Umutoza wa Rayon Sports Robertinho, biteganyijwe ko azagaruka mu Rwanda aje gutegura CECAFA, akazazana n’abakinnyi babiri bakomoka muri Brazil.
Abahanga mu by’ubuhinzi bavuga ko gukoresha ikoranabuhanga muri uwo mwuga ari byo bizagabanya ibibazo biwurimo, cyane ko ryoroshya ihererekanyamakuru bityo ibikenewe bigakorwa ku gihe.
Mu rwego rwo kwifatanya n’abandi Banyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango ‘Akazi Kanoze Access’ wasuye urwibutso rwa Kamonyi unaremera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babiri bo mu murenge wa Kayenzi.
Imiryango 12 y’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi yorojwe ihene iragaya abazihabwa bakazigurisha cyangwa bakazirya zitarororoka.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Jonhston Busingye, atangaza ko urwego rw’abunzi rukwiye kubona inyubako zo gukoreramo kimwe n’izindi nzego, aho gukomeza gukorera munsi y’ibiti.
Mu rukerera rwo ku wa 25 Kamena 2019, zishagawe na Polisi y’u Rwanda, inkura eshanu zifite amazina ya Jasiri, Jasmina, Manny, Olomoti na Mandela, zahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe zerekeza muri Pariki y’Igihugu y’Akagera.
Abayobozi b’ikigo Wealth Fitness International batwawe n’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), nyuma yo gutegura amahugurwa ku bijyanye no kwiyungura ubumenyi mu bucuruzi, ariko ibyari amahugurwa bikavukamo ibibazo.
Ikipe ya Etincelles yo mu karere ka Rubavu, ikomeje kwiyubaka aho yamaze gusinyisha abakinnyi babiri bakomoka mu gihugu cya Uganda
Benshi mu Banyarwanda bajya bibwira ko indwara y’igicuri idakira. Kigali Today irabagezaho amakuru atandukanye ajyanye n’indwara y’igicuri yifashishije inzobere kuri iyo ndwara ndetse n’imbuga zitandukanye za interneti.
Muri gahunda yo gufasha abana bafite impano zo gukina umupira w’amaguru, abakinnyi 13 binjijwe mu ikipe ya Musanze nyuma y’amarushanwa yo gutoranya abana bafite impano.
Abanyamahirwe batandatu bamaze gutombora miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Ikof’ Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, mu rwego rwo kubafasha gukemura ibibazo bahuraga na byo mu kazi kabo.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko bakomeje guhomba, imyaka yabo ikarumba bitewe n’ibura ndetse n’itinda ry’inyongeramusaruro, harimo imbuto z’indobanure n’ishwagara bakoresha bafumbira imyaka yabo.
Abatuye mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Nyabikiri mu Kagari ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo bashima ko bahawe inka ariko na none bagasaba ubutaka bwo kuzihingiraho ubwatsi.
Hirya no hino mu mijyi yo mu Rwanda haboneka ababyeyi bakora akazi ko gukubura mu mihanda. Ni akazi gatunze abo babyeyi mu buzima bwo mu mujyi buba butoroshye. Hari abibaza uko abo babyeyi babasha kubaho mu mujyi babikesha ako kazi.
Umuryango “Ndayisaba Fabrice Foundation” washinzwe na Ndayisaba Fabrice, urasaba abana biga mu mashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside no gukunda bagenzi babo, bakabikora binyuze mu mikino n’imyidagaduro.
Umuryango ’Ndera nkure mubyeyi’ urasaba ababyeyi kwita ku mirire y’abana babo kandi bakabakurikirana umunsi ku munsi, kugira ngo babarinde kugwingira ku mubiri, no mu bwonko.
Hari abantu bibaza niba kurya imineke byaba bifite akamaro kurusha uko umuntu yarya ibitoki bitetse. Ibyo ni byo Kigali Today yifuje gusubiza uyu munsi, yifashishije imbuga zitandukanye.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Kamena 2019 ku i saa sita n’igice, Abanyarwanda n’abaturarwanda bakunda gusura ubutaka butagatifu muri Israel barasubizwa kuko RwandAir, ikompanyi y’u Rwanda ikora ingendo rusange, itangira ingendo zerekeza i Tel Aviv muri Israel.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB kiratangaza ko kigiye gushyiraho isomer muri buri cyumba cy’ishuri, mu rwego rwo gushishishikariza abana gusoma.
Marie Grace Abayizera uzwi nka Young Grace witegura kubyara imfura ye, yamaze no kumuhimbira indirimbo yise “Diamante”, izina n’ubundi azita umwana we.
Nizeyimana Didier wabaye umwana wo ku muhanda akaribwa n’ubuzima bw’ubukene, nyuma akaba mu bigo by’abana badafite aho kuba, ubu ni Umunyarwanda wagizwe umuturage wa Amerika, akubaka amazu mu Rwanda n’ibindi bikorwa. Yahishuye ko byose abikesha umuziki n’ubwo hari abafata umuziki we nko kwishimisha.
Abantu batandukanye barya ubuki bakanabukunda ariko hari ababukunda kuko bubaryohera ariko batazi icyo bumaze mu mubiri w’umuntu, hari n’ababurya babukunze nyamara batazi ko bifite ingaruka mbi ku buzima bwabo bitewe n’impamvu zitandukanye. Kigali Today yahisemo kubagezaho bimwe mu byiza byo kurya ubuki.
Ikigo giteza imbere Isoko ry’Imari n’Imigabane (Capital Market Authority, CMA) kiravuga ko abarema iri soko atari abaherwe gusa, kuko n’uwazigamye amafaranga 500 buri munsi, asoza umwaka yinjije arenga ibihumbi 180.
Inkura eshanu zaturutse ku mugabane w’u Burayi zageze mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 24 Kamena 2019 ziturutse muri Repubulika ya Tchèque.
Abayobozi baherutse gutorwa bahagarariye abandi mu muryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo no mu turere tuyigize biteguye gukorera ku ntego no kubazwa ibyo batagezeho, mu guharanira ubuzima bwiza bw’Abanyarwanda.
Mushabe David Claudian umuyobozi w’akarere ka Nyagatare yasabye urubyiruko rwasoje urugerero ruciye ingando kujya guhangana n’ibibazo bibangamiye umuryango nyarwanda.
Tombora ya kimwe cya kabiri mu Gikombe cy’Amahoro yabaye kuri iki cyumweru yongeye guhuza Rayon Sports na AS Kigali mu gihe undi mukino uzahuza Police na Kiyovu.
Mu irushanwa rya Volley Ball ryo kwibuka Alphonse Rutsindura ryabaga ku nshuro ya 17, REG mu bagabo na RRA mu bagore nibo begukanye ibikombe.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu 63 bari mu byiciro bitandukanye bavuga ko gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi ari umwanya ukomeye utuma barushaho kubona ububi bwa Jenoside, bityo baharanire kurwanya amacakubiri hagati yabo.
Ubuyobozi bw’ishuri rya IFAK (Institut de Formation Apostolique de Kimihurura) buvuga ko kwigisha abana umuco w’amahoro n’urukundo ari inzira nziza yo guhindura amateka mabi igihugu cyanyuzemo, yakigejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Gakwerere Moses utuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kanyinya mu Kagari ka Taba, Umudugudu wa Taba, yagize amahirwe yo kugaruka mu Rwanda ku wa gatanu tariki 21 Kamena 2019 nyuma yo gufatirwa muri Uganda akahafungirwa mu gihe cy’amezi atatu azira akarengane nk’uko abisobanura.
Abagore batwite n’abateganya gutwita bakwiye kwirinda kunywa inzoga uko yaba ingana kose kugeza igihe umwana avukiye, kuko bigira ingaruka ku buzima bw’umwana utaravuka mu mikurire ye, ku bwonko ndetse no ku marangamutima ye akaba yahura n’ingorane zitandukanye.
Senateri Tito Rutaremara atangaza ko Leon Mugesera yibeshyaga ubwo yashishikarizaga Abahutu kwica Abatutsi bakabaroha muri Nyabarongo ngo basubire iwabo muri Etiyopiya.
Abanyeshuri bo mu ishuri rya Nyagatare Secondary School biga siyansi bahembwe kubera umushinga bakoze wo kubyaza umusaruro impapuro zakoze zajugunywaga cyangwa zigatwikwa, bakazikuramo ikibaho (White board) cyandikwaho.
Intore zo mu Karere ka Nyaruguru zari zimaze iminsi 40 ku rugerero ruciye ingando zazamuye amazu ane, zisana 11 zinakurungira 119. Ibi bikorwa babikoreye mu Mirenge ya Cyahinda na Nyagisozi.
Ikipe ya UTB na REG VC iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona ni zo zageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa Memorial Rutsindura riri kubera mu Karere ka Huye ku nshuro yaryo ya 17.
Madame Jeannette Kagame yemereye ba rwiyemezamirimo b’abagore kubatera inkunga ngo bahangane n’imbogamizi bahura na zo, ariko abasaba kureka kwigana imishinga y’abandi kugira ngo bazamure uruhare rwabo mu mibereho myiza.
Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine avuga ko abagabo n’abahungu bagize umuryango AERG bakwiriye gukura amaso ku bidashoboka bakayahanga ibishoboka.
Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo rya Kibondo riherereye mu Karere ka Gatsibo barasaba kugabanyirizwa igiciro cy’umuriro w’amashanyarazi kuko bituma badatera imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko kuba abangavu baterwa inda batavuga abazibateye bikiri mu bituma iki cyorezo kidacika.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’imicungire y’Abakozi n’Umutungo (RMI) Hon. Sen. Gasamagera Wellars aratangaza ko imbaraga zishyirwa mu kwigisha ubumwe n’ubwiyunge zikwiye kujyana n’amateka y’agace runaka muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mukeshabatware Dismas, uzwi cyane mu makinamico atandukanye, aho azwi ku mazina nka Rutaganira muri Musekeweya, Shuni, Nyangezi, Mbirikanyi, n’andi mazina menshi akina yitwa mu itorero indamutsa, avuka mu karere ka Nyaruguru.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abagore bane, ubwo bari bahetse ibiyobyabwenge byo mu bwoko bunyuranye.
Banki y’u Rwanda ishinzwe Amajyambere(BRD) ikomeje kwishyuza inguzanyo ya buruse abantu bigiyeho muri Kaminuza kuva mu mwaka w’1980, ababyanze bakabarwa nk’abambuye banki(bihemu).
Ibitutsi ni amagambo ubwira umuntu umwifuriza ibibi, umushakira ikerekezo gitandukanye n’icyo umuntu yifuza kubamo, bikakirwa bitewe n’uburyo ugututse yitwaye cyangwa aho agutukiye, kuko ashobora kugutuka arakaye cyangwa atebya. Gusa hari abavuga ko bigaragaza umuntu ufite ikinyabupfura gike.
Abahanzi Senderi International Hit na Intore Tuyisenge, bamaze gushyira hanze indirimbo “Ibidakwiriye Nzabivuga” ivuguruye, yumvikanamo amagambo Perezida Kagame yari yasabye ko yasimbuzwa ayari asanzwe mo.
Kuri uyu wa Gatanu ubwo hatangazwaga amatsinda ya CECAFA Kagame Cup 2019, ikipe ya Rayon Sports na TP Mazembe zisanze mu itsinda rya mbere