Uruganda rw’icyayi rwa Mata, tariki 28 Mata 2019 rwibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, runaremera bamwe mu baruturiye hamwe n’abakozi barukorera barokotse Jenoside, bakennye.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko (Legal Aid Forum) mu mwaka wa 2017, bwagaragaje ko abanyarwanda 4% gusa aribo basobanukiwe amategeko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera yatangaje ko hari abandi bayoboye imitwe irwanya u Rwanda barimo kuzanwa mu Rwanda nyuma ya Nsabimana Callixte wiyise Majoro Sankara.
Ikipe ya Kiyovu Sports iraza kwakira APR FC kuri uyu wa Kabiri kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, aho iza kuba idafite abakinnyi batanu basanzwe babanza mu kibuga
Nsabimana Callixte wiyitaga Majoro Sankara wakunze kumvikana ku maradiyo mpuzamahanga no kuri youtube avuga ko we n’abo bakorana bibumbiye mu mitwe bise RNC (Rwanda National Congress) na P5 barimo Kayumba Nyamwasa, Himbara, Rusesabagina n’abandi bamaze gufata parike ya Nyungwe bagasaba ko abakerarugendo bahagarika gusura iyi (…)
Abaturage barema isoko rya Vunga, riherereye mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, ngo babangamiwe n’icyemezo cyafashwe cyo guhagarika imodoka za Twegerane (akenshi zo mu bwoko bwa Hiace), aho bavuga ko ingendo zabo zitagikorwa neza.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rikorera mu Karere ka Karongi mu Burengerazuba bw’u Rwanda (IPRC Karongi) buravuga ko bugiye gusubira mu nyandiko zabwo za kera, bushakishe amakuru yimbitse ku banyeshuri bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu ishuri ry’imyuga ryahoze ari ETO Kibuye ryaje guhinduka (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, atangaza ko nyuma yo gutangiza Itorero mu midugudu, imyumvire y’abaturage igenda ihinduka, bikaba bitanga icyizere ko ikibazo cy’ubujura kivugwa mu Murenge wa Gitega buzacika burundu.
Perezida Kagame arasaba kunoza amategeko ahana abakora ibyaha bifashishije ikoranabuhanga. Yabivugiye i San Francisco muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho yayoboye inama y’umurongo mugari wa Interineti.
Urukiko rw’ubujurire muri Stockholm umurwa mukuru wa Suwede rwahamije igifungo cya Burundu cyahawe Theodore Rukeratabaro wahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu Mirenge ya Busogo na Gataraga mu Karere ka Musanze baravuga ko batitabira kuboneza urubyaro, babitewe n’amakuru y’urujijo bakura muri bagenzi babo yo kuba uwahawe iyi serivisi agerwaho n’ingaruka z’imihindagurikire y’umubiri cyangwa uburwayi.
Hirya no hino mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali hagaragara amakosa ashobora gutera impanuka, kandi wagenzura neza ugasanga ashingiye ku buryo iyo mihanda yubatswe.
Urasabwa kwitabaza urukiko niba (nk’urugero) witwa Kamikazi Nadine mu irangamimerere, ahandi ukitwa Nadine Kamikazi, cyangwa se Nadine ryasimbujwe Nana, cyangwa se kuri ayo mazina hari iryo wongeyeho cyangwa wakuyeho.
Bernard Makuza, Perezida wa SENA y’u Rwanda, yishimiye igikorwa cy’abanyeshuri bo muri INES-Ruhengeri, ubwo bagabiraga inka umukecuru warokotse Jenoside, wari ubayeho mu buzima bubi.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Gerardine Mukeshimana, aravugako ababyiruka ubu bafite amahirwe yo kurererwa mugihugu gifite ubuyobozi butavangura, ahubwo burangajwe imbere no kubaka u Rwanda n’Umunyarwanda, bityo akabasaba kubyaza umusaruro ayo mahirwe bafite.
