Akarere ka Gasabo kibukiye mu Mudugudu wa Kabeza, mu Kagari ka Kabuga, mu Murenge wa Rusororo, ahamaze kuboneka imibiri irenga ibihumbi 31 kuva mu mwaka wa 2018 kugeza ubu.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, avuga ko urugendo igihugu cy’u Rwanda cyahisemo rwo kubaka ubumwe ruzakomeza kuranga Abanyarwanda bakaruhererekanya.
Mu ijambo rye ritangiza icyumweru cy’icyunamo, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abarokotse Jenoside, avuga ko nyuma ya Jenoside ari bo bonyine bari basigaranye icyo batanga ari cyo mbabazi zabo.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasohoye itangazo rivuga ko ashaka ko mu Bufaransa, tariki ya 07 Mata uzajya uba umunsi wahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kuri iki cyumweru tariki 07 Mata 2019, Charles Michel, Minisitiri w’intebe w’Ububiligi yongeye kugaragaza ko igihugu cye cyicuza uburyo cyarebereye ubwo Abatutsi barenga Miliyoni bicwaga mu 1994.
Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere igihingwa cya kawa mu Karere ka Nyamasheke, abahinzi 20 b’intangarugero batoranyijwe bashyikirijwe ishimwe ry’uko bafashe neza kawa bigatuma iza mu za mbere mu buryohe mu gihugu.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi b’i Nyaruguru basanze guhiga imihigo yabo bwite bakanayihigura batagendeye ku y’inzego z’ubuyobozi, ari byo bizatuma akarere kabo kihuta mu iterambere.
Nk’uko biteganyijwe mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari kumwe na Madame, afatanyije na Perezida wa Komisiyo y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, n’abandi banyacyubahiro bamaze gucana urumuri rw’ikizere ku rwibutso rwa (…)
Mu gihe tariki nk’iyi ari umunsi muzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga akomeje kohereza ubutumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda ndetse ari nako bakora ibikorwa bitandukanye biganisha ku kwibuka.
Mukarusanga Consolée warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ahamya ko nyuma y’ibihe bigoye yaciyemo ataheranwe n’agahinda ahubwo yahagurukiye umurimo agamije kwigira kandi yabigezeho.
Bamwe mu bahoze ari abakuru b’ibihugu barimo Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Benjamin Mkapa wayoboye Tanzania, ni bamwe mu bamaze gushyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Abaveterineri b’imirenge 14 bahawe ibikoresho byifashishwa mu gutera intanga no kuzibika biyemeza kwegera aborozi no kubafasha kuvugurura amatungo.
Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou nawe ageze mu Rwanda mu kwifatanya n’Abanyarwanda ndetse n’isi mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, akurikirwa na Perezida wa Congo Brazaville Denis Sassou Nguesso.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 06 Mata 2019, Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi Charles Michel ageze mu Rwanda mu kwifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma gato y’uko minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed ari kumwe na madame we Zinash Tayachew.
Nyuma y’ukwezi kumwe hatangijwe umushinga ugamije kubakira Rayon Sports stade yayo, abarenga ibihumbi 10 bamaze kwiyandikisha muri uyu mushinga
Komini Rouge ni urwibutso rufite amateka yihariye kuko ruherereye ahantu hari irimbi rya Ruliba, maze bakwica abo bitaga ibyitso by’Inkotanyi bakaza kubahamba hagati mu irimbi mu byobo byacukurwaga hagati y’imva. Muri Jenoside nyir’izina, uru rwibutso rwongeye kwicirwamo abandi batutsi bagera ku 4,613, ari nabwo rwahise (…)
Amwe mu madini n’amatorero ya gikirisitu akorera mu Rwanda yafashe icyemezo cyo guhindura gahunda asanganywe y’amateraniro aba buri ku cyumweru, bitewe n’uko kuri iyi nshuro, ku cyumweru tariki 07 Mata 2019 ari umunsi wahuriranye no gutangira icyunamo n’ibikorwa byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Nyuma y’umwaka n’amezi abiri Uwimana Jeannine avuwe n’ingabo z’u Rwanda ikibyimba cyari cyaramupfutse isura kikanatuma umuryango we umuha akato, aravuga ko Ingabo z’u Rwanda zamutabaye ubugira kabiri ku buryo atabasha kuzitura.
Kanseri y’igitsina cy’abagabo ni indwara itandura yahozeho kuva kera ariko Abanyarwanda ntibayimenya. Iyo urebye ibimenyetso byayo usanga yaba ariyo bitaga Uburagaza. Iyi ndwara ngo ikunze kwibasira abagabo bo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere kuko imibare iri hejuru cyane ugereranyije n’uko buhagaze mu bihugu byateye (…)
Umushinjacyaha ukomoka mu Bufaransa yateje umwiryane mu bitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yaberaga I Kigali, nyuma yo kuvuga ko n’igihugu cye (Ubufaransa) nta bushobozi buhagije gifite bwo kuburanishiriza abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku butaka bwacyo.
Bamwe mu banyeshuri biga muri kaminuza no mu mashuri yisumbuye, bavuga ko ubu basobanukiwe n’akamaro k’imisoro, ndetse n’akamaro ko gukorana n’ibigo by’imari n’amabanki, kuko bibafasha kwizigamira no kubona inyungu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abakora mu nzego z’ubuvuzi bo ku mipaka u Rwanda ruhana na Repuburika ya Demokarasi ya Congo (RDC) bagiye gukingirwa bwa mbere Ebola.
