Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye

Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Abu Dhabi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (United Arab Emirates), aho yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye.

Ni inama izamara icyumweru, bikaba biteganyijwe ko izitabirwa n’abandi banyacyubahiro batandukanye baturutse hirya no hino ku isi, barangajwe imbere na Sheikh Mohammed bin Zayed Al Nahyan, igikomangoma cya Abu Dhabi.

Umuhango wo gufungura iyo nama mpuzamahanga wabaye kuri uyu wa mbere tariki 13 Mutarama 2020. Muri iyo nama hatanzwe n’ibihembo byitiriwe icyo gikomangoma (Zayed Sustainability Prize Awards), byahawe ababaye indashyikirwa mu guharanira iterambere rirambye.

Ababaye indashyikirwa mu guharanira iterambere rirambye bahawe ibihembo
Ababaye indashyikirwa mu guharanira iterambere rirambye bahawe ibihembo

Ku wa kabiri tariki 14 Mutarama 2020 biteganyijwe ko Perezida Kagame azatanga ikiganiro, aho azagaragaza uko u Rwanda rwabashije kugera ku ntego z’iterambere rirambye.

Iyi nama mpuzamahanga y’i Abu Dhabi yiga ku iterambere rirambye yatangiye muri 2008. Ni inama iberamo ibiganiro by’ingenzi bigamije kwihutisha iterambere ku rwego rw’isi.

Mu cyumweru izamara hateganyijwemo ibikorwa n’ibiganiro bitandukanye, bizatangwa n’abafata ibyemezo mu bya Politiki, abanyenganda, inzobere mu by’ikoranabuhanga n’abandi.

Bazungurana ubumenyi n’ingamba zikwiriye gufatwa zigamije kwihutisha iterambere ry’abatuye isi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ikirere cya asia si shyashya batumenyere umuzehe wacu

yulian yanditse ku itariki ya: 13-01-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka