Shaban Hussein Tchabalala na we agiye kwerekeza mu Bushinwa

Rutahizamu wa Bugesera Shabban Hussein Tchabalala, agiye kwerekeza mu Bushinwa gukora igerageza muri imwe mu makipe yaho

Uyu rutahizamu ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, kugeza ubu ni uwa kabiri mu bamaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona y’u Rwanda 2019/2020, aho kugeza ubu amaze gutsinda ibitego 11, akaza inyuma ya Samson Babua ufite ibitego 13.

Shabban Hussein Tchabalala ni uwa kabiri mu bamaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona
Shabban Hussein Tchabalala ni uwa kabiri mu bamaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona

Kugeza ubu uru rutahizamu yamaze gushimwa n’iyi kipe yo mu Bushinwa, nyuma yo gukurikirana uko yagiye yitwara aho yanyuze, ndetse no kureba amwe mu mashusho ye ya vuba harimo n’uko ari kwitwara muri uyu mwaka.

Tchabalala yasinyiye Bugesera mu ntangiriro z'uyu mwaka w'imikino
Tchabalala yasinyiye Bugesera mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino

Tchabalala akaba agomba gukora igeragezwa mbere y’uko yasinya muri iyi kipe, akaba asanzeyo abandi bakinnyi nabo banyuze muri Rayon Sports barimo Jules Ulimwengu ndetse na Michael Sarpong.

Aya makuru yo kugenda kwa Tchabalala kandi yanemejwe n’umutoza wa Bugesera Masudi Djuma wavuze ko uyu mukino ushobora kuba ari uwa nyuma uyu rutahizamu abakiniye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka