Umuyobozi w’ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 23 Mata asoje uruzinduko yakoreraga mu Rwanda.
Ikipe ya Scandinavia y’i Rubavu, yasoje imikino ibanza ya Shampiyona y’abagore ku mwanya wa mbere, nyuma yo gutungura AS Kigali ikayitsinda ibitego 3-0
Muhire Jean Marie Vianney ushinzwe uburezi mu rugaga nyarwanda rushinzwe guteza imbere no kugenzura ababaruramari b’umwuga (ICPAR) ahamagarira urubyiruko kuyoboka amasomo abahesha impamyabushobozi zituma baba abanyamwuga mu ibaruramari (Professional Courses).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatembereje umuyobozi w’ikirenga wa Qatar (Emir of Qatar) Tamim bin Hamad Al Thani muri Pariki y’Akagera ahatuwe n’Inyamaswa eshanu z’ubukombe muri Parike (Big five).
Ahagana saa kumi n’imwe z’igicamunsi kuri uyu wa 22 Mata, umwana w’uruhinja rwari rukivuka yakuwe mu musarane akiri muzima.
Icyegeranyo cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ku ndwara ya Malariya giherutse kumurikwa muri 2016 kigaragaza ko umwana umwe ku isi buri minota ibiri aba yishwe na Malariya.
Abantu bataramenyekana batemye inka y’uwitwa Dusengimana Emmanuel wo mu Karere ka Rubavu, nyirayo agahamya ko byakozwe na baramu be.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) iravuga ko Abashinwa batazatwara amabanga ya Guverinoma y’u Rwanda n’ubwo bayihaye inyubako y’ubuntu bakaba ari nabo bayubatse.
Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije ku rukuta rwa Twitter rwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, yihanganishije abaturage ba Sri Lanka, nyuma y’uko kuri Pasika bibasiwe n’ibitero by’iterabwoba bigahitana abarenga 290.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, Ahishakiye Naphtal, avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bishimira ko noneho batuye mu Rwanda ruha agaciro ubuzima, no kwica Umututsi bikaba bisigaye byarabaye icyaha.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 21 Mata 2019, Abayobozi b’u Rwanda na Qatar bashyize umukono ku masezerano y’imikoranire agera kuri ane, imbere ya Perezida Paul Kagame ndetse n’umuyobozi w’ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.
Ikipe ya Sunrise itsinze AS Muhanga ibitego bibiri kuri kimwe byose byabonetse mu gice cya mbere cy’umukino.
Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani, yageze mu Rwanda, ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki 21 Mata 2019.
Mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi hari agace kahoze ari cellule Kazinda katigeze kagwamo Umututsi n’umwe yaba abari bahatuye cyangwa abahahungiye, ubu abahatuye bakaba bavuga ko iyo Abanyarwanda bose barangwa n’ubumwe nk’ubwaranze ako gace, byari gutuma harokoka benshi.
Myugariro wahoze akinira Rayon Sports Abdul Rwatubyaye, yakinnye umukino we wa mbere muri Sporting Kansas City
Umukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyona y’u Rwanda wahuje Rayon Sports na APR FC, winjije arenga Miliyoni 50 Frws
Umurwa mukuru wa Sri Lanka ari wo Colombo wibasiwe n’ibitero by’ubwiyahuzi kuri iki cyumweru tariki 21 Mata 2019, ku ikubitiro abantu 160 bahasiga ubuzima, abandi babarirwa muri 400 barakomereka.
Elie Ndayisaba, Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko i Murambi hiciwe Abatutsi babarirwa mu bihumbi 50 bari bahazanywe babeshywa kuharindirwa.
Sosiyete itwara abagenzi yitwa Kivu Belt yatangije ingendo z’imodoka hagati y’Akarere ka Rutsiro n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo korohereza abakenera kugana muri ibyo byerekezo byombi.
Mu cyahoze ari Komini ya Ntongwe, (ubu ni mu Karere ka Ruhango) ni agace kashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo hicwaga abagera ku bihumbi 120 ku kagambane k’umuyobozi wa Komini Ntongwe wabasabye guhungira kuri Komini, bagezeyo abashumuriza abicanyi.
Madame Jeannette Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 20 Mata 2019 yerekeje mu karere ka Nyanza ahashyinguye umwamikazi Rosalie Gicanda wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi maze ashyira indabo ku mva ye.
Mu mukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyona, Rayon Sports itsinze APR FC igitego 1-0, gitsinzwe na Michael Sarpong ku munota wa nyuma, bituma APR isigara irusha Rayon Sports amanota atatu gusa.
Abanyarwanda batuye Louvain-La-Neuve mu Bubiligi ndetse n’inshuti z’u Rwanda, kuri uyu wa gatandatu tariki 20 Mata 2019, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, mu muhango waranzwe n’ubuhamya, imivugo ndetse n’amagambo aganisha ku kizere n’ahazaza h’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 20 Mata 2019, yahaye ikaze abitabiriye isengesho ry’iminsi icyenda ‘Ram Katha 2019’, avuga ko ari iby’igiciro kuba barahisemo u Rwanda.
Siboniyo Walter, wo mu karere ka Gakenke ari naho yarokokeye Jenoside, avuga ko ubwo yari ageze kuri bariyeri y’Interahamwe ahitwa i Mukinga, ahunga ngo yasanze zifiye ibiganza n’amaboko by’abantu zimaze kwica.
Abakora imirimo ibahuza n’abanyamahanga kenshi, barasaba bagenzi babo bakora imirimo imwe kujya bafata umwanya uhagije bagasobanurira abanyamahanga babagana amateka y’u Rwanda bakumira ko hari abayafata uko atari.
Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) yizeza abageze mu zabukuru ko politiki ibateganiriza iby’umwihariko bemererwa n’amategeko izashyirwaho bitarenze uyu mwaka.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bazwi nk’abamotari bo mu karere ka Rusizi baravuga ko bakiranye yombi icyemezo cyo kubemerera kujya bisabira icyangombwa kibemerera gutwara moto (autorisation de transport) mu gihe mbere cyatinzwaga no kugisaba binyuze mu makoperative bibumbiyemo bikabakururira ibihano bavuga ko (…)
Kuva muri 2013 i Huye batangira gukina inzira y’ububabare bwa Yezu, Jean Baptiste Ntakirutimana akina ari Yezu, Beata Mukamusoni na we agakina ari Bikira Mariya. Ibi ngo bituma babaho bitwararitse mu buzima bwa buri munsi.
Kuri uyu wa gatanu tariki 19 Mata 2019, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yavuze ko imirimo yo kuvugurura umupaka wa Gatuna iri kugana ku musozo.
Mufti w’u Rwanda Sheikh Salim Hitimana yahaye Bagabo Rachid icyemezo cy’ishimwe ry’uko yagerageje kurwana ku Batutsi bari bahungiye ku musigiti yayoboraga, naho uwitwa Hadji Nshuti Khalid we yemerera Bagabo itike yo kujya gukora umutambagiro mutagatifu i Maka muri Arabia Saudite.
Inanasi ni urubuto rwiza kandi rufite akamaro mu mubiri w’umuntu , nk’uko urubuga rwa Interineti www.femininbio.com rubivuga. Ibi ni bimwe mu byiza byo kurya urwo rubuto.
Ku nshuro ya karindwi kuva mu mwaka wa 2013, Abakirisitu Gatolika b’i Huye bazirikanye inzira y’ububabare Yezu yanyuzemo, banigana uko byagenze anyura muri ubwo bubabare.
U Rwanda rwashimiye igihugu cya New Zealand kuko cyarwoherereje inyandiko zivuga uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yagenze.
Miss Josiane Mwiseneza wambitswe ikamba rya ‘Miss Popularity’ (umukobwa wakunzwe na benshi), muri Miss Rwanda 2019, aranyomoza amakuru yamuvuzweho arebana n’ivangura ry’amoko mu gihe yiyamamazaga ndetse na nyuma y’uko yambitswe iri kamba.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi bavuga ko kuba uyu murenge uzengurutswe n’imisozi miremire kiri mu byatumye gucika ababahigaga byari bigoye cyane maze byiha icyuho ababahigaga.
ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamurikiye abashoramari amahirwe y’ishoramari mu Karere mu bucuruzi n’ubukerarugendo.
Minisitiri w’ingabo mu Rwanda Maj Gen Albert Murasira yatangaje ko agiye kuvugana n’inzego zibishinze kugira ngo umupaka uhuza Goma-Gisenyi wahoze ukora amasaha 24 kuri 24 wongere gukora utyo.
Mukotanyi Innocent ni umwe mu rubyiruko rufite imyaka 25 ari na yo myaka ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda. Harimo abari bamaze igihe gito bavutse, abandi bakaba bari bataravuka ariko ababyeyi babo babatwite.
Gatemberezi Damien arashinja WASAC guhombya ubucuruzi bwe bw’amazi kuko yigabije umuyoboro we igashyira amatiyo hejuru atabanje kugishwa inama.
Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO) buravuga ko bwamaze kuganiriza abamotari ku buryo bitarenze Kamena 2019 abatwara abagenzi kuri moto bose bazaba bafite utwuma tubara ibilometero watwaye umugenzi kandi tukagena igiciro akwishyura.
Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Cyanzarwe uwitwa Nyabyenda JMV ufite imyaka 49 wari umusirikare mu ngabo zatsinzwe "Ex FAR" yagiye mu kabari k’uwitwa Mateso Mussa kuri uyu wa kane tariki 18 Mata 2019 acuranga kuri telefone ye indirimbo za Bikindi Simon.
Bamwe mu bateka kuri gaz baravuga ko muri iki gihe irimo kubashirana vuba nyamara batayikoresheje birenze urugero basanzwe bayikoreshamo.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Rwamagana, urasaba ko abakoze Jenoside barushaho gutanga amakuru yerekeranye na Jenoside.
Ubuyobozi bw’Ikigega cy’u Rwanda cy’Ingoboka (Special Guarantee Fund) buravuga ko kuva muri Nyakanga 2018 kugeza muri Werurwe 2019 kishyuye miliyoni 530FW kubera abantu basabye indishyi kubera guhohoterwa n’ibinyabiziga bidafite ubwishingizi.
I Busanze mu Karere ka Nyaruguru, hari umuryango wagiye kwimura umubiri w’umubyeyi (se) wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basanga aho yari ashyinguye harimo n’umubiri w’umwana bivugwa ko ari uw’umwuzukuru.
Umusore w’imyaka 21, Fred Mfuranzima amaze kwandika ibitabo bibiri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, biturutse kukuba yaratunguwe n’umubare mwinshi w’Abatutsi biciwe I Rusatira mu karere ka Huye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko ibyo Abanyarwanda bakora byose bishoboka iyo igihugu gifite umutekano, abasaba kubigiramo uruhare.