Kenshi abantu bumva ijambo ikinyabibiri, ariko bamwe ntibasobanukirwa niba bibaho cyangwa niba bitabaho.
Bamwe mu bahinzi bo mu turere twa Huye, Nyamagabe na Bugesera baravuga ko umushinga wa International Alert usize basobanukiwe byinshi mu bijyanye no kunoza ubuhinzi, barwanya inzara, bongera umusaruro kandi bihaza mu biribwa.
Tariki ya 18 Mata 2019, i Gahini mu Karere ka Kayonza hazatahwa ku mugaragaro ikigo gikora inyunganirangingo n’insimburangingo zigenerwa abafite ubumuga.
Mu bihe bitandukanye, abayobozi mu nzego zinyuranye bagiye bagaragaza ibikorwa bisa n’ibitangaza bazakora mu gihe runaka.
N’ubwo abahinzi bashishikarizwa kwifashisha inyongeramusaruro igihe bahinga, kugeza ubu hari abazikoresha nabi, bigatuma batagera ku musaruro mwiza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, hamwe n’abandi baperezida n’abakuru ba guverinoma bagera kuri 18 bitabiriye irahira rya perezida wa Senegal Macky Sall ryabaye kuri uyu wa kabiri tariki 02 Mata 2019.
Tuyisenge Clementine w’imyaka 19 atuye mu kagari ka Shara,umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke. Afite umwana w’amezi arindwi, ukurikira undi w’imyaka ibiri yabyaye afite imyaka 17.
Perezida w’Urwego Mpuzamahanga rwashyiriweho kurangiza Imirimo yasizwe n’Inkiko Mpanabyaha (UNIRMCT) avuga ko hari abantu icyenda barimo abarangije ibihano n’abandi batarabirangiza bakirimo gushakirwa igihugu cyabakira, kuko ngo Leta ya Tanzania itishimiye gukomeza kubacungira ku butaka bwayo.
Byakunze kugaragara ko hari abakoresha amagambo yerekeye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi atari yo, cyangwa ataboneye, babigambiriye cyangwa batabizi, bikaba byabaviramo gupfobya Jenoside cyangwa kugaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mushabe David Claudian umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga umuyobozi w’umudugudu udafasha umuturage kwishyura mutuelle aba amwishe.
Nta kintu cyiza nko kubyuka wumva inyoni ziririmba dore ko hari izigira amajwi meza. Indirimbo zituje ziririmbwa n’inyoni mu gitondo, zinogera amatwi n’imitima y’abantu. Ariko se inyoni zidukangura ngo tubyuke tujye ku murimo zibwirwa n’iki ko bukeye ngo ziririmbe?
Umwana w’umukobwa aterwa inda bikamwangiriza ubuzima, ariko n’ingaruka ziba ku rungano rwabateye inda ndetse no ku bagabo babaruta baba babashutse ngo ntizikwiye kwirengagizwa.
Mu kigo cy’Amahoro cy’u Rwanda (RPA), hatangijwe amahugurwa agenewe Ingabo,Polisi n’Abasivire ku igenamigambi rikoreshwa mu butumwa bw’amahoro.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club yatsinzwe amaseti 3-0 na Uganda Christian University (UCU) mu mukino wayo wa mbere.
Mu nama y’inteko rusange ya Komite y’Igihugu y’Imikino y’abantu bafite ubumuga (NPC Rwanda), yatangaje ko mu mwaka ushize binjije akayabo ka Miliyoni zirenga 200
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye umuhango wo kurahira kwa mugenzi we w’icyo gihugu, Macky Sall.
Mu gihe mu bihe byashize abantu batandukanye babaga bafashe umunsi wa mbere w’ukwezi kwa kane nk’umunsi udasanzwe, bamwe bafataga nk’umunsi wo kubeshya ndetse bakanabikora, muri iki gihe iyo myumvire isa n’igenda ihinduka, aho abantu bavuga ko bashishikajwe no gushaka imibereho kuruta kwirirwa bahimba ibinyoma byo kubeshya (…)
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Nyagatare bavuga ko inzoga bahimbye Icyuma “Speranza waragi” ibahangayikishije kuko isindisha cyane kurusha izifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Jean Christian Irimbere, umuhanzi uririmba indirimbo zo guhimbaza Imana, avuga ko akenshi iyo udafashijwe n’Imana, kumenyekana cyane byagushyira mu kaga.
Ku itariki ya 31 Werurwe, nibwo byari biteganyijwe ko abahanzi bari ku rutonde rw’abazatoranywamo abahize abandi mu byiciro bitandukanye bamenyekana bagashyikirizwa ibihembo muri Salax Awards, ubu yari ibaye ku nshuro yayo ya karindwi.
Bwa mbere mu mateka, igihugu cya Israel cyafunguye ambasade mu Rwanda mu rwego rwo kurushaho kunoza umubano wacyo n’u Rwanda.
Urubyiruko 280 barangije kwiga imyuga mu kigo cya Easter’s Aid bemeza ko ntaho bazongera guhurira n’ubushomeri, cyane ko benshi muri bo ubu bafite imirimo abandi bakaba biteguye kuyihanga.
Ubuyobozi bw’ umukino ukomatanya koga, kwiruka no kunyonga igare “Triathlon” mu Rwanda butangaza ko Niyitanga Sulumu umukinnyi ukomeje kwigaragaza muri uyu mukino akeneye amarushanwa mpuzamahanga.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, barasaba ko ivuriro riciriritse biyujurije ryakwegerezwa amazi, n’abaganga bahagije.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club ihagarariye u Rwanda mu irushanwa nyafurika rihuza amakipe yatwaye shampiyona z’ibihugu muri Afurika irakina umukino wa mbere ihangana na Uganda Christian University.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu batuye mu mudugudu wa Susa mu karere ka Musanze, bishimiye ko mu minsi iri imbere, bazajya babona amafunguro agizwe n’imboga z’ubwoko bwose mu buryo buboroheye kubera imirima y’imboga (uturima tw’igikoni) yatangiye gutunganywa.
Umucamanza Agius Carmel wasimbuye Theodor Meron ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Perezida w’Urwego Mpuzamahanga rwashyiriweho kurangiza Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (The International Residual Mechanism for Criminal Tribunals, UNIRMCT) aragirira uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Isaac Munyakazi aranenga abayobozi b’ibigo batagira igitsure ku barimu, aho bikomeje kudindiza gahunda y’uburezi.
Ikipe ya Rayon Sports inganyije na AS Kigali igitego 1-1, ihita irushwa na APR Fc amanota atandatu mbere y’uko bahura
Itsinda rya THE SUPER RAINBOWS ryatangije uburyo bwo gukoramo umuziki bawuhindura mu nyana zigezweho (EDM) Moombahton, Future, Pop na House ijyanye n’igihe, kandi inabyinika.
Ikibazo cy’ibyo gupfunyikamo (Emballages) ibikorerwa mu nganda zo mu Rwanda gikomeje guhangayikisha ba nyirazo kuko ngo babibona bibahenze kandi akenshi bitumijwe hanze.
Abagize umuryango w’abakobwa bakomoka mu Karere ka Kirehe bitwa ‘Super Girls’ bavuga ko biyemeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda bahereye mu karere bakomokamo.
Ange Ritha Kagaju, umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko, ni umwe mu bakobwa bake b’abahanzi b’Abanyarwanda baririmba bacuranga Guitar.
Abarimu bo mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ruhango baravuga ko kongera ibyumba by’amashuri byajyana no gukwirakwiza ikoranabuhanga rya Mudasobwa na Interineti.
Abakobwa 13 bazatorwamo Nyampinga wa INES-Ruhengeri bamenyekanye nyuma yo kwiyereka akanama nkemurampaka basubiza n’ibibazo binyuranye babazwaga mu gusuzuma ubumenyi bwabo.
Umubare w’abana bata ishuri mu Karere ka Musanze ukomeje kwiyongera, aho bamwe bavuga ko kubera ubukene n’imibereho mibi bahitamo kujya gukora imirimo ivunanye, abandi bakishora mu bucuruzi bw’ibisheke.
Abakozi b’imirenge bashinzwe irangamimerere i Huye, bavuga ko gusaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’ab’utugari kurangiza imanza ari ukubahohotera, n’abarangirizwa imanza badasigaye.
Umunyarwanda wari ufite inzozi zo kuba yakora filime igaragaza ubutwari bw’abasirikari ku rugamba, n’uko bitwara mu bikomeye, Joel Karekezi, hamwe n’ikipe bafatanyije mu gukina filime, ‘The Mercy Of The Jungle’ batangaje ko kugira ngo irangire yatwaye amafaranga agera kuri miliyoni y’Amayero, ni ukuvuga abarirwa muri (…)
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyinjije mu ngabo abasirikare bashya nyuma y’umwaka bari bamaze bahabwa amasomo y’ibanze ya gisirikare.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille yasabye Abanyenyanza n’inshuti kwitanga bagashyingura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Werurwe 2019, hirya no hino mu gihugu habaye umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe. Kigali Today yabateguriye uko icyo gikorwa cyagenze mu turere tumwe na tumwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanyije n’abaturage mu muganda ngarukakwezi wabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro. Uwo muganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2019 wibanze ku bikorwa byo kubaka imiyoboro y’amazi.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kayitesi, asanga ikigega cyo kuzigama no kugurizanya cy’abanyamakuru kizabafasha kubaka umuco w’ubutore n’ubunyangamugayo kuko kizatuma barushaho kugirirana icyizere no kwiteza imbere mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, hamwe n’abayobozi b’uturere tw’Intara y’Uburengerazuba, Guverineri Munyantwari Alphonse yavuze ko abatekereza guhungabanya umutekano rw’u Rwanda banyuze mu Ntara y’Uburengerazuba bagomba gukurayo amaso.
Ikigo gitsura Ubuziranenge (RSB) kivuga ko ibicuruzwa bifite ubuziranenge ari bike mu gihugu kubera ko abikorera benshi batabanza kubimenyekanisha cyangwa kubisabira ibyemezo.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare hemenewe ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni mirongo itatu n’ebyiri n’ibihumbi magana atanu na mirongo itatu n’umunani n’amafaranga mirongo itanu (32,538,050 Frw) byafashwe mu mezi atatu ashize.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, avuga ko nta bufatanye hagati y’umugabo n’umugore cyangwa hagati y’umuhungu n’umukobwa, ibibazo igihugu gifite bitakemuka.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Bonhomme, kuri uyu wa gatanu tariki 29 Werurwe 2019 yerekeje mu mujyi wa Paris mu gihugu cy’ Ubufaransa, aho agiye kwifatanya n’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi (Memorial de Shoah) mu gikorwa bateguye cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi basaga 120 bo mu Karere ka Kirehe bayobora abandi guhera ku rwego rw’umurenge n’abahagarariye inzego z’umuryango mu bigo bitandukanye muri ako karere, kuri uyu wa gatanu tariki 29 Werurwe 2019, basuye ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside bagamije kwigira ku butwari bw’Inkotanyi zahagaritse (…)