Minisitiri w’Uburezi, Dr Eugene Mutimura avuga ko ruswa yavuzwe ko ari yo yateye Dr. Isaac Munyakazi kwegura, ngo itagize uruhare mu ireme ry’amanota y’abarangije amashuri yisumbuye yatangajwe kuri uyu wa mbere.
Nyuma gato y’uko hasinywa amasezerano yo guhererekanya imfungwa yasinywe na Perezida w’u Rwanda n’uwa Uganda imbere ya Perezida wa Angola n’uwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida wa Uganda yari yatangiye kuvuga amagambo yo gutesha agaciro ayo masezerano.
Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi aratangaza ko serivisi zayo z’ikoranabuhanga zigiye kurushaho kumanurwa zikegera abaturage nyuma y’uko hari benshi bakibika amafaranga mu mifuka.
Saa yine zuzuye nibwo abakinnyi 79 bari bahagurutse mu mujyi wa Kigali rwagati ku nyubako ya MIC, berekeza i Huye ku ntera ya Kilometero 120.5.
Abaganga barasabwa kurushaho kwita ku murwayi, n’ubwo yaba arwaye indwara itazakira bakamwitaho bakamuhumuriza, bakamufasha kuzigendera neza batamuhuhuye.
Komite yaguye ya Rayon Sports yamaganye amagambo asebya umuryango wa Rayon Sports yavuzwe na Ivan WULFFAERT, Umuyobozi mukuru wa Skol, isaba uwo muyobozi gutanga ibisobanuro byimbitse ku magambo yavugiye mu itangazamakuru ku itariki 19 Gashyantare 2020.
Nyuma yo kureba agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020 kegukanywe n’umusore Fedorov ukinira ikipe ya Vino-Astana Motors, turebye kandi uko abakinnyi basanzwe bitwara aho bakinira, twabakusanyirije byinshi ku basore bafite ibigwi mu kunyonga igare kakahava, bakoresha imbaraga, ubwenge no gucungana n’ibihe.
Polisi y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (Rwanda Cycling Federation -FERWACY) bifatanyije muri gahunda ya Gerayo Amahoro mu rwego rwo kurushaho kongera ubu bukangurambaga kubakoresha umuhanda.
Madame Jeannette Kagame avuga ko umuryango AVEGA-Agahozo w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wabereye Abanyarwanda ishuri ry’ubudaheranwa kubera uko abanyamuryango bawo bikuye mu bibazo bikomeye, ubu bakaba babayeho nk’abandi.
Mu masaha y’umugoroba w’ejo kuwa gatandatu tariki 22 Gashyantare 2020, ni bwo mu Mudugudu wa Marantima, Akagari ka Rwebeya mu Murenge wa Cyuve, abana barimo b’abakobwa umwe w’imyaka itatu n’undi w’imyaka ibiri batwikiwe mu nzu, umwe ahasiga ubuzima undi arwariye bikomeye mu bitaro bya Ruhengeri.
Kuri iki cyumweru tariki ya 23 Gashyantare 2020, umunyamakuru wa Kigali Today, akaba n’umuhanzi Umugwaneza Jean Claude Rusakara, yakoze ubukwe n’umugore we Divine Uhiriwe.
Umurusiya Yevgeniy Fedorov ukinira ikipe ya Vino-Astana Motors, yo muri Kazakistan, ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020, kavuye mu Mujyi wa Kigali kerekeza mu Karere ka rwamagana, abasiganwa basoreza ku Kimironko mu Mujyi wa Kigali.
Abakorera mu Gakiriro ka Nyagatare barasaba abanyamuryango ba ‘Nyagatare Imvestment Cooperative’ kubakiza ivumbi ndetse n’imivu y’amazi bibangiriza ibikoresho byabo.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze kuwa gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, basoje ibikorwa bari bamazemo icyumweru birimo gutunganya imihanda, kubakira abatishoboye, kubumba amatafari no gusana urukuta rwa Pariki y’Igihugu y’ibirunga hirindwa ko inyamaswa zonera abafite imirima ihegereye.
