Rayon Sports na AS Kigali zaguye miswi, Gasogi itsindirwa i Rubavu

Mu mikino y’umunsi wa 17 wa shampiyona yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yanganyije na AS Kigali, Gasogi itsindwa na Marines.

I Nyamirambo, ikipe ya AS Kigali yari yakiriye Rayon Sports, mu mukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Umukino ugitangira ikipe ya Rayon Sports yatangiye isatira, ku munota wa mbere w’umukino Bizimana Yannick yahushije uburyo bwashoboraga kuvamo igitego.

Mu gice cya kabiri cy’umukino, umutoza Kirasa Alain yaje guhita akuramo Sekamana Maxime yinjizamo Sugira Ernest, uyu rutahizamu wari wabahesheje amanota atatu ku mukino uheruka ntiyahiriwe n’uyu munsi kuko yateye mu izamu rimwe gusa.

Amakipe yombi yagerageje gushakisha igitego, ariko umukino uza kurangira nta n’imwe ibashije kubona igitego.

Mu yindi mikino, ikipe ya Marines yatsinze Gasogi United ibitego 2-0, naho ikipe ya Muhanga itsindirwa mu rugo na Gicumbi Fc igitego 1-0.

Kuri iki cyumweru shampiyona irakomeza, aho umukino utegerejwe cyane ari uzahuza APR FC na Bugesera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka