Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gutangaza ko amakipe 19 yonyiye ari yo yiyandikishije mu gikombe cy’Amahoro cya 2019, hakaba harimo amakipe 12 gusa yo mu cyiciro cya mbere.

Amakipe yemeye kwitabira igikombe yo mu cyiciro cya mbere kugeza ubu ni SC Kiyovu, AS Kigali, Rayon Sports FC, Sunrise FC, Police FC, APR FC, Mukura VS, Bugesera FC, Marines Fc, Etincelles FC, ESPOIR FC na Gicumbi FC
Naho mu cyiciro cya kabiri hiyandikishije Hope FC, Etoile de l’est FC, Interforce FC, Gasogi Utd, Unity Sports Club, Vision FC, Intare FC, Isonga Football Academy na Rwamagana City FC.
Muri uyu mwaka kandi iki gikombe gishobora no kuzakinwa mu bagore, aho kugeza ubu amakipe yiyandikishije ari ES Mutunda WFC, Inyemera WFC, Rugende WFC, Bugesera WFC, Kamonyi WFC, AS Kabuye, AS Kigali, Gakenke WFC na Scandinavia WFC.
Kugeza ubu amwe mu makipe afashwa n’uturere yagiye agaragaza ibibazo by’amikoro, ntiyigeze yiyandikisha uyu mwaka, aho mawe yatangaje ko nta bushobozi afite bwo kwitabira irushanwa ry’uyu mwaka, mu gihe no kurangiza Shampiyona bigoranye.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Ko mbona amakipe 21 njyewe?
MN NN C URABONA AMAKIPE YO MU CYICIRO CYA MBERE ATARI 12 .NICYENDA yo mucyakabiri