Nyuma y’uko Radio Horeb, ari yo Radiyo Mariya yo mu Budage, yafashije mu kubaka Radio Mariya Kibeho, yatangiye no gushishikariza Abadage gusura Kibeho.
Nishimwe Naomie wari wambaye nomero 31 muri iri rushanwa, ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2020 atsinze bagenzi be bari bahatanye, asimbura Nimwiza Meghan wari uryambaye mu mwaka wa 2019.
Hari abantu bakunda guhekenya shikarete nyuma yo kurya ibyo kurya birimo ibirungo nka tungurusumu n’ibindi banga ko impumuro yabyo iguma mu kanwa. Hari n’abazihekenya mu gihe bumva bashonje bakumva ko gukanja shikarete byagabanya inzara.
Abatuye mu Karere ka Burera bamaze kugira umuco gahunda ya siporo rusange, aho basigaye bayitabira kabiri mu kwezi bakemeza ko yagize uruhare mu migendekere myiza y’ubuzima bwabo.
Mukasekuru Mathilda, umukozi wa Minisitere y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ushinzwe ubworozi bw’amafi yatangarije Kigali Today ko guhagarika iyinjizwa mu Rwanda ry’abana b’amafi y’ubwoko bwa Tilapia nta ngaruka bizagira kuko hari amaturagiro y’aya mafi mu Rwanda ahagije.
Abatuye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, bafata ururimi rw’ikirashi nk’umutungo ukomeye, kuko rubafasha gusabana no guhahirana n’igihugu cy’abaturanyi cya Tanzaniya mu buryo buboroheye.
Abaturage batuye i Sovu mu Karere ka Huye mu butaka bahawe na Leta mu mwaka wa 1963, binubira gukomeza gushorwa mu manza nyamara Perezida Kagame yaravuze ko bene ibi bibazo bidakwiye gukemurwa n’inkiko.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Gashyantare 2020, ni bwo umuhanzi Kizito Mihigo uherutse gupfa bivugwa ko yiyahuye ubwo yari afungiye kuri Polisi ya Remera mu Mujyi wa Kigali, ashyingurwa mu irimbi rya Rusororo.
Kuir uyu wa Gatandatu ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoreye imyitzo i yaounde, ku kibuga azakiniraho na Cameroun kuri uyu wa Mbere.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abagabo babiri bo mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali bafite ikiyobabwenge cya mayirungi.
Abaturage batandukanye bashima gahunda yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage (descentralisation), bakavuga ko yabaruhuye ingendo zo kujya gushakira ibyemezo n’izindi serivisi ku rwego rw’igihugu.
U Rwanda n’abafatanyabikorwa barwo bazatanga udukingirizo tw’abagabo tugera kuri miliyoni mirongo itatu n’eshatu (33M), muri uyu mwaka wa 2020, ni ukuvuga ko hazaba hiyongereyeho miliyoni ebyiri ugereranije n’izatanzwe umwaka ushize.
Nyuma y’uko hatangajwe imyanzuro y’Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 22 Gashyantare, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje amabwiriza mashya agenga kwimura, gusibiza, kwirukana ndetse no guhindurira ishuri abanyeshuri mu byiciro binyuranye.
Uwitwa Benoit Munyankindi wabaye muri Komite y’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY), arahamagarira abifuza gucuruza ibintu byabo kubishyira hafi, kuko amarushanwa ngarukamwaka ya Tour du Rwanda yegereje.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byashyize ahagaragara Imyanzuro y’Umwiherero wa 17 w’Abayobozi wabaye kuva ku itariki ya 16 kugeza ku ya 19 Gashyantare 2020.
Mu Rwanda hari abantu bafite amazina yagiye yamamara biturutse ku kwitabira isiganwa rya Tour du Rwanda. Ni isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu na ryo rimaze kwamamara ku rwego mpuzamahanga.
