Mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi nziza no kubafasha igihe bahuye n’ikibazo, Polisi y’u Rwanda yashyizeho imirongo itandukanye ihamagarwa ku buntu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yamaze kwerekeza i Maputo muri Mozambique, aho agiye gukina umukino wa mbere mu guhatanira itike ya CAN 2021
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019, yarashe abantu babiri bageragezaga kwinjiza magendu mu Rwanda banyuze ku mupaka utemewe mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare.
Kuwa gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, ahagana saa munani z’amanywa, Br. Gen. Juvenal Musabyimana bakundaga kwita Michel Africa wari umuyobozi mukuru w’igisirikare cy’umutwe wa RUD-Urunana yarasiwe mu gace ka Rutshuru muri Repubulika iharanira demukarasi ya Kongo hafi y’umupaka wa Uganda, ahita apfa.
Kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019, i Athen mu Bugeleki, haberaga Marathon mpuzamahanga aho Umunyarwanda Muhitira Felicien bakunda kwita Magare yaje ku mwanya wa kabiri akurikiye Umunyakenya.
Umuryango RPF-Inkotanyi usaba abagore bawugize kurwanya ubukene n’ihohoterwa byugarije ingo, bakirinda kunyurwa manuma (kwishima ntacyo bagezeho).
Kayinamura Alex Safari wiyitaga umuvuzi w’amatungo yakingiye ihene n’intama bya Sheikh Uwase Abdul Aziz 110 zirapfa.
Mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 09 Ugushyingo 2019, umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JJean Marie Vianney, n’abayobozi banyuranye mu karere ka Musanze, basuye abaturage bagamije kureba uburyo babayeho no gukemura ibibazo by’amacumbi.
Mu nkengero z’icyanya cyahariwe inganda i Sovu mu murenge wa Huye akarere ka Huye, hari abaturage bangirijwe imitungo ahagomba kubakwa ikigega cy’amazi bizezwa kuzishyurwa vuba, none hashize hafi amezi abiri batarishyurwa.
Kuwa gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, ahagana saa munani z’amanywa, General Juvenal Musabyimana bakundaga kwita Jean Michel Africa, akaba yari umuyobozi mukuru w’umutwe wa RUD-Urunana yarasiwe mu gace ka Rutshuru muri Repubulika iharanira demukarasi ya Kongo hafi y’umupaka wa Uganda, ahita apfa.
Abanyasuwede bashinze itorero rya ADEPR mu Rwanda babisikanye n’Abanyakoreya, Leta zunze ubumwe za Amerika na Canada, aho barimo kugenzura niba bakongera kurifasha.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, habereye inama y’inteko rusange ya Espoir BBC yasize itoye ubuyobozi bushya .
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Géraldine Mukeshimana, yasabye abayobozi ba koperative ihinga icyayi yo mu karere ka Nyaruguru, Coothemuki, guhagarika kwishyuza abahinzi inguzanyo ya banki yakoreshejwe nabi na bamwe muri abo bayobozi.
Madame Jeannette Kagame n’igikomangomakazi cya Jordan Gina Mired basabye abagabo kureka abagore babo bagahatanira imyanya y’ubuyobozi ikomeye mu nzego z’ubuzima.
Umutoza Justin Bisengimana amaze kwirukanwa na Bugesera Fc nyuma y’umunsi wa munani wa shampiyona ashinjwa umusaruro muke
Ku nshuro ya kabiri David Carmel Ingabire nyiri ‘DavyK’ (Inzu y’imideri) yamuritse imyenda yakoze avanye igitekerezo ku kubungabunga ibidukikije kandi ikaba ishobora kwambarwa na buri wese.
Kuri uyu wa Gatanu triki ya 08 Uguehyingo i kipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 87 kuri 65 igera ku mukino wa nyuma wa Legacy Tournament.
Shallon Abahujinkindi warangije kaminuza mu ishami ry’icungamutungo n’ibaruramari, yahisemo kwiga umwuga ujyanye n’ubwiza harimo no gutunganya imisatsi, kuko yabonaga kubona akazi kajyanye n’ibyo yize bitoroshye none ubu biramutunze.
Banki ya Kigali yaje ku rutonde rwa banki 100 za mbere muri Afurika mu mwaka wa 2019.
Mu mukino wasozaga imikino y’umunsi wa munani wa shampiyona, Kiyovu Sports inganyije na APR FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aremeza ko ibyo u Rwanda rushinjwa byo kuneka ibindi bihugu cyangwa abaregwa guhungabanya umutekano warwo ari ukuri.
Uko imyaka igenda ishira ni ko iterambere rizana ibyaryo ibyari ibitangaza bigasimbuzwa ibindi. Hari utubari twagiye duhararwa ndetse dukundwa n’abantu, nyamara uko twagiye dushonga byagiye bibera bamwe amayobera.
Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente, yatangarije abitabiriye ibirori byo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri ba kaminuza y’u Rwanda, ko buruse yakuwe ku bihumbi 35 igashyirwa ku bihumbi 40 y’u Rwanda ku kwezi.
