Ikigega gifasha imishinga mito n’iciriritse BDF kiratangaza ko muri uyu mwaka wa 2019, kizakuba inshuro ebyiri imishinga cyateye inkunga muri 2018, kandi kikazibanda ku mishinga mitoya.
Mu gihe kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare ari umunsi w’Intwari, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yanditse avugako ubutwari n’ubwitange bwaranze intwari z’u Rwanda bitabaye iby’ubusa.
Byari biteganyijwe ko Mukaperezida Clotilde w’imyaka 48 y’amavuko n’umusore witwa Kwizera Evariste w’imyaka 21 y’amavuko basezerana saa tatu za mugitondo ku biro by’Umurenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana.
Ikibuga cya kabiri cy’utudege tutagira abapilote (drone), giherereye mu Karere ka Kayonza, mu Ntara y’Uburasirazuba cyatangiye gukora, kikazajya giharukiraho utudege dutwaye amaraso n’ibindi bikoresho byifashishwa kwa muganga, tubijyana ku bigo nderabuzima no ku bitaro binyuranye byo muri iyo ntara.
Chinedu Ikedieze na Osita Ihema bamenyekanye muri firime zitandukanye zo muri Nigeria bategerejwe mu Rwanda kuva tariki 11 Gashyatare kugeza 18 Gashyantare 2019.
Mu mukino wo kuzirikana Intwari z’u Rwanda, AS Kigali itsinze Scandinavia kuri Penaliti, yegukana igikombe mu cyiciro cy’abagore
Ubuyobozi w’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga buravuga ko bagiye kwitabaza inguzanyo ya banki kugira ngo babashe kuzuza isoko rya Kijyambere batangiye kubaka.
Abanyeshuri bo muri INES Ruhengeri, baravuga ko ikinini bungukiye mu kiganiro ku butwari, ni ukumenya ko nabo bashobora kuvamo intwari.
Abemerewe na BDF inguzanyo z’ibikoresho byo gutangira kwihangira imirimo b’i Huye, batekereza ko hari byinshi byari bikwiye guhinduka mu gutanga bene iyi nguzanyo.
Impuguke mu by’ubukungu ziravuga ko atari igitangaza kuba Leta ihora ihindagura inoti bitewe n’impamvu z’umutekano w’amafaranga (kwirinda abazigana), kuyongeramo ikoranabuhanga, ndetse no gukora inshya kuko inoti zisaza.
Nyuma yo kubona inka za ‘Jersey’ zitanga umukamo mwinshi kandi zishobora kororwa n’abatagira amikoro menshi, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yiyemeje kongera umubare wazo.
Nimwiza Meghan wabaye Miss Rwanda 2019, yavuze ko igihunga n’ubwoba ari byo byatumye atabasha gusubiza neza ikibazo yabazwaga cyamusabaga kuvuga ibihugu byose bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EAC).
Mu bushakashatsi bwa gatanu bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare byagaragaye ko intara y’uburengerazuba ari yo iza ku isonga mu kugira abaturage bakennye ugeraranije n’izindi ntara uko ari enye n’umugi wa Kigali.
Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare baracyanika umuceri mu gisambu ku mahema kubera imbuga nkeya.
Israel Mbonyi nk’umuhanzi w’indirimbo ziririmbirwa Imana, ngo ntakunda kwiririmbaho no kwitaka, ntanakunda gutangaza iby’urukundo rwe n’ubwo ubu adafite umukobwa bakundana.
Tariki ya 23 Mutarama 2019, uwitwa Fausta Mugiraneza yanyujije ubutumwa kuri Facebook, asaba ikigo Millennium Savings & Investment Cooperative (MISIC), cyahoze cyitwa Kigali Veterans Cooperatives Society (KVCS), kurekera aho kumwoherereza ubutumwa bumubwira ko imodoka yabo yavuye muri parikingi itishyuye, nyamara (…)
Umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz yagaragaye asoma ku itama n’urukundo rwinshi umukunzi we Tanasha, ariko bigaragara ko umukobwa atishimye.
Ikipe ya Musanze FC (iri mu makipe ya nyuma muri Shampiyona y’u Rwanda) yanganyije na Mukura FC iyigabanyiriza umuvuduko uyiganisha ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona.
Kuri uyu wa gatatu tariki 30 Mutarama 2019, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyizeho ibiciro bishya by’amazi bizatangira gukurikizwa kuva tariki 01 Gashyantare 2019.
Kuri uyu wa gatanu nijoro saa saba na 15 ni bwo ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yerekeza muri Cameroun guhatanira irushanwa rya Tour de l’Espoir ryegukanwe na Areruya Joseph umwaka ushize.
Umuyaga uvanze n’imvura yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa 30 Mutarama 2019, byangije igice cy’urukuta rwa Stade Regional ya Muhanga rurasenyuka, ariko nta muntu rwagwiriye.
Muri Tombola yabereye i Caïro mu Misiri kuri uyu wa Gatatu, u Rwanda rwatomboye ikipe ya Somalia mu guhatanira itike yo kwerekeza muri CHAN izabera muri Ethiopia umwaka utaha wa 2019.
Mukurarinda Alain, umunyamuziki akaba n’umunyamategeko uzwi nka Alain Muku, asanga umuziki nyarwanda udidizwa n’uko hadakoreshwa ibicurangisho n’injyana gakondo mu muziki wo mu Rwanda, kuko umuco wo gucuranga nk’ibyahandi bidatanga isura nyayo y’umuco n’umwimerere by’ibihangano nyarwanda.
Umunyu ni ingenzi mu mikorere myiza y’umubiri w’umuntu, ukaba n’ikintu gikomeye mu mateka y’isi, kuko ubushakashatsi bwerekanye ko abasirikare b’Abaromani bahabwaga umunyu nk’igice cy’umushahara wabo. Iyo umuntu arya umunyu ku rugero ruto cyane, bimuteza ingorane.
Ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa kabiri tariki 29 Mutarama 2019, imvura ivanze n’umuyaga yibasiye utugari twa Mahoro na Gakoma two mu Murenge wa Mimuli inzu 36 z’abaturage n’insengero eshatu bivaho ibisenge.
Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP JMV Ndushabandi avuga ko kuba umuntu yaradekaraye bidasimbura icyangombwa cyemeza ko imodoka yakoresheje isuzuma kizwi nka (Contrôle technique) kuko ntacyo aba afite.
Abaturage bo mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero batangaza ko biruhukije umunaniro baterwaga no kwivuza kure, byabaviragamo gucibwa amande y’ibigumbi 10 igihe babyariye munzira.
Abahinzi b’imboga bo mu karere ka Rubavu baravuga ko umusaruro w’imboga wabuze isoko kugera aho amashu bayaha amatungo.
Urugaga rw’abatwara abagenzi kuri moto mu Rwanda ruratangaza ko mu gihe kitarenze amezi atandatu abatwara abagenzi kuri moto bo mu gihugu hose bazaba batangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga ryitwa ‘mubazi’ rituma utwara umugenzi kuri moto amenya amafaranga yishyuza uwo atwaye.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugura amasezerano ya Jules Ulimwengu wakiniraga Sunrise, akazayikinira guhera mu mikino yo kwishyura ya Shampiona
Hari abantu b’ibyamamare bavugwa mu bitangazamakuru, amafoto yabo agasakara ku mbuga nkoranyambaga.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri Moto, mu Karere ka Rusizi bazwi ku izina ry’abamotari, bibumbiye mu makoperative atandukanye, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’akarere bwabahuje bubasaba kugura imigabane muri Koperative COMORU bahuje akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, kugira ngo ibone uko yishyura umwenda ibereyemo (…)
Kuri uyu wa Kane haraza gukinwa umukino w’igikombe cy’Intwari mu cyiciro cy’abagore, kikaza guhatanirwa na AS Kigali WFC ndetse na Scandinavi WFC
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwemereye abaturage b’umudugudu wa Kazaza akagari ka Kazaza ahitwa Kwepa ikinonko kuhahindura umudugudu wujuje ibikenewe byose, n’ubwo bituje ahagenewe inzuri.
Rutahizamu wari umaze amezi atanu asinyiye ikipe ya Marines Fc, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Musanze y’umutoza Emmanuel Ruremesha
Ubuyobozi bw’ingoro z’umurage w’u Rwanda buravuga ko ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi hagiye kubakwa ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora igihugu, izajya yakira abantu bari hagati y’ibihumbi 120 na 150 ku mwaka.
Musabyimana Emmanuel ni umwe mu bafite ibikorwa mu gishanga n’ubwo we atemera ko ari mu gishanga, aho yasabwe kubisenya ariko akavuga ko azabanza kwandikira Perezida wa Repuburika ngo amurenganure.
Ku munsi wa kabiri w’irushanwa ry’igikombe cy’Intwari, ikipe ya APR Fc yanyagiye Etincelles, naho AS Kigali igwa miswi na Rayon Sports mu mikino yombi yabereye kuri Stade Amahoro
Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 28 Mutarama 2019 harimo amateka yemejwe harimo iteka rya Perezida rizamura mu ntera ba Ofisiye Bato 618 ba Polisi y’u Rwanda; n’iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Su-Ofisiye n’Abapolisi Bato 3767 ba Polisi y’u Rwanda.
Nyuma yo kongera kugaruka mu muziki, Just Family ihora ihindagurika ikanasenyuka kenshi, riravuga ko ku nshuri iheruka abarigize bashwanye kubera amafaranga bakoreye muri Guma Guma bananiwe kugabana, atari amarozi nk’uko byavuzwe.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abahinzi n’aborozi mu Rwanda “Imbaraga” buravuga ko abahinzi bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amasoko y’umusaruro wabo.
Urwego rw’Intwari z’Igihugu,Imidari n’Impeta by’Ishimwe rwatangaje ko mu bantu bakoreweho ubushakashatsi kugira ngo bahabwe imidari n’impeta by’ubutwari harimo n’abageze ku mihigo n’ibikorwa by’ubutwari muri siporo.
Nyuma yo gusezererwa mu marushanwa nyafurika ya CAF Confederation na Al Hilal yo muri Sudan, Mukura ikomeje gukina imikino yikuriranya y’ibirarane itakinnye ubwo yari ikiri kwitabira aya marushanwa.
Imikino y’igikombe cy’Intwari irakomeza kuri uyu wa kabiri hakinwa imikino y’umunsi wa kabiri aho amakipe abiri y’amakeba, APR na Rayon Sports, ari busubire mu kibuga arwanira amanota atatu mbere y’umukino karundura uzayahuza ku wa gatanu tariki 01 Gashyantare 2019.
Guhera mukwezi kwa Werurwe uyu mwaka wa 2019, umushahara wa mwalimu uzongerwaho 10% ku barimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya leta n’afashwa na leta.
Abafite inganda zenga inzoga mu bitoki cyangwa ibindi bakabipfunyika mu macupa, bravuga ko bafite ikibazo cy’amacupa ashyirwamo inzoga ziba zamaze gutunganywa abageraho ahenze, dore ko abenshi bajya kuyagura I Kigali nabwo yatumijwe mu bihugu birimo ubushinwa n’ibyo ku mugabane w’iburayi.
Minisiteri y’Uburezi (Mineduc), kuri uyu wa 29 Mutarama 2018, yafashe umwanzuro wo gufunga burundu udushami tubiri twa Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa karindwi ya Gitwe (ISPG), nyuma yo gusanga ibyo bayisabye gukosora itarabikosoye.