Amakuru mashya ya Minisiteri y’Ubuzima aravuga ko mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Mata 2020, hagaragaye abandi bantu 13 barwaye Coronavirus, nk’uko itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ribivuga.
Banki ya Kigali (BK) yagaragaje urutonde rw’amwe mu mashami yayo yo mu Mujyi wa Kigali afunze kuva ku itariki 30 Werurwe 2020, bikaba byarakozwe mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda Coronavirus.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda Food and Drugs Authority), cyatangaje ko cyahagaritse ikoreshwa ry’imiti yose isukura intoki yitwa ‘BEU Hand Sanitizer’ ikorwa n’uruganda rwa Holly Trust Ltd, ruherereye mu Murenge wa Runda w’Akarere ka Kamonyi.
Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Ngabo z’u Rwanda (MPD) ruratangaza ko rwatangije iperereza ku byaha byo guhohotera abaturage byakozwe na bamwe mu basirikare bafite imyitwarire mibi.
Nyuma y’uko Safi Madiba agiye muri Canada abihishe inshuti ze, hagaragaye ikiganiro yagiranye n’uwo bahoze bakundana Umutesi Parfine bakaba bashobora kuba bagiye gusubirana.
Abaturage barenga 65 bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 04 Mata 2020, bafashwe basengera mu rugo rw’umwe muri bo, banga gusohokamo kugeza basohowemo ku ngufu.
Mu Bushinwa kuri uyu wa gatandatu tariki 04 Mata 2020, bafashe iminota itatu yo kunamira abaturage 3.300 bishwe n’icyorezo cya Coronavirus.
Mu duce tumwe na tumwe tw’Akarere ka Nyaruguru hari abaturage n’abacuruzi b’ibiribwa bavuga ko bategetswe kugura ibyo bakeneye mbere ya saa cyenda z’amanywa, binyuranyije n’amabwiriza ya Leta.
Munyakazi Sadate uyobora Rayon Sports, arasaba Leta y’u Rwanda gufasha amakipe guhemba abakinnyi kubera ubukene bushobora gusigwa na Coronavirus.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, yavuze ko atazigera na rimwe yambara agapfukamunwa n’ubwo ari yo mabwiriza yatanzwe n’inzego z’ubuzima ku Banyamerika bose.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatuitsi mu 1994 (IBUKA), uratangaza ko mu rwego rwo kubafata mu mugongo hazifashishwa ikoranabuhanga.
Umubyeyi witwa Preeti Verma wabyaye abana be babiri b’impanga muri iki gihe cy’icyorezo cya Coronavirus, yahisemo kubita amazina we avuga ko azajya abibutsa ibihe bikomeye bavutsemo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko rwataye muri yombi Ntirenganya Jean Claude wagaragaye akubita Niyonzima Salomon wo mu Karere ka Rubavu bikaza kumuviramo gupfa.
Abantu 38 barimo abagore 10 n’abagabo 28 bari bafungiye muri kasho ya Muhoza mu Karere ka Musanze barekuwe, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
Kandagira ukarabe n’agasabune ku ruhande ngo ntibishobora kuva ku muryango w’iduka rya Musabyemariya Jacqueline, ucururiza ibiribwa mu gasantere ka Byimana mu Murenge wa Gisozi w’Akarere ka Gasabo, kabone n’ubwo Covid-19 yazaba itakivugwa ku isi.
Mu gihe kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi bizakorwa mu buryo budasanzwe kubera Covid-19, abahanzi bajyaga bakora ibihangano byo kwibuka barimo baribaza icyo bazakora ngo ibihangano byabo bigere ku Banyarwanda bazaba bari mu ngo zabo banabafashe mu kwibuka.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB), gitangaza ko gahunda yo kwigishiriza abana mu ngo iwabo hifashishijwe radio izatangira kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Mata 2020.
Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, yatangaje ko igihugu cye cyahaye u Rwanda inkunga ya miliyoni y’amadolari ya Amerika (hafi miliyari y’amafaranga y’u Rwanda), yo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus mu Rwanda.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yasabye inzego za Leta guhagarika gukata abakozi ba Leta imisanzu y’Ikigega Agaciro Development Fund.
Amakuru mashya ya Minisiteri y’Ubuzima aravuga ko mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki 03 Mata 2020, hagaragaye abandi bantu batanu (5) barwaye Coronavirus, nk’uko itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ribivuga.
Minisiteri y’Ubuzima muri Afurika y’Epfo yatangaje ko bisaba imbaraga nyinshi no kwitanga birenze ibyo bari gukoresha mu kurwanya Coronavirus, bitaba ibyo uburyo iyi ndwara iri gukwira ku muvuduko udasanzwe, mu minsi mike yaba imaze gufata abaturage benshi.
Karl-Heinz Rummenigge, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi y’ikipe ya Bayern Munich, asanga icyorezo cya Coronavirus (COVID-19) gishobora kurangiza ibibazo byo guta agaciro kw’ifaranga muri ruhago.
Polisi ya Uganda yataye muri yombi abantu barenga 160 ivuga ko barenze ku mategeko y’umukwabu y’uko nta kuva mu ngo kuva mu rukerera kugeza nimugoroba.
Bamwe mu bakozi bakoreye ku rwunge rw’amashuri rwa Kabare ruherereye mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko bamuwe umushahara w’amezi abiri, bigatuma banasezera akazi.
Bimaze gutangazwa ko shampiyona y’u Bwongereza yahagaritswe kugeza igihe ikibazo cya Coronavirus kizaba cyamaze gusobanuka.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yagiranye ibiganiro by’ingirakamaro na bamwe mu bayobozi bakomeye ku Isi ku buryo bwihuse bwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus (COVID-19).
Mu gihe abayobozi bakuru mu bihugu byo ku isi batanga ubutumwa ku baturage babo, bwo kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus, bakoresheje inyandiko zinyuranye, imbwirwaruhame zinyura ku bitangazamakuru, Perezida wa Liberia George Weah, we yakoze mu nganzo aha ubutumwa abaturage be abicishije mu ndirimbo.
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa yashishikarije abakinnyi bafite itike y’imikino Olempike n’abitegura kuyishaka gukomeza gukora imyitozo n’ubwo iyi mikino yasubitswe kubera icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi.
Mbere y’uko shampiyona isubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus, amwe mu makipe yo mu Rwanda yari yatangiye kwibasirwa n’imvune mu bakinnyi bamwe na bamwe, ubu abenshi bamaze gukira
StarTimes iramenyesha abakiriya bayo ko mu rwego rwo gukomeza kwirinda no gukumira Coronavirus (COVID-19) bakwiye gukomeza gukurikiza amabwiriza bahabwa na Minisiteri y’Ubuzima aho bakangurirwa kwirinda gukora ingendo, birinda no gukora ku mafaranga.
Itangazo rya Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ryerekeranye n’ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riravuga ko habaye impinduka ebyiri ku mabwiriza ya CNLG yo Kwibuka26 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ayo mabwiriza yari yatanzwe ku wa 29 Werurwe 2020.
Mu gihe urugamba rwo kurwanya COVID-19 rukomeje, abantu basabwa kuguma mu rugo kugira ngo iyo virusi idakwirakwira. Ku miryango ifite abana mu rugo, StarTimes itanga gahunda zihagije binyuze mu miyoboro yayo, harimo shene nka ST Kids, Nickelodeon, Da Vinci na Baby TV kugira ngo abakiri bato barebe kandi bige.
Polisi y’u Rwanda yasabye abaturarwanda gukomeza kubahiriza gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho na Leta nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Ubuyobozi bw’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), ku wa kane tariki 02 Mata 2020 cyemeje inguzanyo yihutirwa igomba guhabwa u Rwanda ingana na miliyoni 109.4 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 102 na miliyoni 372 mu mafaranga y’u Rwanda) azarufasha guhangana n’icyorezo cya Coronavirus no kugoboka abagizweho ingaruka (…)
Amabwiriza ya Minisitiri w’ntebe yashyizweho mu kwirinda icyorezo cya COVID-19 asaba Abanyarwanda kwirida ingendo zitari ngombwa, ahagarika ingendo z’imodoka zitwara abagenzi, afunga imipaka kandi agahagarika ibikorwa by’ubucuruzi butari ibiribwa, imiti, n’ibikoresho by’isuku.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, avuga ko isuzuma ryerekanye ko hagikenewe imbaraga mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus, ari yo mpamvu igihe cy’amabwiriza asaba abantu kuguma mu rugo cyongerewe mu rwego rwo gukomeza kwirinda.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bakomeje kugwa mu gihombo kubera kubura abaguzi babatwarira ibirayi, mu gihe ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera (PSF) buvuga ko byatewe no kubura abaguzi n’amahoteri agafungwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 02 Mata 2020 mu Rwanda hagaragaye abandi bantu babiri barwaye Coronavirus. Ibi byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri mirongo inani na bane (84).
Abanyarwanda ndetse n’Isi muri rusange, barimo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 26, Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994. Kuri iyi nshuro, kwibuka bizakorwa ariko hubahirizwa amabwiriza yatanzwe na Guverinoma y’u Rwanda yo kwirinda no kurwanya icyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi n’u Rwanda rurimo.
Abaturutse hirya no hino mu bihugu bikikije u Rwanda bacumbikiwe mu Karere ka Gicumbi mu gihe cy’iminsi 14 mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19, bavuga ko bafashwe neza kandi ko babayeho nk’abari iwabo.
Muri iki gihe hirya no hino mu gihugu hari ahantu hagiye hashyirwa abantu binjiye mu Rwanda baturutse mu bihugu byari byagaragayemo Covid-19 cyangwa bakekwaho guhura n’abayanduye, abahaturiye bakaba bahumurizwa kuko ntaho bashobora kwandurira.
Umuforomo wo muri Australia avuga ko n’ubwo abantu bose basabwa gukaraba intoki neza muri iki gihe cya COVID-19, ku bafite inzara bo bagomba kuzica zigahora ari ngufi kuko zibika udukoko (bacteria) ndetse na virusi zikanagira uruhare rwo kuzikwirakwiza vuba.
Shampiyona yo mu Bubiligi yamaze guhagarikwa burundu kubera Coronavirus, aho bishobora gutuma ikipe ya Djihad Bizimana ihita isubira mu cyiciro cya kabiri.
Kapiteni w’ikipe ya Patriots Basket Ball Club, Aristide Mugabe, avuga ko basketball yatunga umukinnyi uyikina mu Rwanda ariko nta mutekano w’igihe kini waba ufite.
Umuhanzi Diamond Platnumz wari umaze iminsi 14 mu kato, kuri uyu wa kane tariki ya 2 Mata 2020, yatangaje ko yakavuyemo ariko ko nta COVID-19 yari arwaye.