President wa Republika Paul Kagame aravuga ko abadepite b’Ubwongereza bandikiye u Rwanda basaba ko Col. Byabagamba na Rusagara barekurwa bakwiye kubanza kwandikira igihugu cyabo, basaba ko cyaburanisha abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside gicumbikiye, kuko u Rwanda rutahwemye kubisaba.
Umusore w’Umunyarwanda Twagira Prince Henry agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa ry’abasore beza (ba rudasumbwa) ku mugabane wa Afurika.
Umuryango w’Abanyarwanda biyemeje kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside, ‘Umurinzi Initiative’ (hamwe n’inshuti zawo), uravuga ko uwitwa Charles Onana abifashijwemo na televiziyo y’Abafaranga ‘LCI’ bakomeje gukorera Abatutsi Jenoside.
Mujyanama Claude, ukoresha izina rya TMC mu itsinda rya Dream Boys, ari mu basoje amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ryo gucunga imishinga minini, kimwe n’abandi basanga ibihumbi icyenda basoje kaminuza muri uyu mwaka wa 2019.
Abaturage bo mu ntara y’Uburengerazuba mu karere ka Karongi basaba ko amategeko y’umuhanda yakwigishwa mu mashuri kugira ngo abantu barusheho kumenya amategeko no kwirinda impanuka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaganga gushyira inyungu z’abaturage n’iz’igihugu imbere y’izabo, kandi bagasigasira ubunyamwuga n’indangagaciro, niba bifuza ko urwego rw’ubuvuzi rugera ku ntego.
Kuri uyu wa Kane ku munsi wa kabiri wa’irushanwa “Legacy Tournament” ryateguwe mu rwego rwo kwibuka abagabo babairi bagize uruhare mu guteza imbere umukino wa Basketball mu Rwanda Shampiyona Aimable na Nizeyimana Jean De Dieu , ikipe ya REG yatsinze Espoir BBC amanota 81 kuri 69.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo yo gutegura imikino ibiri izahuramo na Mozambique na Cameroun mu cyumweru gitaha
Mu bukanguramabaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakorewe mu bigo abagenzi bategeramo imodoka (gare) byose mu gihugu hose, Polisi y’u Rwanda yasabye abagenzi gufata iya mbere bakagaragaza abashoferi batwara ibinyabiziga bavugira kuri telefoni ndecyangwa bandika ubutumwa bugufi.
Abahagarariye imiryango itari iya Leta mu Karere ka Huye basanga bidakwiye ko umwana w’umukobwa yita umuntu mama, papa cyangwa tonto, aho kumureberera akamuhohotera.
Abatunganya imbaho n’ibizikomokaho mu Rwanda baravuga ko ubumenyi bwabo bukiri hasi, ndetse ngo ntibaragira uburyo bunoze bwo gutunganya ibisigazwa biva ku biti n’ibiva ku mbaho mu gihe nyamara na byo biba bishobora kubyazwamo ibindi bikoresho.
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred yibukije abanyeshuri bashya baje kwiga muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ko batumwe kwiga atari ugutwara inda cyangwa kuzitera.
Abarira mu ma resitora menshi yo muri gare yo mu mujyi wa Kigali no mu nkengero zayo, bagaragaza ikibazo cy’ama resitora atanga ibiribwa ndetse n’ibinyobwa, ariko wakenera ubwiherero bakabukwishyuza.
Dr. Thomas Muyombo uzwi mu muziki ku izina rya Tom Close, kuri uyu wa kane tariki 07 Ugushyingo 2019, yasusurukije abaganga bagenzi be ndetse n’abayobozi bitabiriye inama yabahuje na Perezida Kagame.
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane ku isi mu bihugu byo gusurwa na ba mukerarugendo nk’ahantu heza mu mwaka wa 2020.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rwakatiye igifungo cy’imyaka 30 Bosco Ntaganda rwari rumaze igihe ruburanisha.
Kuva ku itariki ya 05 kugera ku ya 07 Ukuboza 2019, u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ku kurwanya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, inama ya mbere yagutse ku mugabane wa Afurika.
Shampiyona ya Volleyball umwaka w’imikino wa 2019/2020 iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, aho imwe mu mikino izabera muri Kigali Arena
Umusaza w’imyaka 77 y’ubukure utuye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, kuri ubu aricuza kuko ab’urungano rwe bakiriho ngo bamerewe neza, mu gihe we yifuza uwamuha n’ikirahure kimwe cy’amata akamubura.
Abana b’abakobwa batewe inda bakabyara imburagihe, bahamya ko imyuga bize babifashijwemo n’umuryango ‘Safi Life Organization’ izabafasha kwikura mu bukene, bityo ntibongere kugira ibyo bararikira byatuma bashukwa bakongera guterwa inda.
Umunyamabanga uhoraho mushya muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Dusengiyumva Samuel yavuze ko agiye kwihutisha gahunda zo kuvugurura imikorere y’urwego rw’Akagari.
Umuryango Imbuto Foundation hamwe n’abafatanyabikorwa bawo, batoranyije imishinga 10 y’urubyiruko, igomba kuvamo ifasha Leta kurinda abangavu gutwita no kwandura indwara zifatira mu mibonano mpuzabitsina.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye kubona amanota atatu imbere ya Marines, mu mukino yayitsindiye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo