Urubyiruko rurimo abiga n’abarangije amashuri barihirwa n’Ikigega gishinzwe gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye (FARG), barishimira ko hari byinshi Leta yakoze mu myigire yabo, ibahoza amarira, ibikomere n’igihirahiro basigiwe na Jenoside.
Abantu icyenda bari bafungiye muri kasho ya RIB ya Ngoma mu Karere ka Huye bafunguwe by’agateganyo tariki 9 Mata 2020, bataha bavuga ko batazasubira mu byaha kuko uburoko bwabumvishije.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye abayobozi batandukanye ku rwego rw’Isi, batanze ubutumwa bugaragaza ko bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116; kuri uyu wa kane tariki 09 Mata 2020 Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yavanye ku mirimo Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (…)
Ingabo z’u Rwanda ziratangaza ko zigiye kongera kugeza imbere y’inkiko za Gisirikari Colonel Tom Byabagamba ku bindi byaha ashinjwa gukorera muri Gereza.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 09 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu batatu barwaye Coronavirus mu bipimo 720 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 113 (muri aba 7 barakize).
Abakinnyi batandukanye barimo Kayumba Soter ukinira Rayon Sports, Byiringiro Lague rutahizamu wa APR FC na Peter Otema ukinira Bugesera FC bari mu bifatanyije na Ndayisaba Fabrice Foundation (NFF) mu muhango wo kwibuka abana ndetse n’ibibondo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imvura iguye ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 09 Mata 2020 mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo, yasenye amazu atahise amenyekana umubare, andi avaho ibisenge.
Muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, bamwe mu Banyarwanda batuye mu mahanga bateguye ibikorwa byo kwibuka, ariko na bo bakabikora bari mu ngo zabo.
Ishyirahamwe ry’abatwara abantu mu buryo rusange mu Rwanda (ATPR), ryashyikirije Akarere ka Rubavu toni enye z’ibiribwa byo gufasha abahuye n’ingaruka zo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Perezida wa Ibuka Prof. Dusingizemungu Jean Piere, yavuze ku ruhare rw’Abacitse ku icumu rya Jenoside mu bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, aho yemeje ko we nyuma ya Jenoside yahise abona ko ubumwe bw’Abanyarwanda bushoboka, abibwiwe n’umusirikare w’Inkotanyi bahuye bwa mbere.
Abanyarwanda baba muri Leta zunze ubumwe za Amerika batangiye gukusanya inkunga y’ibihumbi ijana by’Amadolari (100,000$) yo gufasha Abanyarwanda batishoboye muri ibi bihe isi yose ndetse n’u Rwanda bihanganye n’icyorezo cya COVID-19.
Imiryango irashishikarizwa kubana mu mahoro, hirindwa amakimbirane muri bihe bidasanzwe aho abantu badasohoka mu ngo zabo kubera gahunda ya Guma mu rugo igamije kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu bifashishije imbuga nkoranyambaga bandika ubutumwa bunyuranye buhumuriza Abanyarwanda muri ibi bihe.
Muri uyu mwaka wa 2020, kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi byahuriranye n’ibihe bidasanzwe Abanyarwanda bamazemo iminsi byo kurwanya no gukumira indwara ya Covid-19 yugarije ibihugu by’isi.
Perezida wa Botswana Mokgweetsi Masisi, Abaminisitiri n’Abadepite bose bashyizwe mu kato nyuma y’uko umuganga wasuzumaga Abadepite bari baje mu nama yatahuweho kwandura icyorezo cya COVID-19.
Uruganda rwo mu Karere ka Gisagara rwenga urwagwa rw’ibitoki (GABI), kuwa gatatu tariki ya 8 Mata 2020 rwatanze toni esheshatu z’ibiribwa byo gufasha abatakibasha gukora kubera ko abantu basabwe kuguma mu ngo mu kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Mu kiganiro cyabimburiye ibindi muri gahunda yo Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, Dr Bizimana yagaragaje gihamya zerekana uburyo Politiki ya Leta ya Kayibanda yari ishingiye ku bitekerezo bya Parimehutu, ndetse na Leta ya Habyarimana, zari zigamije Kurimbura Abatutsi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko kuba batabasha kugera ku nzibutso ngo bunamire ababo bibavuna, ariko ngo barabyihanganira bakabibukira aho bari kuko bagomba kwirinda Coronavirus.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko yibasiwe n’ibikangisho by’uko ashobora kwicwa, biturutse ku mibare myinshi y’abakomeje kwandura ndetse n’abahitanwa na Covid-19 biganje muri Amerika (USA).
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ku wa Gatatu tariki ya 08 Mata 2020, rwataye muri yombi abantu batandatu, bahuriye mu itsinda ryiyise ‘Abahujumutima’, barimo n’abanyamakuru babiri.
Muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, hari abantu bashobora kwisanga ari bonyine, bakagira agahinda gakabije. Ibi bishobora guterwa n’uko Abanyarwanda mu gihe nk’iki bari bamenyereye gusurana, guhura, no guhumurizanya bari kumwe ari benshi, ariko kuri ubu bikaba bidashoboka, bitewe n’icyorezo (…)
Umujyi wa Yerusalemu muri Israel urafunze hagamijwe kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 mu gihe hari hategerejwe iminsi mikuru ngarukamwaka yabaga mu kwezi kwa kane.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko umuturage wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi wangirijwe imyaka irimo n’urutoki yahawe inkunga y’ibyo kurya aba yifashishije kandi baranamuhumuriza.
Imiryango 35 yo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, icumbikiwe mu bigo by’amashuri nyuma y’ibiza by’umuyaga wabasenyeye amazu ku itariki 08 Mata 2020, wangiza n’ibyari mu nzu byose.
Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, byahuriranye n’ibihe bibi isi irimo byo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, cyatumye ibikorwa byo kwibuka bikorwa abantu bari mu ngo zabo.
Inkuru y’urupfu rwa Karurangwa Virgile uzwi nka DJ Miller yamenyekanye ku gicamunsi cyo cyumweru tariki 5 Mata 2020, imihamgo yo kumushyingura ikaba yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Mata 2020.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu batanu barwaye Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe mu masaha 24 ashize.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Mata 2020, ikamyo nini itwara ibinyobwa by’uruganda rwa BRALIRWA yakoze impanuka, umuntu umwe wunganira umushoferi (kigingi) ahita ahasiga ubuzima.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr. Jean Damascene Bizimana, yatanze ibihamya by’uko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yashyizwe mu bikorwa na Guverinoma yari iyobowe na Jean Kambanda ufungiwe muri Mali.
Urugaga rw’amasendika y’abakozi mu Rwanda (CESTRAR) ruratangaza ko hamaze igihe hagaragara bamwe mu bakoresha batangiye guhagarika by’agateganyo amasezerano y’akazi bari bafitanye n’abakozi, bashingiye ku ihagarikwa ry’imwe mu mirimo rishingiye ku ngamba zo guhangana na COVID–19.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, bibumbiye muri Koperative y’abahinzi b’ibireti (KOAIKA), barishimira ingoboka ingana na toni zisaga 11 za kawunga bagenewe, mu rwego rwo kubunganira muri iki gihe cyo kwirinda Coronavirus.
Uwabaye Nyampinga w’u Bwongereza mu mwaka wa 2019 Bhasha Mukherjee, yamaze gufasha hasi ikamba yari yahawe ndetse n’ibikorwa yari gukora ku isi by’ubugiraneza kugira ngo afashe abaganga kwita ku barwayi ba Coronavirus.
Urubyiruko rwo mu Ntara y’Amajyaruguru rurasabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda indwara ya Covid-19 kandi rugatandukana n’imyumvire y’uko ihitana abakuze gusa, kuko hari ingero nyinshi z’abantu bo mu kigero cy’abakiri bato ikomeje guhitana ku isi.
Umuhanzi François Mihigo Chouchou wamenyekanye cyane mu gucuranga giitar no mu ndirimbo nyinshi zamenyekanye ku rwego mpuzamahanga no mu Rwanda, yashyize hanze indirimbo ayita “coronavirus”, mu rwego rwo gufatanya n’abandi gukangurira isi yose gukomeza kwirinda iki cyorezo cya covid-19.
Umuyobozi w’Umuryango Rabagirana Ministries Rev Dr Joseph Nyamutera, aratangaza ko nubwo insengero zifunze kubera icyorezo cya Coronavirus, amadini n’amatorero akwiye gukomeza ibikorwa byo komora ibikomere abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Ibihugu bya Mozambique na Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, byarekuye imfungwa zirenga ibihumbi bitandatu, kubera ubwoba bwa Coronavirus.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, abantu bakomeye barimo abakuru b’ibihugu na za guvernoma, imiryango mpuzamahanga n’ibigo bitandukanye n’abayobozi babyo bifatanije n’Abanyarwanda mu gutangira icyumweru cy’icyunamo bakoresheje imbuga nkoranyambaga.
Hope azeda uzwi cyane mu kwandika no gutunganya filime n’amakinamico, yavuze ko ingaruka za Covid-19 zizatuma hari abantu benshi barimo n’abahanzi barwara indwara z’ihungabana ry’ibitekerezo kubera imishinga yabo yangiritse, ku buryo bamwe muri abo bazakenera abavuzi bo mu mutwe.
Ubuyobozi bw’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (Ibuka), buremeza ko nta mpamvu n’imwe yatuma Abanyarwanda bumva ko batsindwa, nyuma y’ubuzima butoroshye banyuzemo mu gihe cy’iminsi ijana Jenoside yamaze.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko azirikana Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson umaze iminsi arwaye COVID-19, akaba yifatanyije n’inshuti ze ndetse n’igihugu cye muri rusange mu kumuba hafi no kumwifuriza gukira vuba.
Abaturage babiri bo mu Kagari ka Cyome, Umurenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero bahitanywe n’inkangu yatewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa 06 Mata 2020.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 07 Mata 2020, abapolisi b’u Rwanda aho bari mu mahanga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, bifatanyije n’abandi banyarwanda n’abanyamahanga kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abaturage batatu bo mu Karere ka Ngororero bafashwe n’ubuyobozi banywera inzoga mu kabari, bikanze ubuyobozi bajya kwihisha mu gikoni.