Burera: Kaminuza ya UGHE igiye gutanga ibikoresho by’ubuvuzi ku bitaro n’ibigo nderabuzima

Kaminuza yigisha amasomo y’ubuvuzi bungana kuri bose mu Karere ka Burera, University of Global Health Equity, (U-G-H-E), yatangaje ko ku wa gatanu tariki 24 Mutarama 2020 izashyikiriza ibigo nderabuzima impano y’ibyuma cg za mikorosikope 19 zifashishwa mu gupima indwara, harimo n’ibizahabwa ibitaro bya Butaro.

Inyubako za kaminuza ya UGHE i Butaro mu Karere ka Burera
Inyubako za kaminuza ya UGHE i Butaro mu Karere ka Burera

Abayobozi b’iriya kaminuza, baremeza ko ari intambwe y’ingenzi cyane ku bigo nderabuzima bya Burera, kuko bikenera cyane ibikoresho kabuhariwe mu gupima indwara, gukora ubushakashatsi, no kuvura indwara, haba mu Karere ka Burera, no mu Rwanda hose muri rusange.

Impano z’ibyo byuma zizatangwa n’ubuyobozi bwa Kaminuza ya U-G-H-E, abahagarariye ibigo nderabuzima 17 byo muri Burera, abayobozi n’abakozi b’indashyikirwa mu bitaro byo mu karere ka Burera.

Kaminuza yigisha amasomo y’ubuvuzi bungana kuri bose mu Karere ka Burera, University of Global Health Equity, (U-G-H-E), yatashywe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ku itariki 25 Mutarama 2019.

Yigamo abantu baturutse hirya no hino ku isi kubera ko iri ku rwego mpuzamahanga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

MUHO TWISHIMIKO MWADUHAYE UMUHANDA KIDAHO BUTARO

ISAAC IRADUKUNDA yanditse ku itariki ya: 26-06-2023  →  Musubize

MUHO TWISHIMIKO MWADUHAYE UMUHANDA KIDAHO BUTARO

ISAAC IRADUKUNDA yanditse ku itariki ya: 26-06-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka