Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera - Min. Sezibera

Nsabimana Callixte wiyitaga Majoro Sankara wakunze kumvikana ku maradiyo mpuzamahanga no kuri youtube avuga ko we n’abo bakorana bibumbiye mu mitwe bise RNC (Rwanda National Congress) na P5 barimo Kayumba Nyamwasa, Himbara, Rusesabagina n’abandi bamaze gufata parike ya Nyungwe bagasaba ko abakerarugendo bahagarika gusura iyi parike ubu yatawe muri yombi azanwa mu Rwanda akaba agiye gushyikirizwa ubutabera.

Uyu ni we Nsabimana Callixte wiyise Majoro Sankara akigamba ibikorwa byinshi byo guhungabanya umutekano cyane cyane ibiheruka mu ishyamba rya Nyungwe
Uyu ni we Nsabimana Callixte wiyise Majoro Sankara akigamba ibikorwa byinshi byo guhungabanya umutekano cyane cyane ibiheruka mu ishyamba rya Nyungwe

Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa kabiri tariki 30 Mata 2019, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Richard Sezibera avuze ko ubu u Rwanda rufite Sankara, naho abo bari bafatanyije guhungabanya umutekano w’u Rwanda muri Nyungwe biciwe iyo.

agize ati "Uwiyita Majoro Sankara umaze iminsi avuga ko yafashe Nyungwe, yigamba bya bitero byishe abantu za Kitabi n’ahandi, akajya ku maradiyo akabivuga, akavuga ko azakora n’ibindi kuko ibyo bidahagije, akigamba urupfu rw’Abanyarwanda... ku bufatanye n’abandi Major Sankara yagaruwe mu Rwanda, inzego zibishinzwe zikaba ziri bumushyikirize ubucamanza kugirango asobanure ibyo bintu akora."

Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga w'u Rwanda Dr Richard Sezibera
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Richard Sezibera

Minisitiri Sezibera yaboneyeho kuvuga ku bihugu bimaze iminsi bisaba abaturage babyo kwitonda igihe basura ibice by’u Rwanda byegereye umupaka, avuga ko babikora bashingiye ku mpuha nyamara bakwiye kubaza u Rwanda kuko rufite amakuru yimbitse kurushaho.

Urwego rw’ubugenzacyaha RIB rubicishije kuri twitter, ruvuze ko rwafunze Nsabimana Callixte wiyita Majoro Sankara, mu gihe hagikorwa iperereza ku byaha aregwa.

Callixte yashakishwagwa n’ubutabera kubera ibyaha bitandukanye aregwa birimo kurema umutwe witwaje intwaro, gushishikariza no gutanga amabwiriza yo gukora ibikorwa by’iterabwoba,gushimuta, ubwicanyi, gufata bugwate abantu, ubujura bwitwaje intwaro, gusahura n’ibindi.

Abanyamakuru batandukanye mu kiganiro na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga
Abanyamakuru batandukanye mu kiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Nuko Nkurunziza tumwubahira ko ari Prezida nawe twamuzana agasobanura ukuntu yari yahaye nsabimana callixtte ziriya mbunda.

izina rya nsabimana callixte ntimukaryandike mu nyuguti nkuru kuko nuwo hasi cyaneeeee.Ongera ubwejure sha!!!!!!!!!!!!

john yanditse ku itariki ya: 1-05-2019  →  Musubize

Yabaye Major ryari ahubwo ko ali Maibivo

gakuba yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

Sankara yariyamamaje none yatowe 100/100.

Isidore Kayumba yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

Sankara yariyamamaje none yatowe!

Isidore Kayumba yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

minister wububanyi namahanga yadukoreyebeza kubayakozibishobokabyose uyuwiyita major akabayagaruwe murwanda natuze aryozwe ibyoyakoze kandi twizeyeko imana izajyigenda itugabiza abanzibacubose bashaka kudusubiza mwicuraburindi gusa ntibazabigeraho nagato kuko dufite umuvyeyi wacu udukunda Paul Kagame

itangishaka Emmanuel yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

Sankara kweli ni ahame hamwe usubize ibyo yahoze yigamba. ni umunyabyaha kbs ubutabera bubimuryoze rwose pe

james yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

icyi ni ikihebe,kirwanisha amagambo,kuri YouTube,dushimiye,abamufashe,Kandi,aryozwe iterabwoba,yaramazekubiba,mubanyarwanda,nabandinkawe,twizereko,muzabafata,ntabwo yarikwigamba kumena amaraso yabanyarwanda,ngo bizamugwe,amahoro

maniriho cyprien yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

sakara uri umugabombwa hagarara wumve

PASCAL yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

Yari yatubitsemo ubwoba
Nahame hamwe yumve
Nawote yarawucanye

Alphonce yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

Sankara nahagarare kigabo, abazwe ibyo yakoze ndetse yemere kubihanirwa. Burya ucanye umuriro aranawota. Nahame hamwe awote rero

Eugene yanditse ku itariki ya: 30-04-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka