Uturere tw’Intara y’Amajyaruguru n’Intara y’Iburengerazuba dukize ku bikomoka ku buhinzi n’ubworozi tuza ku isonga mu kugira abana bagwingiye mu Rwanda.
Amafaranga y’u Rwanda angana na miliyari ebyiri na miliyoni 700 agiye gushyirwa mu bigo cyangwa inganda zikora ibintu bitandukanye kugira ngo byakire urubyiruko na rwo rwige imyuga ijyanye n’ibihakorerwa kugira ngo ruzabashe kwikorera cyangwa rubone akazi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yifurije intsinzi nziza perezida wa Senegal Macky Sall wongere gutorerwa kuyobora iki gihugu ndetse na Perezida Muhammadu Buhari Perezida wa Nigeria nawe wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 01 Werurwe 2019, Perezida Paul Kagame yambitswe umudari uhabwa umuyobozi w’ikirenga ’Grand Croix de l’Etalon’, mu ruzinduko arimo ku butumire bwa mugenzi we perezida wa Burkina Faso.
Abayobozi b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu murenge wa Kabaya w’akarere ka Ngororero, bavuga ko bagiye guca imitekerereze nk’iya Dr Leon Mugesera mu baturage.
Abahagarariye urugaga rw’abikorera ku giti cyabo (PSF), bavuga ko imbogamizi zidashingiye ku misoro bahura na zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, zibangamira iterambere ry’ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Urubyiruko rwo mu karere ka Gisagara rumaze amezi atanu rwigishwa imyuga n’ikigo cy’urubyiruko, rwatangiye gukorera amafaranga rukiri ku ntebe y’ishuri, none rwizeye imbere heza.
Mugisha Moïse, umukinnyi wa Team Rwanda, avuga ko n’ubwo umwenda w’umuhondo bamaze kuwukuraho icyizere, ngo barakomeza bahangane mu duce dusigaye kugeza ku munota wa nyuma.
Eng. Jean de Dieu Uwihanganye, umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo, aravuga ko mu gihe cya vuba u Rwanda rutangira kwakira imurikabikorwa ry’indege ziguruka mu kirere, nk’uburyo bwo guteza imbere uru rwego, mu gihe kuri ubu bazerekana ariko zihagaze ahantu hamwe.
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ukinana na Areruya Joseph muri Delko Marseille yo mu Bufaransa, ni we wegukanye agace ka gatandatu ka Tour du Rwanda 2019 ka Musanze-Nyamata
CG Gasana Emmanuel Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, avuga ko agiye gukoresha imbaraga zose zishoboka akagarura ikipe ya Rayon Sports mu ntara ayoboye, nyuma yo kubona ko ari ikipe ikunzwe na benshi.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko mu myaka ibiri ishize abarwaraga malariya y’igikatu bagabanutseho 50% kubera ingamba zafashwe zo kuyirwanya ndetse n’uruhare rukomeye rw’abajyanama b’ubuzima.
Mu iserukiramuco nyafurika riri kubera Ouagadougou muri Burikina Faso, ku nshuro yaryo rya 26, iserukiramuco ryahuriranye no kwizihiza imyaka 50 iri serukiramuco rimaze ribayeho, rifite insanganyamatsiko igira iti “ Dushingire sinema nyafurika ku mateka yacu, mu mwihariko w’ubukungu n’uruhurirane rw’abayituye”
Louise Mushikiwabo, umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) kuri uyu wa kane tariki 28 Gashyantare 2019, yasuye Abanyarwanda bitabiriye iserukiramuco rya Sinema muri Burkina Faso.
Abanyarwenya bibumbiye mu itsinda ‘Daymakers’ bavuga ko ibyo gukora umwuga wo gusetsa bisaba kubyihugura no kwimenyereza kubikora nk’akazi, kabone n’ubwo hari abantu usanga bazi gutera igiparu abantu bagaseka cyane ariko bakaba badashobora kubikora nk’umwuka kuko batihuguye.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) irasaba abaturarwanda mu bice bitandukanye by’igihugu bikunze kwibasirwa n’ibiza kuba maso kandi bakagira imyitwarire ibafasha kwitegura no gukumira ibiza mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo muri iki gihe cy’imvura y’itumba, byitezwe ko izaba nyinshi mu duce twinshi tw’igihugu.
Mu gihe mu Rwanda usanga bamwe bafata ko umusore yagombye gushakana n’umukobwa aruta cg bari mu kigero kimwe, muri 2014, mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba, umusore w’imyaka 23 witwa Mohamed Habimana yabengutse uwitwa Jeannette Kamagaju w’imyaka 60 y’amavuko abantu bamwe baravuga ngo ‘ishyano ryaguye’.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Gashyantare 2019 abanyarwanda batandatu bakoraga akazi gatandukanye muri Uganda mu karere ka Ntungamo gahana imbibi n’akarere ka Nyagatare, bagejejwe ku mupaka wa Buziba nyuma yo kwirukanwa.
Pruducer Ishimwe Clement wo muri KINA Music avuga ko kuba umuhanzikazi Butera Knowless akundwa n’abantu benshi, ngo nta mpungenge bimutera, kuko icyizere ari cyo cy’ingenzi ku bantu bakundana.
U Rwanda rurimo kunoza amategeko yo guhererekanya amakuru ajyanye n’imisoro mu ihuriro mpuzamahanga rigizwe n’ibihugu 154, kugira ngo rirufashe kugaruza imisoro.
Kigali Today yaganiriye n’umuganga witwa Rutangarwamaboko, igamije kubagezaho bimwe mu bimera bivura indwara zitandukanye cyangwa se byari bifite akandi kamaro mu mateka y’Abanyarwanda.
Umutoza Sogonya Hamisi Kishi wemejwe nk’umutoza w’ikipe ya Kirehe, aremeza ko aje gukura ikipe mu murongo utukura akayigumisha mu cyiciro cya mbere.
Babanje gukora akandi kazi kabinjirizaga kakanabatunga mbere y’uko tubamenya, kandi bamwe ntibakaretse babifatanya n’umuziki n’urwenya.
Mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019 saa tanu n’iminota 37, icyogajuru cy’u Rwanda cyahawe izina ‘Icyerekezo’ cyoherejwe mu kirere. Ni icyogajuru cyoherejwe mu kirere ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cy’itumanaho cyitwa ‘One Web’.
Umunya-Eritrea Biniam Girmay niwe wegukanye agace ka Kilometero 138,7 kavaga Karongi gasorezwa mu mujyi wa Musanze
Hari abaturage bakunze kumvikana bakoresha imvugo igira iti ‘Duheruka tubatora’ bashaka kumvikanisha ko hari abo batora mu nzego zitandukanye ngo bababere intumwa nyamara ntibongere kubabona uko babakeneye ngo babatume, cyangwa se bagerayo ntibibuke gukora uko bikwiye inshingano zabajyanyeyo cyane cyane z’ubuvugizi.
Muri gahunda y’ibikorwa byo kwibuka yashyizwe ahagaragara, biteganyijwe ko kimwe mu bikorwa bidasanzwe biteganyijwe ari ugutangiza ubusitani bwo kwibuka, i Nyanza ya Kicukiro bikazaba tariki 08 Mata 2019.
Icyogajuru cy’u Rwanda cyahawe izina “Icyerekezo” cyoherejwe mu kirere mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019.
Mu gace ka kane ka Tour du Rwanda 2019, kaje gusozwa Umunya-Colombia Edwin Avila ari we wegukanye agace kavaga Rubavu kerekeza Karongi
Gusuguhuzanya ni kimwe mu biranga umuco nyarwanda, aho bigaragaza urukundo ndetse n’umubano mwiza waranze kandi ukiranga abantu.
Umwe mu basore bane bagejejwe ku mupaka wa Cyanika ku mugoroba wo ku itariki 26 Gashyantare 2019, avuga ko yamaze kuzinukwa icyo gihugu ngo ku buryo n’iyo inzira ijya mu ijuru yaba ariho inyura atayinyuramo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edward Ngirente yarahije abacamanza ba gisirikare bari basanzwe mu mirimo, abibutsa kudatatira serivisi nziza zisanzwe zizwi ku ngabo z’u Rwanda.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Emmanuel Gasana yatangaje ko agiye gukorera mu Karere ka Nyamagabe mu rwego rwo gukemura ibibazo biri muri ako karere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aravuga ko muri Afurika hari ibihugu bigera kuri 16 bidakora ku nyanja, ariko byose bikagira amahirwe angana yo kugira ikirere kimwe, bityo kudakora ku nyanja bikaba bidakwiye kuba urwitwazo rwo gusigara inyuma.
Ubuyobozi bw’ibitaro byitiriwe umwami Faisal, buravuga ko bufite ikibazo cy’igihombo baterwa n’abanyamahanga baza kwivuriza ntibishyure ku buryo muri iyi myaka ibiri habarwa miliyoni 400 zitishyuwe.
Turikumwenayo Jean De Dieu w’imyaka 14, umwana wo mu kagari ka Kabeza umurenge wa Cyuve i Musanze wavutse atagira umwanya wo kwitumiramo, arifuza kuziga akaba umuganga.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, avuga ko nta wagombye kurengaya umwarimu washibije umunyeshuri, kuko umunyeshuri watsinzwe adakwiye kwimurwa.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu Rwanda itangaza ko barimo gutegura inkoranyamagambo y’abakoresha amarenga mu gukemura ikibazo cya serivisi mbi bahabwa, bikomoka ahanini ku bumenyi buke buboneka mu bagomba kubaha serivisi.
Umunya Colombia Edwin Avila ukinira ikipe ya Israel Cycling Club yegukanye agace Rubavu- Karongi.
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) uzakomeza gufatanya n’u Rwanda mu bintu bitandukanye birimo cyane cyane ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda hongerwa ishoramari.
Raporo y’Umuryango Transparency International (Rwanda) y’umwaka wa 2018 ishyira abarimu bigisha muri za Kaminuza ku mwanya wa mbere mu kwakira ruswa itubutse.
Kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, Perezida Kagame yasuye akarere ka Nyamagabe, aganira n’abagatuye ku birebana n’uko aka karere karushaho kwihuta mu iterambere.
Perezida Paul Kagame avuga ko imyaka itatu ishize kuzuza isoko rya Nyamagabe byarananiranye ari myinshi, bityo agasaba ko ryuzuzwa cyangwa rikavaho. Yabigarutseho ubwo yagendereraga abatuye muri aka karere tariki ya 26 Gashyantare 2019.
Umushoferi w’imyaka 39 y’amavuko wari utwaye imodoka Daihatsu RAD 264G yafashwe akekwaho gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi icumi (10 000frw) ayaha umupolisi wari umufashe atubahirije amwe mu mategeko agenga imikoreshereze y’umuhanda.
Ku gicamunsi cyo ku wa kabiri tariki 26 Gashyantare2019, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru umugabo n’umugore bakekwaho gucuruza urumogi bakanarukwirakwiza mu bantu batandukanye.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye ari muri Angola, ku butumire bwa mugenzi we w’umutekano imbere mu gihugu cya Angola Angelo de Barros Veiga Tavares, banasinyana amasezerano y’imikoranire.
Tariki ya 26 Gashyantare 2016, nibwo habaye amatora ya komite nyobozi z’uturere twose two mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yagabiye umukecuru Rachel Nyiramandwa inka nyuma y’uko imwe muri ebyiri yari yarahawe muri Girinka ipfuye, n’isigaye ikaba itabasha kumuha amata uko abyifuza.