Abagore bo mu Murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke, bavuga ko gukubitwa no gutotezwa biri mubyo babohotse, ubu bakaba bari mu buyobozi no mu bikorwa binyuranye by’iterambere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio, bakaba bagiranye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye na politike.
Kigali Today yaganiriye na bamwe mu Banyarwanda bashobora kugereranya uko ibiciro by’ifunguro no gucumbika byifashe ku mugenzi wifuza gutemberera mu mijyi itandukanye yo mu Rwanda.
Inzobere mu buzima, zigaragaza ko indwara yo gutandukana kw’imikaya (diastasis recti) akenshi ituma abifuza kugira mu nda hato batabigeraho bitewe no gutwita ku bagore, kwiyongera ibiro ndetse no gukora imyitozo nabi no guterura ibiro biremereye haba ku bagore cyangwa abagabo.
Isake nyirayo yise Maurice yajyanywe mu rukiko rwo mu Bufaransa kubera impagarara iteza mu baturanyi iyo ibitse mu rukerera.
Urukiko rukuru, Urugereko rwa Nyanza, ishami rishinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga, kuri uyu wa gatanu 5 Nyakanga 2019, rwari ahitwa mu Ryabidandi, Akagari ka Nyagisozi, Umurenge wa Nyagisozi, aho rwaburanishije mu ruhame Ntaganzwa Ladislas wahoze ari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Nyakizu.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe imodoka ipakiye ibicuruzwa bya caguwa mu buryo butemewe, dore ko yari isanzwe ikoreshwa muri serivisi zijyanye no gutwara imirambo.
Ikipe ya Rayon Sports na APR FC zamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 20 bazitfashisha muri CECAFA itangira kuri uyu wa Gatandatu
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Musenyeri John Rucyahana, ni umwe mu bavuga ko bakibabazwa n’imibereho y’abasigajwe inyuma n’amateka.
Mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali hari abangavu babyariye iwabo mbere y’uko bashinga ingo zabo.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko kuri uyu wa gatanu tariki ya 05 Nyakanga 2019 ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo gukomeza kwizihiza umunsi wo kwibohora.
Aha ndavuga nk’Umunyarwanda wabaye mu Rwanda nkivuka. Abanyarwanda twese twari tuboshye, abibwiraga ko bataboshye baribeshyaga. Abatutsi bari baboshywe no gucibwa mu gihugu bakirimo, n’ipfunwe ryo kuzira icyo utihaye.
Ikipe ya DCMP yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabuze amikoro yo kuza i Kigali gukina imikino ya CACAFA Kagame Cup ihita isimbuzwa AS Maniema Union.
Ikipe ya AS Kigali yegukanye igikombe cy’Amahoro ku nshuro ya gatatu, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-1.
Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 u Rwanda rumaze rwibohoye ku rwego rw’igihugu byabereye kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa 04 Nyakanga 2019. Hari hateraniye abantu batandukanye harimo Abanyarwanda n’abanyamahanga. Ababyitabiriye bizihiwe nk’uko bigaragara muri aya mafoto yafashwe n’umunyamakuru wa Kigali (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasobanuye intandaro y’urugamba rwo kwibohora, avuga ko urugamba rwari ngombwa kandi nta kundi byari kugenda kuko hagombaga kubaho uburyo bwo guhanga igihugu gishya kandi cyiza.
“Urugamba rw’amasasu rwararangiye, haracyasigaye urugamba rwo kurwanya ubukene”, ni imvugo ikunze kugarukwaho n’abayobozi benshi uhereye ku bagize Guverinoma kugera mu nzego z’ibanze, ndetse no mu baturage basanzwe.
Imyaka ibaye 25 ishize nyuma y’aho ingabo zahoze ari iza RPA zibohoreje u Rwanda zigahagarika jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni.Nyuma urugamba rwo kwibohora rwakomereje mu bikorwa bitandukanye byo kubaka igihugu.
Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) igaragaza ko ibikorwa byo kubohora Abanyarwanda ingoyi y’ubukene n’imibereho mibi mu mwaka wa 2018-2019 bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyari 97.5, ariko ko hakoreshejwe miliyari 85.3 bigatuma Leta izigama amafaranga arenga miliyari 12.1.
Mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25, umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare uzwi nka Bonhomme mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguye ibitaramo bibiri yise ‘Inkotanyi ni Ubuzima’, agamije gusobanura uko abasirikare b’Inkotanyi bagiye barokora Abatutsi bicwaga mu gihe cya Jenocide (…)
Abaturage b’Akagari ka Nyarutarama mu Mudugudu wa Kangondo ya kabiri mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bihaye intego yo gusura inzibutso zitandukanye kugira ngo barusheho kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’umwihariko wa buri gace.
Nyuma yo gukatisha itike yo kujya mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’abari n’abaregarugori, ikipe y’umupira w’amaguru y’abagore (Fatima Women Football Club) ya Kiliziya Gatolika Diyoseze ya Ruhengeri, yihaye intego yo kujya iza mu makipe ane ya mbere.
Perezida Kagame avuga ko Imana irema isi nta bice byaremewe gukena, akavuga ko Afurika n’u Rwanda by’umwihariko bitaremewe guhora bisabiriza kubera ubukene, bityo ko mu myemerere ye bitarimo.
Nyuma yo kubona ko impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bw’abantu buri munsi, Polisi y’ u Rwanda mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bw’abakoresha umuhanda ibinyujije mu bukangurambaga bwa ‘Gerayo amahoro’ uku kwezi kwa Nyakanga yaguhariye ibikorwa byo kubungabunga ibikorwaremezo byo mu muhanda.
Amazi ni ikintu cy’ingenzi mu buzima bw’abantu. Abahanga bavuga ko n’ubuzima ubwabwo butangirira mu mazi. Uyu munsi Kigali Today yifashishije imbuga za interineti zitandukanye, irabagezaho ibyiza by’amazi ava mu butaka agasohoka ashyushye yitwa ‘amashyuza’.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa gatatu 03 Nyakanga 2019 yatashye umudugudu w’icyitegererezo wa Karama wubatswe mu murenge wa Kigali, akarere ka Nyarugenge mu mujyinwa Kigali, wuzuye utwaye amafaranga y’u Rwanda y’u Rwanda arenga miliyari umunani.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) Dr. Karangwa Patrick, avuga ko mu mwaka umwe gusa u Rwanda rutazongera gutumiza imbuto mu mahanga.
Ku cyumweru tariki ya 30 Kamena 2019, ibitaro bya Kacyiru byatanze inka 10 i Bitare mu Karere ka Nyaruguru, zagenewe abarokotse Jenoside bahatuye batishoboye.
Col. Rugazora Emmanuel uyobora ingabo mu turere twa Nyanza, Ruhango, Muhanga na Kamonyi yasobanuriye urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza iby’ubutumwa bw’gitabo cy’impanuro Perezida Kagame yasohoye.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza ku nshuro ya 25 umunsi wo Kwibohora, bamwe mu bahanzi bamenyekanye muri muzika nyarwanda bazitabira igitaramo cyo Kwibohora 25 baributsa Abanyarwanda ko ari inshingano za buri wese gusigasira ibyagezweho.
Uwo mudugudu uherereye ahitwa i Karama mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge, ukaba ugizwe n’inzu z’icyerekezo zubatswe zijya hejuru (etages), zatujwemo imiryango 240 itari ifite aho kuba ndetse n’iyakuwe mu manegeka.
Urubyiruko rwiganjemo urwo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo rwongeye gukangurirwa kwirinda icyorezo cya Sida n’inda ziterwa abangavu zikabangiriza ahazaza habo.
Jenoside yakorewe Abatutsi yibasiye bamwe mu bari ibirangirire kubera imyuga yabo. Hari bamwe mu bana babo biyemeje kugera ikirenge mu cy’ababyeyi babo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko amahanga yatekerezaga ko urugamba rwo kwibohora rwari kuba rwararwanywe mu bundi buryo.
Mizero Irené uvuka mu karere ka Ngororero, avuga ko akimara kumenya amakuru y’uko ababyeyi be bombi bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yabayeho mu buzima bubi aho yakuranye ibikomere n’ipfunwe yatewe n’ibyo ababyeyi be bakoze.
Kuri uyu wa kabiri ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha abakinnyi batanu baheruka gutandukana n’ikipe ya APR FC
Umuryango ‘Girl Smile Rwanda’ uratangaza ko iyo imiryango mito itegamiye kuri Leta idakora iteganyabikorwa rinoze, ibikorwa byayo bitajya biramba.
Muri iki gihe, aho umuntu ahagaze hose muri Kigali, ashobora kubona inzu nziza y’umweru iba ishashagiranamo amatara mu masaha ya nijoro.
Abashakashatsi bo mu kigo cy’igihugugishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) barakangurira abahinzi b’ibirayi guhinga imbuto z’indobanure kuko ari zo zitanga umusaruro mwishi kuruta imbuto zahunitswe n’abaturage.
Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi n’Umurenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro ni yo yahize iyindi mu gihugu hose mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe mu kwezi k’Umuganda kuva muri Nyakanga, Kanama na Nzeri 2018, igenerwa ibikombe n’ibihembo bya Miliyoni eshanu n’igice z’Amafaranga y’u Rwanda.
Mu mpera z’icyumweru gishize, mu karere ka Huye habereye isiganwa ry’imodoka (Huye Rally 2019), ritegurwa buri mwaka hagamijwe kwibuka Gakwaya Claude Senior, wamamaye muri uyu mukino ariko akaza kwitaba Imana mu 1986 azize impanuka.
Manishimwe Djabel wakinga muri Rayon Sports, yatunguranye agaragara mu myitozo ya APR FC kuri uyu wa mbere
Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hazenguruka amashusho yerekana umumotari wakubitaga umukobwa, bigaragara ko yamukubitanye umujinya n’ingufu nyinshi.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’ubumenyi ngiro rya Musanze (Muhabura Integrated Polytechnic College) buratangaza ko umunyamwuga urangwa no kugira ubupfura n’ubunyangamugayo bituma agirirwa icyizere akitwara neza mu kazi ke.