Ibitaro bya Kirehe byabonye icyuma gikora umwuka w’abarwayi

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga ko miliyoni mirongo ine bwaguraga umwuka w’abarwayi azajya agurwa imiti kuko bamaze kwibonera icyuma kiwukora.

Ibyuma bikura umwuka hanze bikawukoramo uhabwa abarwayi
Ibyuma bikura umwuka hanze bikawukoramo uhabwa abarwayi

Umuyobozi w’ibitaro bya Kirehe, Dr. Ngamije K. Patient, avuga ko icyuma gikora umwuka w’abarwayi bamaze ukwezi bakibonye ku nkunga ya Partners in Health ( Inshuti mu buzima) ku gaciro ka miliyoni 140.

Yemeza ko aho bakiboneye, amafaranga bakoreshaga mu kugura umwuka bagiye kujya bayakoresha ibindi bikorwa birimo kugura imiti.

Ati “Twatangaga amafaranga menshi mu kugura umwuka w’abarwayi none ubwo tuwikorera tuzajya tuyagura imiti n’ibindi bikorwa bigamije kuzamura umutungo w’ibitaro.”

Amacupa abika umwuka
Amacupa abika umwuka

Dr. Ngamije avuga ko litiro y’umwuka bayiguraga amafaranga 350. Mu cyumweru kimwe ngo bakoresha litiro hagati y’ ibihumbi bibiri na 2500 bikabatwara amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 777 na 850.

Yemeza ko mu kwezi bakoreshaga miliyoni eshatu n’eshatu n’ibihumbi 500 naho ku mwaka bakagura umwuka w’abarwayi ufite agaciro ka miliyoni hagati ya 37 na 42.

Icyuma bafite ngo gifite ubushobozi bwo gukora litiro 1300 ku munsi.

Amafaranga ibitaro bya Kirehe byakoreshaga bigura umwuka bizayagura indi miti
Amafaranga ibitaro bya Kirehe byakoreshaga bigura umwuka bizayagura indi miti
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka