Abanyeshuri biga uburezi muri TTC Rubengera mu Karere ka Karongi, baravuga ko bagiye kurushaho gushyira imbaraga mu kwiga uburezi nyuma y’aho Leya y’u Rwanda, ibemereye kuzajya biga kaminuza ku buntu ndetse ikongerera n’abarimu umushahara.
Mu gihe Leta y’u Rwanda irimo guhiga bukware abantu babarirwa muri 700 bayambuye amafaranga agera muri miliyari zirindwi (7,000,000,000FRW), icukumbura ryakozwe na Kigali Today ryasanze abenshi muri abo ari abakoze ibyaha bifite aho bihuriye na ruswa no kunyereza umutungo wa Leta.
Tariki 14 Gashyantare ni umunsi hirya no hino ku isi abantu batandukanye bizihiza umunsi w’abakundana uzwi nka Saint Valentin cyangwa se Valentine’s Day.
Mu imurikabikorwa mu mafoto, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ritsura Amajyambere (UNDP) ririshimira ibikorwa byagezweho mu myaka itanu ishize (2013 - 2018) k’ubufatanye na Leta y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko kimwe mu byatumye ubwiyunge bushoboka mu Banyarwanda, ari ukuba abantu baranyuze mu biruhije harimo no kuba mu nkambi z’impunzi.
Nubwo umuntu ari cyo kiremwa kirusha ubwenge ibindi, kikaba kibiyobora kikabiha n’umurongo, zimwe mu nyamaswa nazo zigira ibyo zirusha umuntu nko kuba nta nyamaswa yagambirira kwica ngenzi zayo ngo izimare nk’uko mu Rwanda byagenze mu 1994, kuba nta nyamaswa yarutisha indi bidahuje imimerere ngenzi yayo, n’ibindi.
Ku munsi wa kabiri w’uruzindiko rwe mu Ntara y’Iburengerazuba, Minisitiri w’intebe Dr Ngirente Edouard, yageze mu Karere ka Nyamasheke. Bamwe mu bo yasuye muri ako karere ni abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative Dufatanye Kagano ibyaza umusaruro igishanga cya Kamiranzovu.
Ambasaderi Claver Gatete minisitiri w’ibikorwa remezo avuga ko imijyi yunganira Kigali itazaturwa n’abakire gusa kuko harimo gushakwa amacumbi y’abafite ubushobozi bucye.
Mu gihe bamwe mu bagenerwabikorwa ba VUP bakunze kumvikana binubira gutinda kw’amafaranga baba bagomba guhabwa nk’ingoboka cyangwa ayo baba bakoreye binyuze mu mirimo rusange, Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (Minaloc) iratangaza ko icyo kibazo cyavugutiwe umuti.
Bamwe mu bayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage basanga hari abaturage bahawe inkunga zo kubakura mu bukene ariko ntibabuvemo kuko batahawe umwanya mu gutegura izo gahunda.
Itegeko rishya rigenga umutungo utimukanwa rivuga ko ubutaka cyane cyane ibibanza bifite ibyangombwa byo kubaka ntibyubakwe bizajya bisoreshwa inshuro ebyiri.
Musenyeri Eulade Rudahunga wari Umupadiri ukuze kurusha abandi mu Rwanda yitabye Imana mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB kiravuga ko imirimo yo gutangira ibikorwa by’ikigo kizitirirwa Ellen DeGeneres, ikigo kizakorera mu mushinga Dian Fossey Gorilla Fund yatangiye mu Kinigi mu karere ka Musanze.
Ikipe ya APR FC ifite umutoza mushya, yatsinze Gasogi United ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti wabereye Kicukiro.
Senderi International Hit umaze imyaka ine afite igikombe cya Salax nk’umuhanzi uririmba Afrobeat, ku mugoroba wo ku wa 11 Gashyantare 2019 ntiyagaragaye ku rutonde rwatangajwe rw’abahanzi bazahatanira ibihembo by’uyu mwaka, bituma asohoka anyonyomba abantu ntibamenya aho yarengeye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije REMA kiratangaza ko u Rwanda rugiye gutunganya imijyi ishobora guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Ku mugoroba wo ku itariki 11 Gashyantare 2019, nibwo ikigo AHUPA gisigaye gitegura ibihembo bya Salax cyatangaje abahanzi batanu muri buri cyiciro, bazatoranywamo umuhanzi uzahabwa igihembo.
Ikigo gishinzwe gucuruza, kwamamaza no kumenyekanisha igihugu (Rwanda Convention Bureau) kiratangaza ko kuva mu kwezi kwa karindwi mu mwaka ushize wa 2018, inama mpuzamahanga zabereye mu Rwanda zinjije miliyoni 52 z’Amadolari ya Amerika.
Umusore wo mu kigero cy’imyaka 30 utazwi umwirondoro, amaze umwaka n’amezi umunani ari indembe mu bitaro bya Ruhengeri, aho abaho atagira umurwaza akaba yitabwaho n’abaganga.
Umukobwa w’imyaka 17, wo mu karere ka Gisagara, arashinja umwe mu bakozi b’akagari ka Birira mu murenge wa Kimonyi akarere ka Musanze kumutera inda akamwihakana.
Abatuye i Rwamagana n’abahategera imodoka baremeza ko baruhutse izuba n’imvura yabanyagiraga bateze imodoka kubera kutagira gare ijyanye n’igihe.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro(RRA) cyatangaje ko cyakusanyije imisoro n’amahoro ingana n’amafaranga miliyari 666 mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2018/2019.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu buvuga ko hari ibinyabiziga byinshi bimaze igihe byarafatiwe mu makosa ba nyirabyo ntibabigombore, ngo bukaba bugiye kureba uko bitezwa cyamunara buri kwezi.
Koza amenyo nibura inshuro ebyiri ku munsi, bikwiye kuba muri gahunda y’umunsi kuri buri wese, nk’uko abantu bagomba kurya kugira ngo babeho.
Abantu benshi bakunze kubira ibyuya mu birenge cyane cyane igihe bambaye inkweto zifunze, bamwe bikabaviramo kunuka mu birenge.
Perezida Kagame ari muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu mu mujyi wa Dubai, aho ari buvuge ijambo mu nama ya karindwi ihuza guverinoma zo ku isi yose, inama igamije gushyiraho umurongo w’ahazaza ha za guverinoma mu isi, bibanda cyane ku buryo ikoranabuhanga no guhanga udushya byagira uruhare mu kubonera ibisubizo bimwe mu bibazo (…)
Uruzinduko Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yagiriye mu Karere ka Karongi, rwibanze ku gusura ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu rwego rwo kureba uko ireme ry’uburezi rihagaze.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwatangaje ko buhora iteka bushakisha uburyo bwafata abantu bakomeye barya ruswa (abakunze kwitwa ‘ibifi binini’) kugira ngo bahanwe n’amategeko.
Bamwe mu bakoresha umurongo w’itumanaho wa MTN barinubira ko imirongo yabo yahagaritswe batabanje guhabwa integuza yihariye, bakongeraho ko bagerageje kwikuraho nimero zirenze izemerewe ku muntu umwe ariko sisiteme ikabyanga.
Izabiriza Mutoni ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga yabonye ishuri nyuma y’ubuvugizi bwa Kigalitoday.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko inzego zose z’igihugu zifite ubushobozi bwo gutabara abashobora gukomeretswa n’impanuka z’indege zigenda mu Rwanda.
Abatwara abantu n’ibintu ku magare mu karere ka Musanze, banze izina basanganwe ry “abanyonzi” biyita abashoferi b’amagare.
Abagore b’i Kibirizi mu Karere ka Gisagara bibumbiye mu mpuzamatsinda Koabikigi (Koperative Abishyize hamwe Kibirizi Gisagara) barishimira iterambere bagenda bagezwaho no kwishyira hamwe.
Ikipe ya Mukura yamaze gusinyisha abakinnyi babiri bakinaga hanze y’u Rwanda ari bo Sibomana Patrick na Biramahire Abeddy
Perezida Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika ucyuye igihe, yashimiye abanyafurika ndetse n’abayobozi ba Afurika amaze umwaka ayoboye nk’ umuyobozi w’ Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa mbere tariki 11 Gashyantare 2019 rwasomye umwanzuro warwo ku isuzuma rwakoze niba ikirego cya Bannyahe gikomeza kuburanishwa mu mizi cyangwa kigateshwa agaciro.