Nyuma yo gusoza irushanwa ry’imikino ya gicuti ryaberaga mu Rwanda, ikipe y’igihugu ya Cameroun y’abatarengeje imyaka 17 yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali.
Minisitiri wa Rhenanie Palatinat aravuga ko yaje mu Rwanda kunoza imishinga irimo uwo gushakira ibicuruzwa by’u Rwanda isoko ku mugabane w’u Burayi.
Kuri uyu wa gatanu tariki 05 Mata 2019, Guverineri Generali wa Canada Julie Payette yageze mu Rwanda aho aje kwifatanya n’Abanyarwanda ndetse n’isi mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ku butumire bwa Perezida Paul Kagame.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere Major general Charles Karamba yavuze ko ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army) zahagaritse jenoside yakorewe Abatutsi zikanatsinda urugamba kuko zari zifite umugambi wo kubohora u Rwanda.
Abahanga mu buvanganzo barimo Umunyarwanda Jean Marie Vianney Rurangwa, Umufaransakazi Dr Virginie Brinker n’Umunya-Tchad, Dr Koulsy Lamko basanga usoma amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yizera cyane ayanditse n’Umunyarwanda cyangwa se undi ufitanye isano narwo kurusha undi wese.
Ibyiza by’ibitunguru ku buzima bw’abantu ni byinshi kandi icyiza cy’ibitunguru, ntibyongerera ubiriye ibiro, ikindi kandi biraryoha bikanahumura neza.
Abunganira abana mu mategeko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana usanga bafungirwa hamwe n’abantu bakuru muri za kasho, maze bikabangamira iburanisha kuko bigishirizwamo kutavugisha ukuri.
Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Kiyovu Sports na Cameroun y’abatarengeje imyaka 17 kuri uyu wa Gatanu wamaze gusubikwa.
Umuyobozi w’Ingabo mu Burasirazuba n’i Kigali asaba Abanyarwanda kudaha agaciro urubuga rwa YouTube n’izindi ziriho amakuru y’abavuga ko barimo kurwana n’Ingabo z’u Rwanda.
Abafite ubumuga butandukanye cyane cyane ab’igitsina gore bavuga ko bahohoterwa bikabagora kubona ubufasha kuko akenshi batumvikana ku rurimi bakoresha bikabagiraho ingaruka.
Atangiza inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri, Olusegun Obasanjo wahoze ari perezida wa Nigeria, yashimye uburyo u Rwanda rwabashije kwikura mu bibazo rwasigiwe na Jenoside kugeza ubwo kuri ubu ari intangarugero mu ruhando mpuzamahanga mu bijyanye n’amahoro n’iterambere.
Umutoni Adeline,Umukobwa w’imyaka 22 uvuka mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, ni we wambitswe ikamba rya Miss Bright INES.
Abategura Salax Awards baravuga ko bateganya kongera amafaranga ahabwa abahanzi kugira ngo abayitabira babashe kwishimira iri rushanwa.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 yasoje ku mwanya wa nyuma mu irushanwa ry’imikino ya gicuti yaberaga mu Rwnda nyuma yo kunganya na Tanzania ibitego 3-3.
Nyuma yo kumurikirwa ishuri mbonezamikurire ry’abana bato, ababyeyi bo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi baravuga ko rikemuye ikibazo cyo kuba batagiraga aho basiga abana babo mu gihe babaga bagiye mu mirimo y’icyayi ya buri munsi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwageneye abaturarwanda ubutumwa bujyanye n’igihe cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubwo butumwa ni ubu bukurikira:
Mu myaka 71 ishize, umuryango w’abahinzi borozi wo mu cyahoze ari komine Rutonde, ubu ni akarere ka Rwamagana wibarutse umwana w’umuhungu aza abahoza amarira kuko mukuru we yari yaritabye Imana.
Inama y’Abepiskopi mu Rwanda yandikiye Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) isaba ko abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri Gatolika bicumbikira abana bakwigirizwayo itariki yo kugera ku bigo byabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko miliyoni hafi 400frw ari zo zakoreshejwe mu kubaka ibyumba bishya by’amashuri, gusana no gusimbuza ibishaje.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, u Rwanda rwafashe gahunda yo gutera imigano hirya no hino aho ishobora gukura, cyane cyane ku nkengero z’imigezi.
Banki ya Kigali (BK) yongereye amafaranga y’inguzanyo yajyaga itanga ku bakiriya bayo hadasabwe ingwate, akaba yavuye ku mafaranga y’u Rwanda miliyoni 10 agera kuri miliyoni 30.
Abafite aho bahuriye na Pariki y’Igihugu ya Nyungwe basabwe kutarangara, ahubwo bibutswa ko na bo bafite uruhare mu kwicungira umutekano.
Bamwe mu basenateri basanga abayobozi b’inzego z’ibanze bagomba kujya bitekerereza icyo bakwiye gukorera abaturage, ntibahore mu byo guverinoma ibabwira.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club ikomeje kugorwa n’imikino nyafurika iri kwitabira ku nshuro ya mbere aho yaraye itsinzwe na Smouha yo mu Misiri amaseti 3-1 ukaba wari umukino wa gatatu wikurikiranya Gisagara itsinzwe.
Nyuma yo gusoza imikino y’ibirarane ndetse n’isubikwa rya Shampiyona, Kiyovu Sports igiye gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’igihugu ya Cameroun y’abatarengeje imyaka 17.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano aravuga ko Kayumba Nyamwasa, FDLR cyangwa Sankara nta kibazo na kimwe bateje u Rwanda.