
Muri abo 227, 149 ni abakoze ikizamini gisoza amashuri abanza na ho 78 ni abasoje ikiciro rusange.
Byatangarijwe mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo abayobozi muri MINEDUC batangazaga amanota y’ibizamini bisoza umwa muri ibyo byiciro, kuri uyu wa 31 Ukuboza 2018.
Minisitiri Munyakazi yavuze ko abo mu mashuri abanza byagaragaye ko bakopejwe n’abarezi.
Ati "Byagaragaye ko abo bana bakopejwe na bamwe mu barezi, hari n’abagera ku 9 bafashwe bakazabihanirwa".

Icyakora abo bana ngo bazafashwa bazongere kwemererwa gukora ibizamini, nk’uko Minisitiri w’Ubirezi De Eugene Mutimura yabitangaje.
Yagize atí "Abo bana bazafashwa bahabwe ibindi bizamini. Gusa bagomba gusubira mu ishuri bakiga, bakazahabwa ibizamini umwaka utaha kuko tudategura ibizamini nka biriya hagati mu mwaka".
Iperereza ngo rirakomeje kuri icyo kibazo, ngo rikaba ari ryo rizafasha MINEDUC kumenya ubufasha butandukanye bwahabwa abo bana.
Icyakora gukopera ngo byaragabanutse kuko muri 2017, abafashwe bakopera mu kizamini cy’amashuri abanza bari 354 na ho mu kiciro rusange bari 83.
Ohereza igitekerezo
|
Twagirango mutubwire igihe am anota yibizamini byaret bisoza ayisumbuye Igihe azasohocyera murakoze
Ko amanota ya barangije p6 na s3 yaje bitunguranye naya barangije s6 niko bizagenda! Mudusobanurire
Mwaramutse! Amanota y’Abanyeshuri barangije s6 azasohoka ryari?
muraho
njye narimpfite ikibazo ese abakoze ibizamini byareta akaba atarakopeye ikinazo mubyangombwa buzuza hakaba haribyo yibagiwe bikamuviramo kutabona amanota ninkubuhe bufasha mwamufasha murakoze mugire amahoro yimana
Muraho,
umwaka mushya muhire.
Mutubwire uburyo bwokureba amanota yabanyeshuli kuri mudasobwa P6 S3 S6
murakoze
Muraho,
umwaka mushya muhire.
Mutubwire uburyo bwokureba amanota yabanyeshuli kuri mudasobwa P6 S3 S6
murakoze
REB yibuke abakoze registration y’abanyeshuri bakaba batarabona frs yabo.
mwatubwiye amanota bafatiyeho senior three kubanyeshuri bajya boarding
Nta nota fatizo bazashyiraho