Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko butazihanganira abarimu banywa inzoga mu masaha y’akazi n’abambara nabi kuko batanga ingero mbi.
Ikipe ya REG Basketball Club yamaze kugera mu Misiri aho igiye gukina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere mu turere aherereyemo rizwi nka FIBA Africa Basketball League (AfroLeague)
Straton Nsanzabaganwa, inararibonye mu muco nyarwanda, akaba n’umujyanama mu Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, yabwiye Kigali Today ko kuba isugi bitavuze gusa kuba umukobwa atarakora imibonano mpuzabitsina, ahubwo bivuze kuba agifite ababyeyi bombi.
Kalisa Francois wari umutoza m,ukuru wa Kirehe Fc, yamaze gusezererwa aho ashinjwa n’ubuyobozi bwe umusaruro muke
Myugariro Rwatubyaye Abdul wakiniraga Rayon Sports yamaze gusinya umwaka umwe muri Sporting Kansas City ikina shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare bato 16 babarizwa mu mutwe w’ingabo zirwanira mu kirere, bahita baba aba ofisiye bato (Junior officers).
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yatangaje ko ibyaha bikorerwa ku mugabane wa Afurika bigira ingaruka ku bukungu bwayo no ku baturage b’inzirakarengane.
Ishyaka riharanira Demokarasi muri Uganda ‘Democratic Party’, rirasaba leta guhagarika itotezwa rikomeje gukorerwa abanyarwanda bagenda muri Uganda ndetse no kurekura abari muri gereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Nyampinga wakunzwe kurusha abandi (Miss Popularity) mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019 aratangaza ko ubu nta gisibya uku kwezi kwa kabiri gusiga yinjiye mu mubare w’abatunze imodoka mu Rwanda.
Mu myaka y’1998 n’2000 bamwe mu bari mu Rwanda bavuganye na Kigali Today bemeza ko ari bwo iterambere ry’ikoranabuhanga mu itumanaho ryatangiye gusakara mu banyarwanda. Ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefoni ngendanwa, mudasobwa na interineti byatangiye kuba nkenerwa mu mibereho ya buri munsi, dore ko byishimiwe na benshi (…)
Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abakozi bazo bambuye imirenge SACCO mu karere ka Rusizi batangiye gufatirwa ibihano bishobora kwiyongera mu gihe barenza tariki ntarengwa yo kwishyura amafaranga bayibereyemo.
Mu rwego rwo kugabanya amafaranga igihugu gitanga mu kugura gaze, Goverinoma y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peterori na gaze n’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), yasinyanye amasezerano na sosiyete yitwa “Gasmeth Energy Limited”, ikazacukura gaz methane mu Kiyaga cya (…)
Kuri uyu wa 5 Gashyantare 2019, i Kigali hatangiye inama y’iminsi ibiri y’inzego nkuru z’ubutasi bwa gisirikare mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), irebera hamwe uko umutekano wifashe mu karere ikazibanda ahanini ku birebana no guhangana n’iterabwoba.
Madame Jeannette Kagame ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), aho yitabiriye amasengesho ngarukamwaka yo gushimira Imana abaye ku nshuro ya 67 azwi nka National Prayer Breakfast.
Izabiriza Mutoni ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga umurera avuga ko akeneye ubufasha bwatuma akomeza amashuri yigana n’abo bahuje ikibazo kuko yatsinze ikizamini gisoza amashuri atatu yisumbuye ariko agahabwa kwiga ibitajyanye n’ubumuga afite.
Umunyarwanda Cassa Mbungo André uheruka gutandukana na Kiyovu Sports, yagizwe umutoza wa AFC Leopards yo muri Kenya
Abamotari bose bakora akazi kabo bambaye imyambaro ibaranga bita ‘amajire’ ariho ibirango n’ubutumwa bw’ibigo by’itumanaho bamamaza. Ibyo bigo biha amafaranga impuzamashyirahamwe yabo ariko bo ntihagire na rimwe bahabwa, bakifuza ko na bo hagira ayo bagenerwa.
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko Gihengeri bashobora kuzabona isoko mu ngengo y’imari ya 2019-2020 nabwo harebwe inyungu ryatanga.
Tariki 31 Mutarama 2019, Andy Bumuntu yashyize hanze indirimbo ye shya yise ‘Appreciate ’, igizwe n’ubutumwa bwo gushima Imana ko imuhora hafi.
Urwego rw’umuvunyi ruravuga ko 96% by’ibibazo birugeraho nta shingiro biba bifite kuko ba nyirabyo aba baranze kunyurwa n’imyanzuro y’inkiko n’abunzi.
Abanyeshuri 60 baziga ibijyanye na za porogaramu zo muri mudasobwa, muri gahunda y’imyaka itatu batangiye amasomo ku ishuri riherereye mu Karere ka Nyabihu, bakaba bategerejweho kuzatanga umusanzu mu kurwanya ibyaha bikorerwa kuri interineti.
Imbuga za Interineti z’Uturere zafasha abashaka kumenya amakuru yerekeranye na buri karere mu gihe zaramuka zitaweho. Usibye kuba zimwe muri zo zitaryoheye ijisho, hari amakuru cyangwa imyirondoro umuntu azishakiraho ntabibone. Ubwo Kigali Today yasuraga zimwe muri zo, ku wa mbere tariki 04 Gashyantare 2019, hari amakuru (…)
Mu rwego rwo guha ubumenyingiro bufite ireme urubyiruko kandi bakabuhabwa mu gihe gito kuburyo babasha kujya ku isoko ry’umurimo bagakorera amafaranga, ikigo MOPAS Ltd, cyatangije ishuri rigamije gufasha urubyiruko gukarishya ubumenyi mu gutunganya amashusho, amafoto n’amajwi.
Bamwe mu barobyi mu Kiyaga cya Muhazi baravuga ko guhagarikirwa bumwe mu buryo bwo kuroba indugu bishobora kuzagira ingaruka ku mirire kuko abagituriye bari bamaze kugira umuco wo kwigurira indugu zo kugaburira imiryango ku mafaranga 500 ku kilo.
Mu mpera z’iki Cyumweru akarere ka Gicumbi kari kakiriye irushanwa ry’Intwari, aho ryasojwe Police Hc na Kiziguro zegukanye ibikombe.
Mu irushanwa ryo kuzirikana Intwari z’u Rwanda, mu mukino wa Handball Police ni yo yegukanye igikombe itsindiye APR HC mu karere ka Gicumbi
Abakobwa 174 biga mu mwaka wa mbere muri INES Ruhengeri, barihirwa na FAWE Rwanda bibukijwe ibikubiye mu masezerano bagiranye na FAWE, ko gutwita imburagihe ari ikizira kandi ko uwo bizabaho azahita asezererwa.
Minisiteri y’Ubuzima irahamagarira abagabo kujya bita ku buzima bw’abagore babo bakabafasha kwisuzuma indwara ya kanseri y’ibere. Iyi minisiteri kandi isaba Abanyarwanda gukunda no gutoza abana siporo, mu rwego rwo kwirinda indwara nka kanseri, diyabete, ndetse n’izindi.
Abana bafite munsi y’imyaka itanu bakenera indyo yuzuye igizwe n’imboga, imbuto, ibinyamisogwe, amata n’ibiyakomokaho na poroteyine. Indyo yuzuye, igira intungamubiri zikenerwa mu mikurire y’umwana, mu iterambere rye no mu myigire ye.
Mu myaka nka 18 ishize, kugira ngo umusaza Mpakaniye Onesphore w’imyaka 70 abone ibyangombwa birimo ibimuhesha urupapuro rw’inzira(passport), yagombaga gukora urugendo rurenze ibirometero 10 ajya kubishaka muri Komini.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) igaragaza ko mu mwaka wa 2030 nta shyamba na rimwe rizaba rikigaragara mu gihugu cy’u Rwanda mu gihe hakomeje kwifashishwa inkwi mu gucana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru bwizihije umunsi w’intwari hamwe n’abatuye mu Kagari ka Bitare mu Murenge wa Ngera, ahatuye abasaza baranzwe n’ubutwari bwo kwirwanaho nk’Abatutsi no kurwana ku babo mu myaka y’1959 ndetse no mu 1994.
Col. Albert Rugambwa avuga ko abaguye ku rugamba rwo kubohora igihugu bagiye mu ijuru kuko ibyo baharaniye byagezweho.
Bamwe mu batishoboye bo mu Karere ka Kicukiro bashyikirijwe inzu zigezweho zo guturamo ngo kikaba ari igikorwa cy’ubutwari bw’ubuyobozi bw’igihugu kuko bakuwe ahantu habi bari batuye.
Kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasimbuye uwa Uganda Museveni ku buyobozi bw’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yabereye i Arusha muri Tanzaniya
Mu mukino usoza indi mu gikombe cy’Intwari, APR FC yatsinze Rayon Sports igitego 1-0 ihita yegukana igikombe cy’Intwari 2019
Igenzura ry’imyigishirize mu mashuri ririmo gukorwa na Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ryateye abarimu bo ku bigo bimwe na bimwe gutirana ibidanago.
Ubushakatsi bwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA) binyuze mu mushinga DALGOR, ugamije kwimakaza imiyoborere myiza, bugaragaza ko uturere twazaga inyuma mu miyoborere myiza mu myaka itatu ishize, ubu turi mutuza ku isonga.
Umuyobozi w’Itorero ry’igihugu, Hon. Edouard Bamporiki, arasaba urubyiruko gukora ibyiza ruharanira ejo heza hazaza h’u Rwanda, rutitaye ku kuba ruzaba rutakiriho.
Abanyarwanda bizihije umunsi w’intwari, baganirirwa ku byaranze intwari z’igihugu n’uko bakomeza ubutwari. Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mbere yo kwerekeza muri Tanzaniya yabanje yifuriza Abanyarwanda umunsi mwiza w’Intwari anavuga ko nk’igihugu tutazatezuka ku rugero rwiza rw’abo bitangiye igihugu. Nyuma y’ibiganiro, (…)
Minisitiri w’Ibidukikije n’umutungo kamere, Dr Vincent Biruta, avuga ko hari umushinga ugiye gutangira vuba wo kubaka intindo nini ebyiri muri Nyabugogo hagamijwe kuhaca imyuzure.
Ku ishuri ribanza rya Remera (EP Remera) mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, hari abadashobora kwiga imvura igwa kuko hari ahigirwa hava, ahandi bakugamisha abavirwa.
Ababyeyi batuye ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko kugera ku kigo nderabuzima bibagora cyane cyane abagiye kubyara bitewe n’uko kuri icyo kirwa cyose nta mbangukiragutabara ihari. Basaba akarere ko kabatekerezaho kuko bikomeje kubagiraho ingaruka.
Perezida Kagame yageze i Arusha muri Tanzaniya, kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019, mu nama ya 20 isanzwe y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), inama ifite insanganyamatsiko igira iti ‘Duharanire gushyira hamwe mu bukungu, ukubana neza ndetse no mu bya politiki mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko hazakoreshwa asaga miliyari 4.290Frw mu bikorwa bitandukanye by’ubuzima mu myaka irindwi iri imbere, hagamijwe ko abaturage bagira ubuzima bwiza.
Bamwe mu bahinzi b’umuceri bahinze imbuto ngufi baratabaza nyuma yo kubwirwa ko umushoramari azafata umuremure gusa kuko umugufi wamuhombeye.
Kugira ngo bafashe Abanyarwanda kugira ubuzima bwiza no gutera imbere, aborozi n’abacuruza amata biyemeje kuyabakundisha.