Bruce Melodie agiye kumurika televiziyo ye ku mugaragaro

Umunyamuziki Bruce Melodie agiye kumurika televiziyo ye ku mugaragaro nyuma y’igihe kinini ari mu igerageza ry’iki gitangazamakuru gishyashya hano mu Rwanda.

Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko imurika ry’iyi televiziyo rizaba kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mutarama 2020, i Gikondo ahazwi nko kwa Rujugiro aho isanzwe ikorera, bakaba baratumiye bamwe mu bafatanyabikorwa b’iyi televiziyo nshyashya, inshuti z’abahanzi za Melodie ndetse na bamwe mu banyamakuru.

Televiziyo ya Bruce Melodie yitwa ’Isibo’, izajya ifata amasaha menshi itambutsa umuziki n’ibiganiro by’abahanzi, akaba ari we muhanzi wa mbere mu Rwanda ushinze igitangazamakuru, akaba anateye ikirenge mu cya Diamond Platnumz ufite radio na televiziyo bya WASAFI bikunzwe cyane muri Tanzaniya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Bruce Melody nakomerezaho bizatuma nabandi batinyuka

Innocent yanditse ku itariki ya: 19-01-2020  →  Musubize

Mwibagiwe ko na KNC wa Radio&TV1 ari umuhanzi nubwo yabisezeyemo.

Ikosora yanditse ku itariki ya: 15-01-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka