Ni umwanzuro wafashwe ndetse ushyirwa mu bikorwa nyuma y’uko u Rwanda rukajije ingamba zo gukumira Ebola yagaragaye mu Mujyi wa Goma uturanye n’Umujyi wa Gisenyi i Rubavu.
Mu kiganiro Kigali Today yagiranye n’umuyobozi w’ibitaro bya Rubavu Dr Lt Col William Kanyankore, yatangaje ko gupima Ebola abagana ibigo nderabuzima n’ibitaro ari mu rwego rwo kumenya uko ababagana bahagaze cyane ko hari aho abaganga bagiye bicwa na Ebola kubera batirinze.
Ati “Mu gihe nk’iki amafaranga yarashakishijwe, amenshi ni abaterankunga bayatanze. Gukaraba bigiye kuba umuco ku mahoteri, ibitaro, ibigo nderabuzima n’ahandi hahurira abantu benshi. Icyo dushaka ni uko umuntu uje afite umuriro tumupima. Urwaye Ebola na we ashobora kuza yigenza tugahita tumutahura kuko hano twakira abantu bavuye muri Congo na Uganda kandi na ho yarahabonetse, tutibagiwe ko hari aho Ebola yishe abaganga kubera kutirinda.”
Mu gihe benshi bumva Ebola bakayitinya, Dr Lt Col Kanyankore yatangarije Kigali Today ko Ebola yandura igihe ukoze ku wagaragaje ibimenyetso bya Ebola cyangwa ibyo yakozeho.
Ibimenyetso bya Ebola birimo kugira umuriro mwinshi, kubabara umutwe, gucika intege, kuruka no guhitwa, kubabara mu nda, no kubira ibyuya byinshi no kuva
amaraso mu myanya y’umubiri.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
None ko hari byinshi tuzanduriramo reba nko muli ziriya bus nini aho abagenzi bagenda bahagaze bafashe irya migozi umwe avaho undi ajyaho,babitekerezeho.