Israel Mbonyi, umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana asanga ukwicisha bugufi yabonanye Donald James(Don Moen) gukwiriye kugaragara no mu bandi bakozi b’Imana ndetse n’abaririmbyi b’indirimbo zihimbaza Imana (Gospel).
Indirimbo Marita y’Impala ni imwe mu ndirimbo z’iyi orchestre zakunzwe cyane. Kimwe mu byatumye ikundwa ni uburyo igaruka ku nkuru mpamo yabayeho ku itariki 11 z’ukwa kabiri, ubwo umusore witwa Kaberuka yapapuraga inshuti ye umukobwa w’inshuti ye witwa Marita ikanamurongora. Umunyamakuru Cyprien Mupenzi Ngendahimana (…)
Abakorera imyuga itandukanye mu gakiriro ka Nyamasheke yiganjemo ububaji n’ubukorikori, baravuga ko babangamiwe no gukorera ahataba imirindankuba kuko isaha iyariyo yose bashobora guhura n’impanuka yo gukubitwa n’inkuba cyangwa kwangirizwa, ibyabo bikaba byashya cyane ko ibikoresho bifashisha mu kazi birimo amashanyarazi (…)
Amakipe ya UTB mu bagore n’abagabo ni yo yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba ryakinwaga ku nshuro ya cumi.
Kuri uyu wa mbere tariki 11 Gashyantare 2019, umwitozo wo gutanga ubutabazi bw’uburyo butandukanye, bakora nk’aho ikibazo cyavutse uratangira ku kibuga cy’indege cya Kigali.
Abantu babiri bo mu Karere ka Nyamagabe mu Murenge wa Kitabi mu Kagari ka Mukungu mu Mudugudu wa Uwurunazi bitabye Imana bivugwa ko bishwe n’inkuba.
Perezida Kagame yashyikirije inkoni y’Ubuyobozi umuyobozi mushya w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ari we Abdel Fattah el-Sisi, usanzwe ari perezida wa Misiri. Yamwizeje ubufatanye, yongeraho ko yizeye ko umuyobozi mushya azakomeza kuyobora Afurika mu nzira igana aheza.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) kuri iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019 wamuritse ishusho y’umwami w’abami (Emperor), Haile Selassie I, yubatswe ku cyicaro cy’uwo muryango i Addis Ababa muri Etiyopiya.
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2019, i Addis Ababa muri Etiyopiya, perezida Kagame yayoboye inama yabereye mu muhezo, muri gahunda y’inama y’inteko rusange ya 32 y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Igikorwa cyo gutera umuti wica imibu mu ngo zo mu Karere ka Huye cyatangiye tariki ya 15 Mutarama, kigasozwa ku ya 4 Gashyantare, cyasize hari ingo 1207, zitawuterewe.
Bamwe mu barimu mu murenge wa Rwempasha bavuga ko ubuke bw’ibyumba by’amashuri butuma abana batigishwa mudasobwa.
Clarisse Karasira, umunyarwandakazi uririmba indirimbo zirimo ikinyarwanda cyimbitse, ku buryo hari abatangazwa no kumva ko akiri umukobwa w’imyaka 21, avuga ko we icyo adakora ari ukuvanga indimi mu ndirimbo ariko ko yumva aririmba ikinyarwanda gisanzwe.
Mugisha Moise yandikiye amateka i Yaoundé muri Cameroun yegukana intsinzi ye mbere mu irushanwa mpuzamahanga aho yatsinze agace ka nyuma ka Tour de l’Espoir mu gihe isiganwa muri rusange ryatwawe n’umunya-Eritrea Yakob Debesay.
Perezida Paul Kagame, uri i Addis Ababa muri Etiyopiya yavuze ibi kuri uyu wa gatandatu tariki 09 Gashyantare 2019, ayoboye inama ku itembere ry’urwego rw’ubuzima muri Afurika, aho yasabye abayoboye za guverinoma kongera ubushake mu bijyanye no gushakira amafaranga ahagije urwego rw’ubuzima mu bihugu byabo.