Clarisse Karasira, umunyarwandakazi uririmba indirimbo zirimo ikinyarwanda cyimbitse, ku buryo hari abatangazwa no kumva ko akiri umukobwa w’imyaka 21, avuga ko we icyo adakora ari ukuvanga indimi mu ndirimbo ariko ko yumva aririmba ikinyarwanda gisanzwe.
Mugisha Moise yandikiye amateka i Yaoundé muri Cameroun yegukana intsinzi ye mbere mu irushanwa mpuzamahanga aho yatsinze agace ka nyuma ka Tour de l’Espoir mu gihe isiganwa muri rusange ryatwawe n’umunya-Eritrea Yakob Debesay.
Perezida Paul Kagame, uri i Addis Ababa muri Etiyopiya yavuze ibi kuri uyu wa gatandatu tariki 09 Gashyantare 2019, ayoboye inama ku itembere ry’urwego rw’ubuzima muri Afurika, aho yasabye abayoboye za guverinoma kongera ubushake mu bijyanye no gushakira amafaranga ahagije urwego rw’ubuzima mu bihugu byabo.
Mu gikorwa cyo gusura ibigo by’amashuri mu turere dutandikanye, Minisitiri w’uburezi Dr Eugene Mutimura yashishikarije ababyeyi kwita ku burezi bw’abana no kubohereza ku ishuri, anagaya abayobozi ba ntibindeba batamenya ko abanyeshuri basibye ishuri.
Abaturage mu kagari ka Gisa umudugudu wa Rukukumbo baratangaza ko aribwo babonye amazi meza kuva babaho.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa gatandatu tariki 09 Gashyantare 2019 yageze i Addis Ababa muri Etiyopiya, mu nama rusange ya 32 y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Sylivera Justine, wo mu gihugu cya Tanzania, avuga ko yamaze kuvumbura uburyo bwo kugenzura abanyereza imisoro bakora ubucuruzi bwa Forode.
Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon Jeanne d’Arc Gakuba asaba abaturage batuye umujyi wa Kigali kugira umuco w’isuku mu mitekerereze yabo, bagahora iteka batekereza kuyinoza badategereje ababibibutsa.
Mu rwego rwo ku menyekanisha ibijyanye n’imyambarire n’ibindi bikenerwa n’abageni mu muhango w’ubukwe mu Rwanda ndetse no muri Afrika, ubu I Kigali harateranira abahanga n’inzobere mu gutunganya ibikenerwa mu bukwe.
Hari abantu bataramenya ko telefoni zigendanwa, igihe zititondewe zishobora gutera ibibazo bikomeye ku buzima bw’abantu, cyane cyane ubw’abana kuko baba bagifite amagufa yoroshye kandi bagikura.
Ibitaro bya Nyamata byahawe imashini itanga umwuka ukenerwa n’abarwayi (Oxygen) ikazasimbura iyakoreshwaga yagurirwaga mu macupa, ngo bikazaba bihendutse ugereranyije n’ibisanzwe.
Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) iratangaza ko mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage n’ibigo bazahurira hamwe inshuro ebyiri zonyine, kandi ko abantu batazongera guhagarika imirimo kubera ibiganiro byo kwibuka bihoraho.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Mutimura Eugène, yafunze ishuri ribanza ryo mu Karere ka Rubavu nyuma yo gusanga ‘ricungwa nabi’.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yanenze abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Gakenke, bakomeje kurangwa n’amakoza yo kutita ku nshingano zabo, bikadindiza uburezi.
I Bugeshi mu karere ka Rubavu abaturage bavuga ko inkwi zitetse ku munsi bazigura igihumbi, naho gaz na Rondereza ntibabizi, igiciro gishobora kuruta ikiguzi cy’ibitunze umuryango ku munsi.
Urutonde rw’ababereyemo Leta imyenda rwagejejwe mu bigo bikomeye byose birimo Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka, Ikigo gishinzwe kumenya abafitiye amabanki amafaranga (CRB ), Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA), ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB), n’ibindi.
Miss Rwanda 2016 akaba n’umwe mu bari mu kanama nkemurampaka mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019, yatangaje ko abavuze ko yavuze ijambo ‘Gaily’ bakabije cyane kuko asanzwe akoresha ijambo ‘Girl’ inshuro nyinshi, anasobanura ko atigeze yitukuza nk’uko akunda kubishinjwa n’abantu. Mu kiganiro kirekire yagiranye na KT Radio (…)
Ikipe ya APR FC yamaze gusinyisha abakinnyi bashya, barimo Danny Usengimana wari umaze iminsi yifuzwa na Vipers ya Uganda ndetse na Police FC yo mu Rwanda
Ubuyobozi bw’uruganda rwa Kinazi (Kinazi Cassava Plant) bwemeza ko rutazongera kubura imyumbati nk’uko byigeze kubaho, cyane ko n’Ikigo cy’igihuyu gitsura ubuziranenge (RSB) cyabihagurukiye.
Ubushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru Daily Mail, bugaragaza ko abantu bashakana bakiri mu myaka 20 bafite amahirwe yo gusinzira neza iyo batangiye kuba ibikwerere (imyaka 40), kandi ntibagire imihangayiko cyane (stress).
Nyuma y’aho ikipe ya APR FC itandukaniye n’umunya-Serbia Dr Ljubomir Petrović, yamaze gutangaza ko ubu ifite umutoza mushya witwa Zlatko Krmpotić
Oda Paccy aravuga ko afite inzozi zo kuzaba umwe mu batunganya umuziki mu Rwanda (Producer) nyuma yo gushinga Studio ye bwite.
Madame Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika yavuze ko impinduka u Rwanda rwagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zahereye ku kwita ku muturage.
Ababyeyi bivuriza ku kigo nderabuzima cya Rwinzuki giherereye mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi baravuga ko kwamburwa imbangukiragutabara bari barahawe n’abagiraneza bo mu butaliyani byabagizeho ingaruka kuko yabafashaga kwihutira kugera ku bitaro.
Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati muri Papa Sava, ngo n’ubwo yinjiye muri sinema akuze ariko ngo ni ibintu byari bimurimo kandi ngo yahoze abikunda akiri na mutoya.
Hon. Edouard Bamporiki, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, avuga ko abakurambere bavugwa n’amadini yazanywe n’abazungu, bitwa abatagatifu, batamurutira abakurambere be bamwe bita abazimu.
Minisitiri w’Urubyiruko avuga ko amateka, umuco n’umutungo kamere by’u Rwanda byaviramo urubyiruko amahirwe y’imirimo, ariko bakirinda imihango y’aba kera.
Mutabazi James wacuruje akananywa ibiyobyabwenge avuga ko yahunze umupolisi ku muhanda akisanga yigemuye kuri sitasiyo ya Polisi.
Mu cyumweru gitaha u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ngarukamwaka ivuga ku bwiza bw’ikawa, hakazashyirwaho imirongo ngenderwaho izafasha ibihugu kumenyekanisha no gucuruza ikawa mu mucyo.
Umugore utwite akwiye gufata indyo yuzuye kugira ngo ashobore kubona intungamubiri akeneye ndetse n’izitunga umwana atwite.
Kwamamara mu gukina filime i Hollywood muri Amerika ni ibintu biba bitoroheye Abanyafurika. Abanyafurika b’abagore bakina amafilime ntibakunze kugaragara cyane i Hollywood mu myaka yo hambere. Icyakora muri iyi myaka nk’icumi ishize, byagaragaye ko batangiye kwigaragaza muri urwo ruganda rwa sinema rwa Amerika ruzwi nka (…)
Mu mpera z’iki Cyumweru mu karere ka Huye harabera irushanwa ry’umukino wa Volleyball, rigamije kwibuka Padiri Kayumba wahoze ayobora GSOB
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu John Rwangombwa, aravuga ko mu cyumweru gitaha BNR ishyira hanze inoti nshya z’amafaranga 500 ndetse n’1000 zije gusimbura izisanzwe.
Abafite inganda zenga urwagwa rw’ibitoki i Huye bavuga ko kuba hari n’abafite ikirango S benga inzoga zitujuje ubuziranenge bituma izabo zitagurwa uko bikwiye.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Jonston Busingye, arasaba abagororwa benda kurangiza ibihano byabo kubyaza umusaruro amasomo bahabwa akazabafasha kwiteza imbere, kubaka umuryango nyarwanda no guteza impinduka mu miryango yabo.
Abakinnyi batatu ba Arsenal aribo Mesut Ozil, Alex Iwobi na Alexandre Lacazette, bari kumwe n’abafana bakinnye agakino kiswe #VisitRwanda Challenge maze uhize abandi agahembwa gusura u Rwanda.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 06 Gashyantare 2019 ku mupaka wa Cyanika ku ruhande rw’u Rwanda hinjiye Abanyarwanda barindwi birukanywe n’igihugu cya Uganda nyuma yo gufungwa na Polisi ya Uganda.
Mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi hatangiye kubakwa umuyoboro w’amazi ungana n’ibilometero icumi by’uburebure uje gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi cyari kibangamiye abaturage 9,000 babarirwa mu ngo 260 bo mu tugari dutatu kuri dutanu tugize uyu murenge.
Nubwo yisanze akora umwuga wo kuririmba bikaba binamutunze, inzozi z’umuririmbyi Aline Gahongayire kwari ukuzaba umurinzi ukomeye w’umufasha w’umukuru w’igihugu.
Imyaka itatu igiye gushira abakunzi b’umuziki bari mu rujijo, bibaza impamvu abahanzi bo muri Kina Music badashaka kwitabira itangwa ry’ibihembo bya Salax byahoze bitegurwa na Ikirezi Group. Kugeza na n’ubu aba bahanzi ntibarashaka kubyitabira nyuma y’uko bizajya bitegurwa na AHUPA mu gihe cy’imyaka itanu.
Urubanza abaturage bo mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro I mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera baregamo Akarere ka Gasabo kubera gushaka kubimura badahawe “ingurane ikwiye kandi yumvikanweho” n’impande zombi, rwasubukuwe kuri uyu wa 6 Gashyantare 2019 maze Akarere ka Gasabo gasaba urukiko kutakira ikirego (…)
Ubusanzwe amabanki y’ubucuruzi mu Rwanda agura cyangwa agurizwa amafaranga na Banki Nkuru y’Igihugu(BNR), habanje gukurwaho inyungu ya 5.5% by’ayo yasabye.
U Rwanda ni igihugu kirangwa n’umutekano k’uburyo benshi bafata umwanya bakaza ku hatemberera.
Hari abaturage bimuwe mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati batangaza ko amafaranga y’ingurane bemerewe amaze imyaka icumi atarabageraho.
Kuri uyu wa gatatu tariki 06 Gashyantare 2019, Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahuye n’abasirikare bakuru 1000, mu ishuri rikuru rya gisirikare riherereye I Gako mu karere ka Bugesera.
Itsinda ry’abasirikari bakuru b’aba ofisiye biga mu ishuri rikuru rya Gisirikari (Rwanda Defence Force Command and Staff College) risanga ikibazo cy’imirire mibi gikwiye guhagurukirwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barahamagarira imiryango, inshuti n’abari abaturanyi b’abishwe, gutanga imyirondoro n’amafoto y’ababo, kugira ngo batibagirana.