Ba rwiyemezamirimo 14 bahawe isoko na kompanyi ya CCID rya miliyari imwe na miliyoni 400 z’Amafaraga y’u Rwanda, ryo gutegura ibiti by’imbuto ziribwa miliyoni zirindwi, none amasezerano yarangiye nta n’igiceri bahawe mu gihe imbuto zasaziye mu buhombekero.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, i Gatuna/Katuna ku mupaka w’u Rwanda na Uganda habereye inama yahuje abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, ndetse n’abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’abahuza muri ibyo biganiro.
Mu Karere ka Nyamagabe hari abarezi bigisha mu mashuri yisumbuye bavuga ko imfashanyigisho zidahagije ziri mu bituma batabasha gutanga uburezi bufite ireme nk’uko babyifuza.
Ikipe ya Benediction Ignite iratangaza ko imyitozo bakoze mbere yo gutangira Tour du Rwanda ibaha icyizere cyo kuba bakwegukana Tour du Rwanda y’uyu mwaka.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Yoweri K. Museveni wa Uganda, bahuriye ku mupaka wa Gatuna-Katuna uhuza ibihugu byombi, mu biganiro bigamije kugarura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Umuyobozi w’ikipe ya Toronto Raptors ikina muri shampiyona ya Basketball muri America (NBA) akaba n’uwashinze Umuryango wa Giants of Africa Masai Ujiri yahishuye aho igitekerezo cyo kubaka Kigali Arena cyavuye.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, yakiriye mu biro bye Perezida wa Angola João Lourenço, na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amashuri makuru na za kaminuza bitujuje ubuziranenge bigiye gukorerwa isuzuma rikomeye, rishobotra kuzasiga amwe afunzwe nk’uko Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza yabitangaje.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iramenyesha abantu bose by’umwihariko aborozi b’amafi n’abarobyi ko hari icyorezo cy’indwara y’amafi cyitwa “Tilapia Lake Virus Disease” cyagaragaye mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yerekeje muri Cameroun aho igiye gukina umukino wa gicuti na Cameroun wo gutegura CHAN, ikaba ijyanye abakinnyi 26.
Itsinda ry’abasirikari b’Abaholandi ku wa kane tariki 20 Gashyantare 2020 bagiriye uruzinduko mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, bagaragarizwa uruhare rw’iki kigo mu gutanga amahugurwa agenerwa abasirikari, abapolisi n’abasivili boherezwa kubungabunga amahoro mu (…)
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’umuryango w’aba Guide n’Abasukuti, iremeza ko kuba uwo muryango uhura n’urubyiruko runyuranye mu bihugu bya Afurika, ari kimwe mu bishobora gufasha gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ kurenga imbibe z’u Rwanda ikifashishwa no mu bindi bihugu.
Mu gihe mu Rwanda imyiteguro y’isiganwa rizenguruka igihugu irimbanyije, abategereje iri siganwa ntibazaryoherwa no kwihera ijisho abatwara amagare gusa, ahubwo hateguwe n’abahanzi bazatuma iri siganwa rirushaho kuryoha, dore ko bazasusurutsa abantu mu bice bitandukanye byo hirya no hino mu gihugu.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Gashyantare 2020, Perezida wa Angola, João Lourenço, yageze mu Rwanda.
SKOL Adrien Cycling Academy (SACA), ikipe nshya igiye gukina Tour du Rwanda bwa mbere, yahigiye kuzamura abakinnyi 15 buri mwaka no kwegukana agace muri Tour du Rwanda 2020.
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2020 Perezida wa Republika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro iserukiramuco ry’umukino wa Basketball rizabera mu Rwanda mu kwa 08/2020.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko ruri gukora iperereza ku izamuka ridasanzwe ryibiciro bya Gaz yo gucana. Mu mezi abiri ashize, ibiciro bya gaz byarazamutse hirya no hino aho icururizwa, bitera abakiriya bayo kubyibazaho cyane.