Bizimana Yannick yongeye gutorwa nk’umukinnyi w’ukwezi wa Rayon Sports

Rutahizamu Bizimana Yannick ni we wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi muri Rayon Sports cyatanzwe kuri uyu wa Gatatu

Nyuma yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi cy’ukwezi kwa 11/2019, Bizimana Yannick yikurikiranya yongeye guhabwa iki gihembo cy’ukwezi kwa 12/2019.

Iki gihembo gitangwa buri kwezi, gitangwa ku bufatanye bw’itsinda ry’abafana rya March Generation rifatanyije n’uruganda rwa Skol rusanzwe ari umuterankunga wa Rayon Sports, aho ucyegukanye ahabwa ibihumbi 100 Frws.

Bizimana Yannick muri uku kwezi kwa 12, yabashije gutsindira Rayon Sports ibitego bitatu, harimo kimwe yatsinze Heroes Fc ndetse n’ibitego bibiri yatsinze ikipe ya Mukura VS.

Mu gihembo cy’uku kwezi, Bizimana Yannick yari ahanganye na Kapiteni wa Rayon Sports Eric Rutanga ndetse n’umunya-Mali Oumar Sidibe ukina hagati bari mu bamaze gutanga imipira myinshi yavuyemo ibitego uyu mwaka, ndetse buri umwe akaba yaranatsinze igitego muri uku kwezi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka