Amakuru mashya ya Minisiteri y’Ubuzima aravuga ko mu Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 16 Werurwe 2020, hagaragaye abandi bantu babiri barwaye Coronavirus, nk’uko itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ribivuga.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa mbere tariki 16 Werurwe 2020, yakiriye mugenzi we wa Ethiopia, Sahle-Work Zewde, bagirana ibiganiro byabereye muri Village Urugwiro, byibanda ku mubano w’ibihugu byombi.
Umujyi wa Gisenyi uturanye n’umujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wafashe ingamba mu kongera isuku mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19.
Nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize mu Rwanda hagaragaye abantu batanu bafite uburwayi bwa Coronavirus, Leta y’u Rwanda yakajije ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa ry’iki cyorezo, ndetse inatanga inama ku baturage zo kwirinda uko bashoboye kose kugira ngo babashe guhagarika iki cyorezo.
Leta ya Tanzania yemeje ko muri iki gihugu hagaragaye umuntu wa mbere wanduye Coronavirus (CIVID-19), akaba ari umugore waturutse mu Bubiligi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Turere twa Huye, Gisagara na Nyanza, bagaya abarimu bakosora nabi ibizamini bitegurwa n’umuryango ‘Carrefour’ bibumbiyemo, biba bitegura abana kuzakora ibizamini bya Leta.
Abaturage bo mu Murenge wa Sovu mu Karere ka Ngororero bibumbiye mu matsinda bigurira ihene 532, intama 673, inka 84, ingurube 213, bubaka n’inzu 42.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kubera ingamba zafashwe zo kwirinda cyorezo cya Coronavirus (COVID-19), hari serivisi ayo zabaye zihagaritswe.
Minisiteri y’Ubutabera yamenyesheje abayigana basaba serivisi zitandukanye, ko bashobora no kuzisaba bakoresheje telefoni zabo zigendanwa, mu rwego rwo gukumira ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti (Rwanda Food and Drugs Authority -FDA) cyasabye abatumiza hanze n’abakora ibikoresho by’isuku muri rusange, abakora udupfukamunwa n’ibindi biri gukoreshwa mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, kwirinda kuzamura ibiciro.
Imvura nyinshi yaguye kuwa Gatanu tariki 13 Werurwe 2020, mu Murenge wa Uwinkingi mu Karere ka Nyamagabe yatwaye umusozi, utsukaho nka metero 15, nk’uko bivugwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Uwinkingi byabereyemo.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yasabye abatuye isi kudacibwa intege n’icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19, abasaba kudakuka umutima, ahubwo bakarushaho kucyirinda no kugikumira.
Amakuru mashya atanzwe na Minisiteri y’Ubuzima aravuga ko mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 15 Werurwe 2020, hagaragaye abandi bantu bane barwaye Coronavirus, ibi bikaba byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri batanu (5).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yinjiye mu bukangurambaga bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) bushishikariza abatuye Isi gukaraba intoki mu rwego rwo kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19.
Nyuma y’impinduka ziherutse gutangazwa mu buryo Siporo rusange izwi nka Car Free Day izajya ikorwamo, aho umuntu azajya akora siporo ku giti cye, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagaragaye bitabiriye iyi Siporo, bayikorera hafi y’aho batuye bakurikije izo mpinduka, mu rwego rwo kwirinda icyorezo (…)
Nyuma yo gufata umwanzuro ko nta mufana ugomba kwinjira muri Stade, bamwe mu bafana bafashe umwanzuro wo kurebera umupira mu biti, abandi bagaragara bambaye udukoresho dupfuka umunwa mu kwirinda Coronavirus
Minisiteri y’Uburezi ishingiye ku itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rimenyesha ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa rya Coronavirus (COVID-19), yatangaje ko ibigo by’amashuri na za Kaminuza (bya Leta n’ayigenga) bizafunga nibura igihe cy’ibyumweru bibiri uhereye tariki ya 16 Werurwe 2020.
Abayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Rubavu barategura uko bashobora gutanga ubutumwa ku bayoboke babo bitabaye ngombwa ko babahuriza hamwe mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
Mu rwego rwo kwirinda no gukumira icyorezo cya #COVID19, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruramenyesha abantu bose ko kugenda abagenzi bahagaze muri Bisi bibaye bihagaritswe.
Minisiteri y’Ubuzima ishingiye ku ntera icyorezo cya Coronavirus kimaze gufata, yashyizeho amabwiriza mu rwego rwo kugabanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.
Abaturage182 batangiye kwimurwa mu Mudugudu wa Kangondo ya mbere mu Kagari ka Nyarutarama mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, kubera ko amazu yabo ari mu manegeka ashobora gutwarwa n’imyuzure iterwa n’imvura nyinshi iri kugwa.
Minisiteri ya Siporo imaze gutangaza ko kubera icyorezo cya Coronavirus, amarushanwa yose akinirwa mu Rwanda ahagaritswe kugeza igihe kizatangazwa
‘Coalition Umwana ku Isonga’ na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, baravuga ko batewe impungenge n’umubare munini w’abana udafite ibiribwa n’ibyo kwambara bihagije, ndetse ko abenshi ngo batanditswe mu irangamimerere.
Mu mukino w’umunsui wa 24 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports inganyije na Gicumbi igitego 1-1
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2020, yatanze ubutumwa bwerekeranye n’icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19 kirimo kuvugwa hirya no hino ku isi, kikaba cyamaze no kugaragara mu Rwanda.
Umunsi wa 20 wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda wakinwe ku wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe 2020 muri Kigali Arena. Ikipe ya Patriots BBC yatsinze Espoir BBC amanota 82 kuri 67, REG BBC itsinda IPRC Kigali amanota 71 kuri 52.
Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ryo kuri uyu wa gatandatu tariki 14 Werurwe 2020 riravuga ko mu Rwanda habonetse umuntu wa mbere wanduye icyorezo cya Coronavirus cyiswe COVID-19.
Ihuriro ry’Abanyarwanda bize muri za Kaminuza zinyuranye zo mu Bushinwa, bafashe umwanya wo kugira ubutumwa bagenera Abashinwa mu rwego rwo kubereka ko bifatanyije na bo.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza ku wa gatanu tariki 13 Werurwe 2020 rwategetse ko abantu batandatu bafungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Karere ka Karongi rwafashe uwitwa Nyiramfatahose Pelagie w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu Murenge wa Bwishyura ucyekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17.
Umuyobozi w’Ikipe ya Musanze, Tuyishime Placide, yitegura guhura n’ikipe ya Gasogi kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2020, yatangaje ko abakinnyi be bashyiriweho agahimbazamusyi katigeze gatangwa mu Rwanda.
Umuhanzi Cyusa Ibrahim n’itsinda rye Gakondo baturukanye mu Rwanda bagiye mu bitaramo mu Bubiligi, bagize amahirwe yo gukora kimwe mu bitaramo bibiri bagombaga gukorera mu Bubiligi.
Kubera icyorezo cya Coronavirus gikomeje kwibasira isi, amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda yamaze kumenyesha ko atakitabiriye imikino mpuzamahanga iteganyijwe mu minsi ya vuba
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika rimaze gusubika imikino yo guhatanira itike ya CAN 2021 kubera icyorezo cya Coronavirus
Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko Virusi ya Corona yahawe izina rya COVID-19 ari icyorezo cyugarije isi, asaba ibihugu n’abanyabwenge kwihuriza hamwe bakayirwanya. Iyi ndwara ikomeje kuyogoza isi yibasiye n’imikino aho bamwe mu bakinnyi n’abatoza (…)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2020, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe abagabo 40 bakekwaho gusambanya abana b’abangavu bakabatera inda, mu mirenge yose igize Akarere ka Rusizi.
Ibitaramo bitanu umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania yagombaga gukorera i Burayi yari yarise Europe Tour byahagaritswe kubera icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19 gikomeje guhangayikisha isi.
Kitoko Bibarwa umunyamuziki usigaye aba mu Bwongereza, yatangaje ko noneho ari mu rukundo kandi ko bitarenze uyu mwaka wa 2020 azaba yashyingiranywe n’umukunzi we.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko uburyo bushya bwo gukorera uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga hifashishijwe ikoranabuhanga rya mudasobwa, buzaca burundu ruswa yakundaga kuvugwa muri icyo gikorwa.
Ikipe ya UTB VC y’abagabo yahigiye gutsinda REG VC nyuma yo kuyitwara igikombe mu irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel iyitsinze amaseti 3-2.
Iki gitekerezo cyagaragajwe mu biganiro abikorera bo mu Karere ka Huye bagize, byari bigamije kurebera hamwe amahirwe ari mu Karere ka Huye abikorera bashobora kugenderaho bagatera imbere.
Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) watangaje ko usubitse inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu yari iteganyijwe mu minsi iri imbere, ndetse n’ibindi bikorwa byose by’uwo muryango byagombaga guhuriramo abantu benshi bikaba bihagaze.
Umunya-Esipanye Mikel Arteta utoza Arsenal yakorewe ibizamini, bigaragaza ko yanduye icyorezo cya Coronavirus, ashyirwa mu kato.
Yankurije Drocella wo mu Kagari ka Mbare, Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, amaze imyaka 10 atubura imigozi y’ibijumba nyuma yo kubihugurirwa, none yiteje imbere bikaba binamutungiye umuryango.