Abatuye mu Mudugudu wa Cyintama uherereye mu Kagari ka Gahurizo ho mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, biyemeje kwegeranya amafaranga bigurira ubutaka bwo kubakaho irerero.
Polisi ikorera muri Rwamagana yataye muri yombi uwitwa Jean Pierre Nshimiyimana, utuye mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Gitega, ibasha kugaruza amafaranga ibihumbi 800 y’amanyarwanda, telefone igendwanwa ya smart phone n’ibindi bikoresho bifite agaciro k’ibihumbi 400.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Madame kuri iki cyumweru bifatanyihe n’abandi Banyarwanda n’Abanyamahanga batuye mu Rwanda muri Siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’ yitabiriwe n’abagenda n’amaguru, abagenda ku magare ndetse n’urubyiruko rugenda ku nkweto zifite amapine.
Umutambagiro mutagatifu ubera i Maka uzwi nka Hijj ni umutambagiro ukorwa n’umuyisilamu ubifitiye ubushobozi mu mutwe, ku mubiri ndetse n’Amafaranga.
Abafite ubumuga butandukanye binubira ko iyo bagiye gusaba serivisi runaka bitwaje amakarita aranga ibyiciro by’ubumuga bafite, batakirwa uko bikwiye kuko benshi batazi agaciro k’ayo makarita.
Col. Twahirwa Dodo arasaba akarere ka Nyagatare kwemera kagasubizwa umugabane kari gafite kuri gare ya Nyagatare, maze ikegurirwa RFTC ari ryo huriri rya za koperative zitwara abantu n’ibintu.
Mu gihe isi yose yizihije umunsi mpuzamahanga w’umurimo buri tariki ya mbere Gicurasi, mu Rwanda abakoresha bavuga ko iyo witaye ku bakozi bawe aricyo gituma bakunda akazi, bagatanga umusaruro.
Anne Marie Niwemwiza, Umunyamakuru wa KT Radio ukora ikiganiro “Ubyumve ute”, yibuka atangira iki kiganiro muri 2015 uburyo byari bigoye guhamagara umuyobozi mu kiganiro ngo yemere kukijyamo kuko hari imyumvire ko ibitangazamakuru bakorana na byo ari ibya Leta gusa.
Abiciwe ababo mu mirenge ya Masaka (Kicukiro) na Kabuga(Gasabo) hitwa mu Gahoromani baravuga ko Abanyaruhengeri ari bo babahemukiye kandi ngo baracyarimo kwidegembya.
Nduwayesu Elie washinze ishuri Wisdom School aravuga ko kubakira ku murimo unoze bituma uwukora ava ku rwego rwo hasi akagera kure kandi heza.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Dr. Isaac Munyakazi, avuga ko kuba umwarimu, umuganga n’umusirikare ari ubutwari kuko bisaba kwitanga nyamara nta n’amafaranga ahagije abibamo.
Ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi kuri politiki zo kongera ibiribwa (IFPRI), kirasaba ibihugu birimo u Rwanda guteza imbere imibereho y’abatuye icyaro kugira ngo rwirinde inzara.
Mu buryo butunguranye, muri Gicurasi 2018, mu rugo rw’uwitwa Emilienne Uwimana mu ruganiriro rw’inzu yabagamo, yanabyariyemo abana babiri havumbuwe icyobo gifite metero 30 z’ubujyakuzimu gitabyemo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje urutonde rw’abantu 25 bahize abandi mu irushanwa ‘Urumuri Business competition’ rya 2019, bakaba bakomeje muri iri rushanwa rishyira imbere udushya, bityo hakaba hari ikizere ko rizateza iterambere gahunda ya ‘made in Rwanda’.
Umukino wa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, wahuje Musanze FC na Etincelles FC kuri sitade Ubworoherane ku itariki ya 2 Gicurasi 2019 warangiye Musanze FC itsinze Etincelles FC 1 - 0.
Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda, Hon Harerimana Fatou, aravuga ko bagiye gukora ubuvugizi ku kibazo cy’amazi ava mu birunga akangiza imyaka y’abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera.
Kuva mu mwaka wa 2012 Abanyarwanda babaga mu gihugu cya Tanzaniya batangiye kuvuga ko bahohotererwayo ndetse biza kubaviramo kwirukanwa mu mwaka wakurikiyeho wa 2013.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kantengwa Mary, avuga ko hari abana bata ishuri kubera kuyatangira bakuze.
Minisitiri w’Ibidukikije n’umutungo kamere, Dr Vincent Biruta, yemeza ko ntawuzahesha agaciro umwuga w’abagenagaciro b’umutungo utimukanwa uretse bo ubwabo.
Ibitaro bya Gisirikari bya Kanombe byatangiye ubukangurambaga bugamije gusuzuma no kuvura abafite ubumuga bw’uruhu bo hirya no hino mu gihugu.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) igaragaza ko kuva mu 1970 hashyizweho amatsinda akomeye y’Abahutu, yifashishijwe mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyezamu wa Rayon Sports Mazimpaka André yatangaje ko ababazwa n’imyitwarire ya Mugiraneza Jean Baptiste hanze y’ikibuga, aho avuga ko akora ibidakwiye mu gushaka intsinzi.
Emerita Karwera, nyuma y’imyaka itari mike aba mu kizu kidakinze, abatuye mu Mudugudu wa Karubanda wari urimo icyo kizu begeranyije ubushobozi baramwubakira.
Hari abantu benshi bavuga ko bazi indwara y’umwijima (Hépatite) ariko bakagorwa no gutandukanya iyo mu bwoko bwa B n’iyo mu bwoko bwa C zikunze gufata abantu.
Pélagie Nyirakamana, Umubyeyi wo mu Mudugudu wa Gasanze, Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, yarwaje umwana Bwaki muri 2016 agera ku rwego rwo kuba atarashoboraga no kuzamura akaboko cyagwa gutambuka neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abakozi bako basuye Pariki y’igihugu ya Nyungwe baravuga ko nta kibazo cy’umutekano kiri muri iyi parike, bakanyomoza ibyavuzwe na bimwe mu bihugu by’ amahanga bisabye abaturage babyo kwitonda igihe basura iyi parike.
Umunsi mpuzamahanga w’abakozi ufite inkomoko ku cyiswe “Haymarket affair”, iyi ikaba ari imyigaragambyo yabereye i Chicago mu 1886 aho abakozi baharaniraga ko amasaha y’akazi yagabanywa akava kuri 12 akagirwa umunani ku munsi.
Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru hubatswe ishuri ry’imyuga bisabwe n’abahatuye, ariko habuze ibikoresho byo kugira ngo ritangire.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangije ikinyamakuru (magazine) kizaba gikubiyemo amakuru y’ubuzima asesenguye kuko azaba yanditswe n’inzobere muri urwo rwego kikazafasha abayakeneraga kuyabona bitabagoye.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo, Rwanyindo Fanfan, yasabye abafite imirimo bakora gutanga serivisi nziza kuko bibazanira abakiriya benshi mu gihe utanga imbi ahura n’ibihombo.
Ishyaka rya Gisosiyalisiti Rirengera Abakozi mu Rwanda (PSR) ryasohoye itangazo rigaragaza ko nubwo hari intambwe imaze guterwa mu Rwanda mu kwita ku bakozi no kunoza umurimo, hakiri ibikeneye kongerwamo ingufu.
Mu gihe isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo buri tariki ya mbere Gicurasi, rwiyemezamirimo Uwitije avuga ko iyo umukoresha yitaye ku bakozi be ari cyo gituma bakunda akazi, bagatanga umusaruro.
Nubwo batari borohewe n’ababahigaga, Abatutsi bakoraga mu bitaro bya Mibilizi byo mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bavaga aho bari bihishe muri ibyo bitaro bakaza kuvura bagenzi babo b’Abatutsi binjiraga mu bitaro batemaguwe n’interahamwe kugira ngo barebe ko hari abo barokora.
Ubuyobozi bw’Ikipe ya AS Muhanga buratangaza ko itazitabira igikombe cy’amahoro uyu mwaka kubera ikibazo cy’umushobozi buke.
Umuryango Ihorere Munyarwanda uvuga ko ugiye gukorera ubuvugizi abanyamadini n’amatorero bagahabwa ubumenyi ku mategeko kuko byagabanya ibyaha.
Nyuma y’amezi atandatu atoza ikipe ya AFC Leopards, Casa Mbungo Andre ubu ari kwifuzwa cyane na Singida United yo muri Tanzania
Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR) ruravuga ko nubwo hari byinshi byakozwe mu guteza imbere umurimo mu Rwanda, hakigaragara akajagari mu kugena imishahara y’abakozi mu bigo byigenga.
Abaturage bo mu mirenge ya Bugarama na Gikundamvura, mu karere ka Rusizi baravuga ubuzima bwabo bukomeje kuzahazwa n’amazi y’ibirohwa banywa akagira ingaruka mbi ku mibereho yabo cyane cyane ku bana bato.
Abanyarwanda baba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) mu Mujyi wa South Bend muri Indiana bibutse kandi baha icyubahiro Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikiguzi cyakwa mu gupimisha ADN ku bakobwa batewe inda bakihakanwa n’abazibatera, ni kimwe mu bihangayikishije abo mu Ntara y’Amajyaruguru bigatuma bahitamo kwicecekera bagahangana n’ingaruka.
Mu gihe bimenyerewe ko amakipe yose mu cyiciro cya mbere asanzwe yiyandikisha mu gikombe cy’Amahoro, uyu mwaka hiyandikishije amakipe cumi n’abiri gusa
Nyuma yo kugaragarizwa ibyerekanywe n’ bushakashatsi ku mibereho y’Abaturage (EICV) bwo muri 2018, bigaragaza ko i Nyaruguru abaturage 52% bari munsi y’umurongo w’ubukene; Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Anastase Shyaka, yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze muri aka Karere ko ubutaka butagatifu budakwiye guturwa n’abakene.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’imyaka itanu n’igihugu cy’u Bubiligi y’impano ya miliyoni 120 z’ama Euros, azafasha u Rwanda kwihutisha iterambere mu buvuzi, ubuhinzi, no guteza imbere umujyi wa Kigali n’iwunganira.
Umujyanama wa Perezida Kagame mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yahishuriye abashyize imbere ingengabitekerezo ya Jenoside ko ari ko kurangira kwabo.
Perezida Kagame yamaze impungenge abagaragaza ko bazifitiye Afurika, batekereza ko umugabane wa Afurika uzagwa mu mutego w’inguzanyo z’umurengera uhabwa n’u Bushinwa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangije umushinga wo gupima ubutaka (Mobile Laboratory) kugira ngo bamenye ibibugize bityo buhuzwe n’imbuto hagamijwe kongera umusaruro.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cya Leta gishinzwe Guteza imbere Ubumenyi ngiro n’imyigishirize y’imyuga mu Rwanda (WDA) bugaragaza ko hari ikibazo cy’ubushomeri gikomeye ku bize imyuga n’ubumenyi ngiro.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutabera ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko yasabye abayobozi mu karere ka Nyagatare kujya baganiriza abaturage bagamije ko bagira icyo batahana, birinda kuvanga indimi kuko hari benshi batagira icyo bakura muri urwo ruvangitirane rw’indimi.
Ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi mu kiyaga cya Kivu rikorera mu karere ka Nyamasheke riravuga ko hamwe no guhindura imikorere ngo rigiye gushaka uko ryabyaza umusaruro iki kiyanga mu nyungu z’abanyamuryango n’Abanyarwanda muri rusange, nyuma y’aho ryari ryarazahajwe na barushimusi ubu bakaba bagiye guhagurukirwa (…)
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Itorero, atangaza ko hari gutegurwa itegeko rihana urubyiruko rutitabira ibikorwa by’urugerero.