Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) kigaragaza ko imitungo y’Abanyarwanda bose mu gihugu (yitwa umusaruro mbumbe/GDP), kugeza mu mwaka ushize wa 2018 yari ifite agaciro karenga miliyari ibihumbi umunani.
Nyuma y’uko abasizwe iheruheru na Jenoside bari bubakiwe inzu, ariko nyuma y’imyaka irenga 20 zikaba zarashaje, zimwe zaranaguye, mu Karere ka Huye batangiye kububakira inzu nshya.
Abakora ibikorwa by’ubukerarugendo ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hazwi nka Kivu Belt bavuga ko bari gutegura ubukerarugendo bwa Moto nini mu kumenyekanisha ubwiza bw’u Rwanda.
Pastor Rick Warren, umunyamerika ufitanye ubucuti bukomeye n’u Rwanda, aratangaza ko Perezida Kagame ari umuyobozi udasanzwe, kubera ko mu buyobozi bwe ashyira imbere inyungu z’abaturage imbere y’ize.
Clementine Yumvuyisaba avuga ko gukorera abandi no guhora asaba umufasha we amafaranga yo gukoresha mu rugo buri munsi, ari byo byamufashije kugira igitekerezo cyo kwishyira hamwe na bagenzi be ngo bikorere.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi we Tanasha Donna, uhuza itariki y’amavuko na nyina wa Diamond bita Mama Dangote, Diamond Platnumz yatangarije abari bitabiriye ibyo birori ko afite ibyishimo byinshi.
Ku mugezi wa Nyabarongo iruhande rw’urutindo runini rw’ahazwi nko kuri Ruliba, ahakunze kuba imyuzure ikabuza imodoka ziva i Kigali zerekeza mu Majyepfo cyangwa zivayo gutambuka, harimo gukorwa imirimo izaca iyo myuzure.
Itangazo ryashyizweho umukono na perezida w’inteko ishinga amatego umutwe wa SENA, Senateri Bernard Makuza, riravuga ko kuri uyu wa mbere tariki 08 Nyakanga 2019, Senateri Bishagara Kagoyire Thérèse yitabye Imana, imihango yo kumuherekeza ikaba izatangwaza mu bihe biri imbere.
Ikipe ya APR FC yageze muri 1/4 cya CECAFA Kagame Cup, nyuma yo gutsinda Green Eagles igitego 1-0 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Nyakanga 2019 rwahamije ibyaha Bosco Ntaganda wamamaye mu ntambara zo mu mashyamba ya Congo.
Mu gihe bamwe mu banyamahanga bemererwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, bamwe bibaza inzira bicamo kugirango umuntu runaka yitwe umunyarwanda, icyo bimarira uwo muntu ndetse n’uko umuntu ashobora kubutakaza.
Nyuma y’uko Ange Ingabire Kagame ashyingiranywe na Bertrand Ndengeyingoma kuwa gatandatu tariki 06 Nyakanga 2019, amafoto y’ubukwe bw’aba bombi yatangiye kujya ahagaragara.
Amata ni ikinyobwa gikundwa n’abantu benshi, hakaba n’abandi bavuga ko amata y’inka yaba ari mabi ku buzima bw’abantu.
I Gasagara mu Karere ka Gisagara, abaturiye ahayobowe amazi hakorwa umuhanda baturiye bararira ayo kwarika kuko amaze gutwara imirima itari mikeya.
Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu kigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), Gatsinzi Justin aravuga ko ibyiciro bishya by’ubudehe bishobora kuva kuri bine byari bisanzwe, bikaba bitanu.
Mu mukino wa mbere wo mu itsinda rya mbere, Rayon Sports itangiye itsinda Tout Puissant Mazembe kuri Stade Amahoro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 07 Nyakanga 2019 yageze i Niamey muri Niger, aho yahuriye n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu nama ya 12 idasanzwe y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruremeza ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa kamwe mu tugari two mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke yamaze kugera mu maboko y’ubugenzacyaha.
Kuva mu myaka ibiri ishize, serivisi za Mobile Money z’ikigo cy’itumanaho MTN zatangiye kwamamaza uburyo abakiriya bacyo bashobora kwiguriza amafaranga guhera ku gihumbi (1,000frw) kugera ku bihumbi magana atatu (300,000frw).
Abanyeshuri bo muri za kaminuza mu Rwanda barashima gahunda y’ibiganiro mpaka bibahuza ku ngingo zerekeranye n’ubukungu kuko bibatera umwete wo gukora ubushakashatsi bigatuma baniyungura ubumenyi.
Indwara ya trisomie 21 cyangwa se Down Syndrome mu cyongereza, ntirabonerwa izina mu Kinyarwanda.
Nta cyapa na kimwe wahasanga cyanditseho iryo jambo, ariko ubwiye umumotari cyangwa umushoferi uti “ngeza kuri Beretwari”, ntabwo yirirwa ajijinganya.
Intoryi ni imboga zikoreshwa mu ngo nyinshi, kandi zikundwa n’abantu batandukanye, ariko hari abatazi icyo zimaze mu mubiri w’umuntu.
Abanyeshuri 207 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere mu ishuri ry’ubumenyingiro ‘Muhabura Integrated Polytechnic College’ (MIPC), barasabwa kurangwa n’akazi kanoze karimo ubwenge bugeretse ku ndangagaciro z’Umunyarwanda, bazamura iterambere ry’igihugu.
Mu miryango myinshi, iyo bafite umwana unyara ku buriri arengeje imyaka 5 usanga bamuhoza ku nkenke, bityo umwana nawe bikamutera ipfunwe ndetse bikaba byanamuhungabanya.
Uwamahoro Alphonsine wo mu kagari ka Shonga umurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare, avuga ko inka yahawe muri gahunda ya Girinka amaze kuyibyazamo ubutaka akabika ibihumbi 50 buri kwezi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko mu myaka 25 ishize hakozwe urugendo rwageze ku bikorwa by’indashyikirwa, kandi ko ibyagezweho ntacyabihungabanya.
Nzasenga Alfred w’imyaka 48 avuga ko mbere y’umwaka wa 2012, yari umucuruzi usanzwe w’imbaho wakoreraga abandi mu Gakiriro ka Gasozi.
Yadufashije Espérance, wo mu muryango w’abo byagaragaye ko basigajwe inyuma n’amateka batuye mu murenge wa Nyamabuye muri Muhanga, akamira abaturanyi be yirengagije ko na we yagurisha amata akikenura.
Nyuma y’imyaka 25 u Rwanda rubohowe, abatuye ku Ruheru mu Karere ka Nyaruguru barishimira ibyo bamaze kugezwaho, ku buryo hari n’abasigaye bavuga ko iwabo habaye i Kigali.
Umukobwa wo mu murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke, ashinja umwe mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Akagari kumufata ku ngufu ubwo yari agiye kumusaba icyangombwa.
Abaganga bigenga bavuga ko imashini zifashishwa mu buvuzi zihenze, no kuzikora zapfuye bigahenda cyane kuko mu Rwanda nta babizi bahari, bigatuma zitaboneka henshi bityo serivisi zo kuvura zigahenda.
Iyo abantu bavuze ko bagiye muri ‘Sawuna’, ni ahantu haba harateguwe hubakishije imbaho, bagategura aho bicara hakozwe nk’ingazi (escaliers), abaje muri sawuna bakicara kuri izo mbaho, ubundi ubushyuhe buturuka mu mabuye n’inkwi baba bacanye bukajya bubasanga aho bicaye. Ubwo bushyuhe buba buri hagati ya dogere 70°C na 100°C (…)
Abagore bo mu Murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke, bavuga ko gukubitwa no gutotezwa biri mubyo babohotse, ubu bakaba bari mu buyobozi no mu bikorwa binyuranye by’iterambere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio, bakaba bagiranye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye na politike.
Kigali Today yaganiriye na bamwe mu Banyarwanda bashobora kugereranya uko ibiciro by’ifunguro no gucumbika byifashe ku mugenzi wifuza gutemberera mu mijyi itandukanye yo mu Rwanda.
Inzobere mu buzima, zigaragaza ko indwara yo gutandukana kw’imikaya (diastasis recti) akenshi ituma abifuza kugira mu nda hato batabigeraho bitewe no gutwita ku bagore, kwiyongera ibiro ndetse no gukora imyitozo nabi no guterura ibiro biremereye haba ku bagore cyangwa abagabo.
Isake nyirayo yise Maurice yajyanywe mu rukiko rwo mu Bufaransa kubera impagarara iteza mu baturanyi iyo ibitse mu rukerera.
Urukiko rukuru, Urugereko rwa Nyanza, ishami rishinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga, kuri uyu wa gatanu 5 Nyakanga 2019, rwari ahitwa mu Ryabidandi, Akagari ka Nyagisozi, Umurenge wa Nyagisozi, aho rwaburanishije mu ruhame Ntaganzwa Ladislas wahoze ari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Nyakizu.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe imodoka ipakiye ibicuruzwa bya caguwa mu buryo butemewe, dore ko yari isanzwe ikoreshwa muri serivisi zijyanye no gutwara imirambo.
Ikipe ya Rayon Sports na APR FC zamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 20 bazitfashisha muri CECAFA itangira kuri uyu wa Gatandatu
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Musenyeri John Rucyahana, ni umwe mu bavuga ko bakibabazwa n’imibereho y’abasigajwe inyuma n’amateka.
Mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali hari abangavu babyariye iwabo mbere y’uko bashinga ingo zabo.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko kuri uyu wa gatanu tariki ya 05 Nyakanga 2019 ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo gukomeza kwizihiza umunsi wo kwibohora.
Aha ndavuga nk’Umunyarwanda wabaye mu Rwanda nkivuka. Abanyarwanda twese twari tuboshye, abibwiraga ko bataboshye baribeshyaga. Abatutsi bari baboshywe no gucibwa mu gihugu bakirimo, n’ipfunwe ryo kuzira icyo utihaye.
Ikipe ya DCMP yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabuze amikoro yo kuza i Kigali gukina imikino ya CACAFA Kagame Cup ihita isimbuzwa AS Maniema Union.
Ikipe ya AS Kigali yegukanye igikombe cy’Amahoro ku nshuro ya gatatu, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-1.
Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 u Rwanda rumaze rwibohoye ku rwego rw’igihugu byabereye kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa 04 Nyakanga 2019. Hari hateraniye abantu batandukanye harimo Abanyarwanda n’abanyamahanga. Ababyitabiriye bizihiwe nk’uko bigaragara muri aya mafoto yafashwe n’umunyamakuru wa Kigali (…)