Ngoma: Icumi bakurikiranyweho ubujura bw’ ibikoresho bikora umuhanda

Nyuma y’uko sosiyete zikora umuhanda Kayonza – Rusumo zakomeje kwibwa ariko ntihamenyekane ababiba ndetse n’ibyibwa aho bijya, urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza none hamaze gufatwa abagera ku icumi.

Aba bajura ntibatinya no kurandura ibyapa biyobora imodoka ku mihanda
Aba bajura ntibatinya no kurandura ibyapa biyobora imodoka ku mihanda

Nyuma y’uko sosiyete zikora umuhanda Kayonza – Rusumo zakomeje kwibwa ariko ntihamenyekane ababiba ndetse n’ibyibwa aho bijya, urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza none hamaze gufatwa abagera ku 10.

Sosiyete China Road na Bridge Cooperation zikora uyu muhanda zakunze kugaragaza ikibazo zifite, bituma inzego z’umutekano zita muri yombi bimwe mu byibwe ndetse n’abagize uruhare muri ubwo bujura.

Mbabazi Modeste, umuvugizi wa RIB, avuga ko abantu bakwiye kumenya ububi bw’ibyaha nk’ibi binangiza ibikorwa bifitiye benshi akamaro.

Iyi modoka yafashwe ipakiye ibikoresho byibwe byamaze no kugurwa
Iyi modoka yafashwe ipakiye ibikoresho byibwe byamaze no kugurwa

Agira ati “Ikintu gikomeye, aba bantu banakora, banasenya ibikorwaremezo Leta iba yarashyizeho ngo bigirire akamaro Abanyarwanda. Nk’iriya modoka ipakiye ibikoresho byari byamaze kugurwa. Bimwe byasubijwe ba nyira byo, ibindi biracyari aho.”

Avuga kandi ko mu bantu icumi bamaze gufatwa harimo abakozi ba sosiyete zikora umuhanda, abacuruzi hamwe n’abashoferi bose bagize uruhare muri ubwo bujura, kuri ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma.

Uyu muvugizi, avuga ko igikorwa cyo gushakisha no guta muri yombi abakora ubu bujura gikomeza, akaboneraho gusaba abaturage kutifatanya n’aba bajura biba abakora ibikorwa by’iterambere ry’igihugu.

Iyi ngunguru yibiwemo godora ikora umuhanda wa kaburimbo
Iyi ngunguru yibiwemo godora ikora umuhanda wa kaburimbo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka