
Nk’uko bisobanurwa na Assoumpta Byukusenge, umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Nyagisozi, iri shuri ryubatswe biturutse ku bitekerezo by’abatuye muri uyu murenge ubwo babazwaga ibyo bifuza bakorerwa byashyirwa mu mihigo.
Ryatangiye kubakwa mu ngengo y’imari 2016-2017, hanyuma mu kwezi kwa Werurwe 2018 ryakirwa mu buryo bw’agateganyo. Ryatwaye miliyoni 309, yavuye mu ngengo y’imari y’Akarere ka Nyaruguru.
Ati “Hari hateganyijwe ko rizigirwamo ibijyanye n’ububaji, ubwubatsi no gukora amazi (plomberie), ariko ibikoresho ntibyabonetse ngo ritangira muri Mutarama 2019.”
Ubwo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Prof. Anastase Shyaka, yagendereraga Akarere ka Nyaruguru tariki 30 Mata, umuyobozi w’aka Karere yamugaragarije ko kuba iri shuri ritaratangira gukora byatewe n’uko WDA itubahirije amasezerano.
Yagize ati “amasezerano twari twaragiranye na WDA yo kuzaduha ibikoresho tugatangira kwigisha abana ntiyashyizwe mu bikorwa.”
Minisitiri Shyaka yemereye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru ko bafatanyije n’ubuyobozi bw’Intara y’amajyepfo, bazakora ku buryo umwaka utaha wa 2020 amashuri azafungura aha i Nyagisozi na ho higirwa.
Ohereza igitekerezo
|
Narintangawe ahandi hatari nyaruguru!! Ubwo meya yarabiriye, inyubako zose zaho kobazubaka bagirango birire baba bagamije irindi terambere rihe!!! Nimuhere kunyubako yakarere iri gusanwa imaze umwaka, gare ya kibeho itangiwe isoko gatatu, mujye kuri cya kizu bubatse ku mupaka, mujye kuri rwa ruganda akarere gasigaye gakoreramo rwubatswe na koica,.... Ahari ubutegetsi bubi nta terambere hateze erega nizo nyubako zizahirima vuba
Narintangawe ahandi hatari nyaruguru!! Ubwo meya yarabiriye, inyubako zose zaho kobazubaka bagirango birire baba bagamije irindi terambere rihe!!! Nimuhere kunyubako yakarere iri gusanwa imaze umwaka, gare ya kibeho itangiwe isoko gatatu, mujye kuri cya kizu bubatse ku mupaka, mujye kuri rwa ruganda akarere gasigaye gakoreramo rwubatswe na koica,.... Ahari ubutegetsi bubi nta terambere hateze erega nizo nyubako zizahirima vuba