Abayobozi batandukanye bakurikirana iby’abanyeshuri bimenyereza umurimo mu bigo binyuranye bahamya ko guha umunyeshuri amanota atakoreye ari ukumoroga.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe ubukungu, Jean Paul Hanganimana, avuga ko kutagaragaza ahari imibiri y’Abatutsi uhazi ari ukwiboha mu mutima.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, yashimiye abaturage bagize ubwitabire budasanzwe bagafatanya n’abayobozi mu bikorwa by’iterambere.
Abanyeshuri muri INES-Ruhengeri bafashwa na FAWE-Rwanda, ku bufatanye na Mastercard Foundation babonye inkunga y’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari ebyiri, akaba agiye kubafasha mu mishinga yabo yo guhanga umurimo bakiri ku ntebe y’ishuri.
Abaturage b’Akagari k’Akabahizi mu Murenge wa Gitega mu Karere Ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali barashimirwa uruhare rwabo mu kwishakamo ibisubizo by’ibibazo.
Abayobora Kaminuza za Afurika n’ibigo by’ubushakashatsi barasaba ibihugu byabo kubagenera nibura 1% by’ingengo y’imari buri mwaka, kugira ngo batange ubumenyi bw’ikirenga(Doctorat na PhD).
Komisiyo y’igihugu y’Itorero imaze igihe itangije Itorero mu mashuri abanza n’ayisumbuye, kugira ngo abana batozwe indangagaciro na kirazira bakiri bato bazikurane, aho kuzibatoza basoje amashuri yisumbuye nk’uko byari bisanzwe.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratangaza ko hagiye gutangizwa gahunda yo gufasha abarangije kwiga amashuri y’inderabarezi kujya biga kaminuza ku buntu.
Papy Fatty wigeze gukinira APR FC, ubu akaba ari umwe mu bakinnyi bahesheje itike ikipe y’igihugu y’u Burundi yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika, yitabye Imana ku wa kane tariki 25 Mata 2019.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yanenze amagambo aherutse gutangazwa n’umuhanzikazi Aline Gahongayire wamamaye mu Rwanda no mu mahanga mu ndirimbo zihimbaza Imana.
Sheikh Muhamad Abdulrahman ukomoka muri Arabia Soudite yatangajwe n’imibanire myiza igaragara hagati y’abayislamu n’abatari abayislamu mu Rwanda, avuga ko bigoranye kubatandukanya uretse gusa ku myambarire.
Mu Karere ka Rwamagana hasojwe amahugurwa y’abayobozi b’imisigiti yo mu Ntara y’Iburasirazuba. Ayo mahugurwa yari afite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rwa Imam mu kwimakaza umuco w’amahoro no kurwanya imyumvire y’ubuhezanguni n’iterabwoba.”
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyabereye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali (IPRC Kigali), urubyiruko rwasabwe kwima icyuho abayipfobya ahubwo bagahangana na bo.
Mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal biherereye ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Mata 2019 havutse ibibazo by’amashanyarazi byasaga n’ibishaka guteza inkongi, ariko ku bw’amahirwe ubutabazi burahagoboka buhosha ibyo bibazo.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwahaye uburenganzira ikigo cyitwa ‘Imizi Ecotourism Development Ltd’ bwo gucunga no guteza imbere pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura mu gihe cy’imyaka 25.
Abanyarwanda baba muri New Zealand kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Mata 2019 bibutse bibutse ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.
Umwiherero w’abafite aho bahuriye n’ubutabera wemeje ko icyumba cy’iburanisha cy’urukiko rukuru urugereko rwa Musanze cyiciwemo Abatutsi kigiye kugirwa urwibutso.
Mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro haruguru ya Nyabarongo, habereye impanuka, abari hafi aho bavuga ko yaguyemo umuntu abandi bagakomereka.
Bamwe mu rubyiruko rw’Intore z’Inkomezabigwi, icyiciro cya karindwi, bari mu bikorwa by’urugerero mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi baravuga ko imikoranire idasobanutse yabo n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abagenerwabikorwa ndetse no kubura ibikoresho bituma batagera ku ntego zabo.
Abaturage bo hirya no hino mu gihugu bagiye kujya bahabwa serivisi zitandukanye ku munsi w’umuganda ngarukakwezi kandi bazihabwe ku buntu.
Abiga mu Ishuri rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro rya Gishari, IPRC Gishari, batekereza ko urubyiruko rukwiye gusura inzibutso za Jenoside kugira ngo rusobanukirwe amateka y’u Rwanda.
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, avuga ko urubyiruko rw’ubu nirwirinda amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside u Rwanda ruzabasha gusohoza neza umugambi warwo mu iterambere ry’igihugu n’abagituye, kuko amaboko y’abenegihugu bagizwe ahanini n’urubyiruko azaba ahugiye mu bikorwa bizamura ubukungu bw’igihugu.
Umuyobozi w’Urwego rushinzwe iperereza (RIB), Col. Ruhunga Jeannot, avuga ko mu mwaka umwe abagenzacyaha 12 bamaze kwirukanwa bazira amakosa arimo ruswa.
Umubare w’Abanyarwanda basaba uruhushya rwo kujya mu bihugu by’i Burayi (Visa ya Schengen), wariyongereye muri 2018, ugereranyije no muri 2017, imibare ikaba igaragaza ko abenshi bayisaba bagamije kujya mu Bubiligi.
Abanyabukorikori bo mu mujyi wa Nyagatare baravuga ko batazimurira ibikorwa byabo mu gakiriro ibyifuzo byabo bitarasubizwa, ibibazo birimo uguhabwa igihe cy’igeragezamikorere kirenze ukwezi kumwe, guhabwa amasezerano y’ubukode n’igihe azarangirira kugira ngo igiciro gihinduke.
Abakenera kwishyura serivisi zitandukanye ziganjemo iz’ubucuruzi bashima intambwe imaze guterwa mu kurengera uburenganzira bw’abahabwa serivisi kuko ubu bemererwa kwishyura mu mafaranga y’u Rwanda, cyangwa mu manyamahanga ariko biturutse ku bwumvikane.
Abangavu baterwa inda zitateguwe bo mu karere ka Rusizi baravuga ko n’ubwo bafite ibibazo byinshi ariko kuri ubu ikiri ku isonga ari ukwishyura ubwisungane mu kwivuza bw’abana babo kuko ababatera inda baherukana ubwo, ntibazongere kubaca iryera bagasigarana urugamba rwo kurera bonyine.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Maya mu Kagari ka Kabuga ho mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bishyize hamwe bakubakirana ubwiherero binyuze mu biganiro bahawe n’Itorero ry’Igihugu mu mudugudu wabo, ariko ngo bakaba barabuze isakaro bitewe n’ubushobozi buke.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro WDA buravuga ko abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro bakwiye gushyira imbere kwiga kuruta gukorera amafaranga.
Inteko ishinga amategeko y’Ububiligi yamaze kwemeza umushinga w’itegeko rihana ipfobya n’ihakana rya Jenoside.
Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Jonathan McKinstry, yamaze kwishyurwa amafaranga yishyurizwaga na FIFA yatanzemo ikirego
Abashoramari mu bwubatsi hamwe n’abacururiza mu nyubako y’Ikigo "Champions Investment Corporation(CHIC)", biyemeje kurwana urugamba rw’ubukungu bigana Inkotanyi zarwanye urw’amasasu.
Ibiro bya Perezida wa Repubulika byasohoye itangazo rivuga ku mwanzuro Urukiko rw’Ikirenga ruherutse gufata.
Umukinnyi ukomoka i Burundi Papy Fatty wakinaga mu ikipe ya Malanti Chiefs Fc yo muri Eswatini yaguye mu kibuga ari gukina ahita apfa.
Nyuma y’amezi 10 bakorana na mituweli, abagana ibitaro bya Gatagara babaye benshi ku buryo muri serivise y’igororangingo ubu bari gutanga itariki yo kuzaza kwivurizaho (rendez-vous) za Gicurasi 2020.