Polisi na MINALOC bagiye guhemba cyangwa guhana imirenge kubera isuku

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), barasaba buri muturage gutungira agatoki umupolisi, ahantu hose abonye umwanda n’ibindi bibazo.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Dan Munyuza yatanze ibihembo ku Murenge wa Kimironko warushije indi muri Kigali kugira isuku n'umutekano muri uyu mwaka wa 2019
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yatanze ibihembo ku Murenge wa Kimironko warushije indi muri Kigali kugira isuku n’umutekano muri uyu mwaka wa 2019

Ubuyobozi bw’imirenge ni bwo buzabazwa ibijyanye n’isuku n’umutekano by’ahantu nyabagendwa hahurira abantu benshi, mu ngo no ku mibiri y’abantu, bukabihemberwa cyangwa bukabihanirwa.

Abayobozi ba Polisi na MINALOC babitangaje kuri uyu wa 03 Kanama 2019, ubwo basozaga ubukangurambaga bw’isuku, umutekano no kubungabunga ibidukikije, bwari bumaze amezi atandatu bukorwa na Polisi y’Igihugu ifatanyije n’Umujyi wa Kigali.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza avuga ko umupolisi wese uhagaze cyangwa ukorera hafi y’ahamenwe ibishingwe n’amazi mabi kuri ubu abihanirwa.

Agira ati"Ahantu umupolisi akorera akazi hose, haba ku muhanda, ku nyubako ashinzwe kurinda, ku mipaka,...nihaba hari umwanda uwo mupolisi arabihanirwa".

Ati "Ntabwo uwo mupolisi azavuga ngo ashinzwe umutekano mu muhanda gusa, ariko ni n’inshingano zawe nk’umuturage, ko nubona umwanda uzabimenyesha umupolisi ukwegereye".

Akarere ka Gasabo karushije utundi mu Mujyi wa Kigali, mu bijyanye n'isuku no kwicungira umutekano, kakaba kabiherewe igihembo
Akarere ka Gasabo karushije utundi mu Mujyi wa Kigali, mu bijyanye n’isuku no kwicungira umutekano, kakaba kabiherewe igihembo

Umukuru wa Polisi akomeza yibutsa ko kujugunya amasashi, amacupa n’indi myanda ahatari ikimoteri, ngo bihanwa n’amategeko.

Umuyobozi w’agateganyo w’Umujyi wa Kigali, Busabizwa Parfait, na we akomeza ashimangira ko abohereza amazi mabi muri za ruhurura, barimo n’abafite inyubako nini, ngo bateganyirijwe ibihano bikomeye.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko guhera kuri uyu wa 04 Kanama 2019, gahunda yo kurinda umutekano, guharanira isuku no kurinda ibidukikije igiye gukurikizwa mu gihugu hose.

Minisitiri Prof Shyaka Anastase agira ati "Imbaraga zirashyirwa mu guharanira isuku y’ahahurira abantu benshi, mu ngo no ku mibiri y’abantu, kandi ntabwo hazabaho guhemba gusa ahubwo hazabaho no kubaza ndetse no guhana abatabyubahiriza".

Minisitiri Shyaka yavuze ko gahunda yo kwita ku isuku, umutekano no kubungabunga ibidukikije igiye gushyirwamo ingufu mu gihugu hose
Minisitiri Shyaka yavuze ko gahunda yo kwita ku isuku, umutekano no kubungabunga ibidukikije igiye gushyirwamo ingufu mu gihugu hose

Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ivuga ko mu Rwanda ndetse no ku rwego rw’isi muri rusange, mu mpfu zose zihitana abantu, umwanda ufitemo uruhare rwa 4%, ndetse ko ubumuga bungana na 6% na bwo buterwa n’umwanda.

MINISANTE ivuga ko mu mpfu ziterwa n’impiswi, indwara z’ubuhumekero hamwe n’ubuhumyi (trachoma), 60% ngo ziba zaturutse ku mwanda.

Mu mirenge 35 igize Umujyi wa Kigali, iyabaye iya nyuma mu isuku n’umutekano ni Gatenga (Kicukiro), Kigali (Nyarugenge) na Bumbogo muri Gasabo.

Mu mirenge yarushije indi, ku mwanya wa mbere haza Kimironko muri Gasabo, umwanya wa kabiri n’uwa gatatu yafashwe n’imirenge ya Muhima na Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge.

Mapambano Nyiridandi uyobora umurenge wa Kimironko avuga ko igihembo bahawe cy’imodoka n’igikombe babikesha gukoresha abaturage mu bikorwa byo kwicungira umutekano no kwigirira isuku.

Ku rwego rw’uturere, Akarere ka Gasabo ni ko kaje ku mwanya w’imbere, kakaba karushije Nyarugenge na Kicukiro.

Prof Shyaka yashyikirije imfunguzo z'imodoka umuyobozi w'Umurenge wa Kimironko wabaye uwa mbere mu isuku n'umutekano
Prof Shyaka yashyikirije imfunguzo z’imodoka umuyobozi w’Umurenge wa Kimironko wabaye uwa mbere mu isuku n’umutekano
Bamwe mu bashinzwe umutekano aha bumvaga impanuro z'abayobozi bakuru
Bamwe mu bashinzwe umutekano aha bumvaga impanuro z’abayobozi bakuru
Abaturage ba Kimironko bishimira imodoka bahawe
Abaturage ba Kimironko bishimira imodoka bahawe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka