Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze, baravuga ko bitandukanyije n’abagore babaye ibigwari mu gihe cya Jenoside, baba imbarutso y’urupfu rw’Umututsi wa mbere wishwe muri ako gace.
Bamwe mu bakobwa n’abagore biga umwuga w’itangazamakuru muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda baravuga ko nyuma yo kugira amahirwe yo guhugurwa n’umuryango ushyigikiye abagore bari mu itangazamakuru, Women in News (WIN program ), bungutse byinshi harimo no kwigirira icyizere.
Mu Karere ka Nyarugenge, mu Kagari ka Nyabugogo mu Mudugudu wa Gakoni, ahitwa ku Gasharu, havumbuwe ubujura bwo gutanga umuriro mu buryo butemewe ,bukorwa n’abiyita abakozi b’Urwego rw’Ingufu mu Rwanda (REG), uwabikoraga aratoroka, hafatwa uwamufashaga.
Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara ubutumwa bw’abantu batandukanye binubira izamuka rikabije ry’ibiciro by’amazi mu Rwanda.
Umutoza Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo wamamaye ku izina rya ‘Robertinho’ aherutse kugaragara mu mwambaro w’ikipe ya Flamengo bishyira mu rujijo ahazaza he n’ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kuva mu Rwanda agiye iwabo muri Brazil mu biruhuko.
Myugariro Iragire Saidi wari umaze imyaka ibiri akinira Mukura, amaze gusinyira Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri.
Uwababyeyi Honorine, wari ufite imyaka umunani mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko yakorewe iyica rubozo muri Jenoside, aho yamaze iminsi myinshi agaburirwa amazi avanze n’amaraso bafurishaga imyenda bavuye kwica.
Mu Karere ka Nyaruguru, imiryango hafi ibihumbi 25 ituye mu mirenge umunani kuri 14 igize aka karere yahawe amashanyarazi y’imirasire y’izuba.
Umuntu urwaye diyabeti aba agomba kwitondera ifungure rye, kugirango isukari itiyongera cyane cyangwa ikagabanuka mu mubiri.
Nyirasafari Yozefa umukecuru w’imyaka 73, avuga ko ubwo yakobwaga mu myaka myinshi ishize, yakowe inka y’amafaranga Magana atunu (500frw), ariko atangazwa no kubona kuri ubu hari abakobwa bakobwa arenze miliyoni (1,000,000frw), hakaba n’ubwo ubukwe bupfa bitewe n’uko umusore yabuze ingano y’amafaranga asabwa.
Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) Ahmad Ahmad, yatawe muri yombi i Paris mu Bufaransa ashinzjwa ibyaha bifitanye isano na ruswa
Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame aherutse kugirira mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, yagaragarijwe n’abayobozi b’uturere ikibazo cy’imyuzi (amazi ava mu birunga akangiriza abaturage ibyabo), asubiza ko ari ikibazo gisaba amikoro, ariko ko baza kugihagurukira ku buryo ayo mazi yayoborwa neza cyangwa akabyazwa undi (…)
Abaturage bo mu miryango 17 yo mu mudugudu wa Gakoki, akagari ka Gatenga, umurenge wa Gatenga mu karere ka Kicukiro, barasaba kurenganurwa bagahabwa ibyangombwa by’ubutaka bavuga ko ari ubwabo, bamaze imyaka irindwi birukaho ntibabihabwe.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko hari abatekamutwe barimo gukoresha WhatsApp bagamije kwiba rubanda amafaranga, urwo rwego rugasaba abantu kuba maso.
Umuyoboro w’amashusho ya video wa Kigali Today kuri YouTube, ku wa kabiri tariki 04 Kamena 2019 wesheje agahigo ko kurebwa n’abantu barenga miliyoni 50.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 05 Kamena 2019, mu muhanda Rukomo-Gatuna wo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi, habereye impanuka ya Moto ihitana umubikira witwa Terimbere Théopiste, wayoboraga ikigo nderabuzima cya Rushaki ihitana n’umumotari wari umutwaye.
Dr. Irenée Ndayambaje, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi (REB), avuga ko abarimu bagiye kujya bashyirwa mu byiciro.
Umugore yajijishije agaragara nk’uhetse umwana bamufashe basanga ni ibiyobyabwenge ahetse. Yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB), akaba ashinjwa gutunda ibiyobyabwenge nyuma yo kubifatanwa abihetse mu mugongo no kunda, ibindi abyikoreye ku mutwe.
Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta mu Rwanda riremera ko hari ibibazo bidakorerwa ubuvugizi kubera imitere y’iyo miryango.
Uwimana (izina yahawe), umubyeyi wo mu karere ka Ruhango avuga ko umugabo we yamutaye nyuma y’uko arwaye indwara yo kujojoba (Fistula) amaze kubyara umwana wa kabiri, akaba yari ayimaranye imyaka 18.
Abaturage b’imirenge ikora ku ishyamba rya Nyungwe barasaba ko iyi parike yazitirwa cyangwa se bakajya bishyurwa imyaka yabo yonwa n’inyamaswa, ikibazo kimaze igihe kinini nk’uko aba baturage babivuga.
Sosiyete yo mu Bushinwa yakoze inyigo yitezweho kuba igisubizo ku ngendo z’abantu mu Mujyi wa Kigali, by’umwihariko abakoresha ibinyabiziga.
Abarimu bigisha mu mashuri y’uburezi b’ibanze bw’imyaka icyenda (9ybe) n’imyaka 12 (12ybe) mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko hari abanyeshuri bigisha badaha agaciro ibyo bigishwa kubera amashuri bigamo.
Ababyeyi bo mu karere ka Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ku mupaka muto uhuza yu Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, baravuga ko kuva aho baboneye irerero ribasigaranira abana basigaye bakora ubucuruzi bwabo neza.
Ildephonse Habiyambere, Umukozi wa Minisiteri y’Uburezi mu kigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA), wari uyoboye itsinda ryari mu bukangurambaga bugamije kuzamura ireme ry’uburezi mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko muri rusange basanze abayobozi b’ibigo by’amashuri batita ku nshingano zabo.
Umugore witwa Nyirahabineza Jacqueline wo mu Kagari ka Nyamagana, Umudugudu wa Nyabihanga Akarere ka Ruhango, intara y’Amajyepfo amaze amezi umunani yishwe n’umugabo we ubyemera ariko bikaba bitari bizwi.
Ubuyobozi bw’Umudugudu wa Kagara ahari agakiriro ka Gisozi buravuga ko imitungo y’abaturage yahiye ifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 80.
Mu mikino yo guhatanira itike y’imikino nyafurika muri Volleyball izwi nka All African Games, u Rwanda rutsinze Kenya amaseti atatu ku busa
Imibare yo muri 2015 igaragaza Akarere ka Rubavu mu turere twa mbere mu kugira umubare munini w’abana bagwingiye, ku ijanisha rya 46.3%. Ni ukuvuga ko hafi ½ cy’abana bari munsi y’imyaka itanu muri aka karere bagwingiye.
Aba - Islam mu Rwanda ndetse n’abo ku isi yose kuri uyu wa kabiri tariki 04 Kamena 2019 bizihije umunsi mukuru wa Eid al-Fitir usoza iminsi baba bamaze mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, bakora ibikorwa byo kwiyegereza Imana.
Kuri uyu wa kabiri tariki 04 Kamena 2019, aba - Islam bo mu Rwanda no ku isi hose basoje ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan. Nk’uko bisanzwe, bahuriye mu bice bitandukanye mu isengesho risoza uku kwezi. Abanyamakuru bacu bageze kuri Stade Regional i Nyamirambo bareba uko uyu munsi wizihijwe mu mvura yazindukiye ku muryango.
Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) yagendereye ishuri GS Gikongoro tariki 3 Kamena 2019, asanga hakererewe abanyeshuri benshi, hari n’abarimu basibye batabisabiye uruhushya.
Kugira ngo umuntu w’icyamamare cyane cyane umuhanzi amenyekane, bisaba urugendo rurerure, rurimo kugira impano karemano kandi yihariye, gukora cyane, kugaragara mu bitangazamakuru n’ibindi.
Mu ruganda rw’icyayi rwa Shagasha mu Karere ka Rusizi, umwe mu bagize uruhare muri Jenoside yatanze ubuhamya maze bamwe mu barokotse bavuga ko bahoraga bavunwa n’uko ari bo gusa batanga ubuhamya mu bihe byo kwibuka none ngo ibi biratuma imitima yabo iruhuka.
Ikimenyetso cy’amateka cyanditseho amazina asaga 800 y’Abatutsi bazize Jenoside mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango kimaze kuzura, kikaba kizatuma abatuye uyu Murenge babasha kuhibukira ababo.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagihangayikishijwe n’imibiri y’ababo bakoraga mu ruganda rwa Gisakura bakaza kwicwa muri Genocide ariko imibiri yabo bikaba bikekwa ko yaba ikiri muri Nyungwe cyangwa mu mirima y’icyayi.
Mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu gice gikorerwamo ubucuruzi n’ubukorikori, ahazwi nko mu Gakiriro, hadutse inkongi y’umuriro yibasira igice cyaho cyo haruguru gikoreramo koperative APARWA.
Ikigo cyubaka ‘inzu ziciriritse’ mu Rugarama (Nyamirambo) kirararikira abahembwa umushahara ubarirwa hagati y’ibihumbi 200-900 ku kwezi, kwifatira inzu zo kubamo.
Bitewe no kumenyekana ndetse no kugira impano inezeza benshi, abahanzi ni bamwe mu bantu bakundwa cyane kandi na benshi. Cyakora hari ubwo uko kwamamara bituma bamwe bajya mu bitangazamakuru bakarega abahanzi kubatera inda, nyuma yo kugirana ibihe byiza n’abo baba bita abakunzi babo b’ibyamamare cyangwa se bakaba banabihimba (…)
Akagari ka Kabuga kahuriye mu mukino w’umupira w’amaguru n’aka Ndego, twombi two mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare. Ni umukino wahuje abakuze bo muri utwo tugari ku cyumweru tariki 02 Kamena 2019.
Umunyamiderikazi Kate Bashabe, yubuye umushinga wo kuzenguruka bimwe mu bice by’igihugu afasha abatishoboye, igikorwa azakorana n’inshuti ze z’abahanzi banakoranye indirimbo “You & I” yumvikanamo ubutumwa bw’icyizere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) Dr Jean Damascene Bizimana aranenga abana bavuka mu miryango y’abari abayobozi ku Ngoma ya Habyarimana kuba badashaka guhinduka.
Rayon Sports yashyikirijwe ku mugaragaro igikombe cya Shampiyona 2018-2019 Ku wa gatandatu tariki 01 Kamena 2019. Rayon Sports yashyikirijwe icyo gikombe cya Shampiyona y’umwaka w’imikino 2018/2019, nyuma yo gutsinda Marines FC ibitego 3-0.
Mu irushanwa ryo gusiganwa ku magare ryahuzaga ibihugu bitandatu bikoresha ururimi rw’igifaransa, abanyarwanda ni bo bihariye ibihembo byose
I Kibagabaga mu mujyi wa Kigali habereye isiganwa ry’utumodoka duto rizwi nka Go-Kart Race, ryitabirwa n’abakuru ndetse n’abana
Inka zirindwi z’uwitwa Sabiti James zakubiswe n’inkuba zihita zipfa. Byabereye mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka, mu Murenge wa Nyagatare. Byabaye mu mvura yumvikanyemo inkuba yaguye guhera saa munani n’igice z’amanywa ku cyumweru tariki 02 Kamena 2019.