaba ko abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri Gatolika bicumbikira abana bakwigirizwayo itariki yo kugera ku bigo byabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko miliyoni hafi 400frw ari zo zakoreshejwe mu kubaka ibyumba bishya by’amashuri, gusana no gusimbuza ibishaje.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, u Rwanda rwafashe gahunda yo gutera imigano hirya no hino aho ishobora gukura, cyane cyane ku nkengero z’imigezi.
Banki ya Kigali (BK) yongereye amafaranga y’inguzanyo yajyaga itanga ku bakiriya bayo hadasabwe ingwate, akaba yavuye ku mafaranga y’u Rwanda miliyoni 10 agera kuri miliyoni 30.
Abafite aho bahuriye na Pariki y’Igihugu ya Nyungwe basabwe kutarangara, ahubwo bibutswa ko na bo bafite uruhare mu kwicungira umutekano.
Bamwe mu basenateri basanga abayobozi b’inzego z’ibanze bagomba kujya bitekerereza icyo bakwiye gukorera abaturage, ntibahore mu byo guverinoma ibabwira.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club ikomeje kugorwa n’imikino nyafurika iri kwitabira ku nshuro ya mbere aho yaraye itsinzwe na Smouha yo mu Misiri amaseti 3-1 ukaba wari umukino wa gatatu wikurikiranya Gisagara itsinzwe.
Nyuma yo gusoza imikino y’ibirarane ndetse n’isubikwa rya Shampiyona, Kiyovu Sports igiye gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’igihugu ya Cameroun y’abatarengeje imyaka 17.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano aravuga ko Kayumba Nyamwasa, FDLR cyangwa Sankara nta kibazo na kimwe bateje u Rwanda.
Imikino ya nyuma y’ibirarane yaraye ibaye kuri uyu wa Gatatu, yasize AS Muhanga inganyije igitego 1-1, naho Kiyovu yihererana ikipe ya Bugesera idafite umutoza mukuru
Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 03 Mata 2019, yagize Dr Muyombo Thomas, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Tom Close, umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe gutanga amaraso ishami rya Kigali (RCBT-Kigali).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) cyashyikirije abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye Impamyabumenyi zakorewe mu Rwanda, z’abanyeshuri babyizemo batsinze neza ibizamini bya Leta by’umwaka w’amashuri wa 2017-2018.
Ku gicamunsi cyo ku wa 02 Mata 2019, Abanyarwanda batandatu bari bamaze amezi atatu bafungiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda.
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi arasaba abafashijwe na Leta yahagaritse Jenoside mu myaka 25 ishize, kwera imbuto nyuma y’igihe kinini bamaze bitabwaho.
Ikibazo cy’umubare munini w’abangavu baterwa inda ntigisiba kumvikana mu bibazo bihangayikishije igihugu, dore ko uwo mubare ukomeza kwiyongera aho kugabanuka.
Kuri uyu wa 2 Mata 2019, i Huye mu Ntara y’Amajyepfo hatangijwe imikino ya Olympic yateguwe n’Ishyirahamwe rya komite z’imikino ya Olympic z’ibihugu bya Afurika, ANOCA.
Carine Gahongayire, umubyeyi w’umwana witwa Benji urererwa muri Autisme Rwanda, avuga ko umwana we yavutse nk’abandi bana ndetse bakabona akora nk’iby’abandi bana bose kugeza ageze mu myaka itatu.
Nshimiyimana Emmanuel umunyamabanga mukuru wa GAERG avuga ko umuryango w’abarokotse Jenoside uzanamba ku gihugu kubera igihango bafitanye nacyo.
107 bo mu Karere ka Huye biganjemo abakecuru, batabonaga cyangwa bakabona ibikezikezi, batangiye kongera kubona nyuma y’igihe kitari gitoya, babikesha kubagwa ishaza ryo mu jisho bari bafite.
Mbere y’uko aya makipe abiri ya APR Fc na Rayon Sports zicakirana mu mukino uba utegerejwe na benshi mu Rwanda, APR Fc gusa kugeza ubu niyo yamaze gusubukura imyitozo
Ikipe ya Gisagara ya volleyball ikomeje kugorwa n’amarushanwa nyafurika yitabiriye ku nshuro ya mbere aho yatakaje umukino wa kabiri wikurikiranya ubwo yatsindwaga na El Etihad yo muri Libya amaseti atatu ku busa.
Abiga n’abize mu ishami ry’abaganga b’impuguke mu buvuzi rusange, Clinical Medicine, ngo ntibumva impamvu batagaragara ku mbonerahamwe y’imirimo kandi ari ishami rya kaminuza y’u Rwanda.
Kenshi abantu bumva ijambo ikinyabibiri, ariko bamwe ntibasobanukirwa niba bibaho cyangwa niba bitabaho.
Bamwe mu bahinzi bo mu turere twa Huye, Nyamagabe na Bugesera baravuga ko umushinga wa International Alert usize basobanukiwe byinshi mu bijyanye no kunoza ubuhinzi, barwanya inzara, bongera umusaruro kandi bihaza mu biribwa.
Tariki ya 18 Mata 2019, i Gahini mu Karere ka Kayonza hazatahwa ku mugaragaro ikigo gikora inyunganirangingo n’insimburangingo zigenerwa abafite ubumuga.
Mu bihe bitandukanye, abayobozi mu nzego zinyuranye bagiye bagaragaza ibikorwa bisa n’ibitangaza bazakora mu gihe runaka.
N’ubwo abahinzi bashishikarizwa kwifashisha inyongeramusaruro igihe bahinga, kugeza ubu hari abazikoresha nabi, bigatuma batagera ku musaruro mwiza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, hamwe n’abandi baperezida n’abakuru ba guverinoma bagera kuri 18 bitabiriye irahira rya perezida wa Senegal Macky Sall ryabaye kuri uyu wa kabiri tariki 02 Mata 2019.
Tuyisenge Clementine w’imyaka 19 atuye mu kagari ka Shara,umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke. Afite umwana w’amezi arindwi, ukurikira undi w’imyaka ibiri yabyaye afite imyaka 17.
Perezida w’Urwego Mpuzamahanga rwashyiriweho kurangiza Imirimo yasizwe n’Inkiko Mpanabyaha (UNIRMCT) avuga ko hari abantu icyenda barimo abarangije ibihano n’abandi batarabirangiza bakirimo gushakirwa igihugu cyabakira, kuko ngo Leta ya Tanzania itishimiye gukomeza kubacungira ku butaka bwayo.
Byakunze kugaragara ko hari abakoresha amagambo yerekeye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi atari yo, cyangwa ataboneye, babigambiriye cyangwa batabizi, bikaba byabaviramo gupfobya Jenoside cyangwa kugaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mushabe David Claudian umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga umuyobozi w’umudugudu udafasha umuturage kwishyura mutuelle aba amwishe.
Nta kintu cyiza nko kubyuka wumva inyoni ziririmba dore ko hari izigira amajwi meza. Indirimbo zituje ziririmbwa n’inyoni mu gitondo, zinogera amatwi n’imitima y’abantu. Ariko se inyoni zidukangura ngo tubyuke tujye ku murimo zibwirwa n’iki ko bukeye ngo ziririmbe?
Umwana w’umukobwa aterwa inda bikamwangiriza ubuzima, ariko n’ingaruka ziba ku rungano rwabateye inda ndetse no ku bagabo babaruta baba babashutse ngo ntizikwiye kwirengagizwa.
Mu kigo cy’Amahoro cy’u Rwanda (RPA), hatangijwe amahugurwa agenewe Ingabo,Polisi n’Abasivire ku igenamigambi rikoreshwa mu butumwa bw’amahoro.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club yatsinzwe amaseti 3-0 na Uganda Christian University (UCU) mu mukino wayo wa mbere.
Mu nama y’inteko rusange ya Komite y’Igihugu y’Imikino y’abantu bafite ubumuga (NPC Rwanda), yatangaje ko mu mwaka ushize binjije akayabo ka Miliyoni zirenga 200
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye umuhango wo kurahira kwa mugenzi we w’icyo gihugu, Macky Sall.
Mu gihe mu bihe byashize abantu batandukanye babaga bafashe umunsi wa mbere w’ukwezi kwa kane nk’umunsi udasanzwe, bamwe bafataga nk’umunsi wo kubeshya ndetse bakanabikora, muri iki gihe iyo myumvire isa n’igenda ihinduka, aho abantu bavuga ko bashishikajwe no gushaka imibereho kuruta kwirirwa bahimba ibinyoma byo kubeshya (…)
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Nyagatare bavuga ko inzoga bahimbye Icyuma “Speranza waragi” ibahangayikishije kuko isindisha cyane kurusha izifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Jean Christian Irimbere, umuhanzi uririmba indirimbo zo guhimbaza Imana, avuga ko akenshi iyo udafashijwe n’Imana, kumenyekana cyane byagushyira mu kaga.
Ku itariki ya 31 Werurwe, nibwo byari biteganyijwe ko abahanzi bari ku rutonde rw’abazatoranywamo abahize abandi mu byiciro bitandukanye bamenyekana bagashyikirizwa ibihembo muri Salax Awards, ubu yari ibaye ku nshuro yayo ya karindwi.
Bwa mbere mu mateka, igihugu cya Israel cyafunguye ambasade mu Rwanda mu rwego rwo kurushaho kunoza umubano wacyo n’u Rwanda.
Urubyiruko 280 barangije kwiga imyuga mu kigo cya Easter’s Aid bemeza ko ntaho bazongera guhurira n’ubushomeri, cyane ko benshi muri bo ubu bafite imirimo abandi bakaba biteguye kuyihanga.