Ibyo wamenya ku gikombe cy’Intwari 2020 mu mikino itandukanye

Guhera mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda harakinwa imikino igamije kuzirikana intwari z’u Rwanda, aho izaba mu mikino itandukanye

Uyu mwaka umwihariko rizaba rikinwa no mu mukino w’amagare, bikazaba ari ubwa mbere kuko ryakinwaga mu mupira w’amaguru ndetse n’imikino y’intoki.

Umupira w’amaguru

Muri uyu mukino niho irushanwa rimaze kuba inshuro nyinshi, rikaba ari naryo riba rikomeye ugereranyije n’ibihembo biritangwamo, aho ikipe ya mbere izegukana 6,000,000 Frws, iya kabiri ikabona 3,000,000 Frws, iya gatatu 2,000,000 Frws, naho iya kane 1,000,000 Frws.

APR FC ni yo iheruka kwegukana iki gikombe
APR FC ni yo iheruka kwegukana iki gikombe

Mu bagore iya mbere izegukana 2,000,000 Frws, iya kabiri ihabwe 1,000,000 Frws, mu makipe ya gisirikare iya mbere izahabwa 1,000,000 Frws, iya kabiri ihabwe 500,000 Frws.

Uko imikino iteye

Umunsi wa mbere, Tariki 25/01/2020

Mukura VS&L vs APR FC (Kigali Stadium, 15:00)
Police FC vs Rayon Sports FC (Kigali Stadium, 18:00)

Umunsi wa kabiri, Tariki 28/01/2020

Rayon Sports FC vs Mukura VS&L (Kigali Stadium, 15:00)
Police FC vs APR FC (Kigali Stadium, 18:00)

Umunsi wa gatatu Tariki 31/01/ 2020

Scandinavia WFC vs AS Kigali WFC (Kigali Stadium, 13:00)
RDF Winner 1 vs RDF Winner 2 (Kigali Stadium, 15:30)

Umunsi wa kane Tariki 01/02/ 2020

Mukura VS&L vs Police FC (Kigali Stadium, 15:00)
Rayon Sports FC vs APR FC (Kigali Stadium, 18:00)

Basketball

Kuva ku wa 24 Mutarama kugeza Tariki 2 Gashyantare 2020 hazakinwa irushanwa rya Basketball ryo kwibuka intwari z’u Rwanda "Basketball Heroes Tournament 2020", rikazitabirwa n’amakipe asanzwe akina amarushanwa yo mu Rwanda.

Muri Basketball, REG yegukanye iki gikombe itsinzwe Patriots
Muri Basketball, REG yegukanye iki gikombe itsinzwe Patriots

Amakipe azitabira irushanwa muri Basketball Heroes Tournament 2020

ABAGABO

1. REG
2. PATRIOTS
3. APR (M)
4. ESPOIR
5. RP-IPRC HUYE
6. RP-IPRC KIGALI
7. TIGERS
8. RP-IPRC MUSANZE
9. UR HUYE
10. UR-CMHS
11. 30 PLUS
12. UGB

ABAGORE

1. RP-IPRC HUYE (W)
2. UBUMWE BBC
3. THE HOOPS
4. APR BBC (W)
5. UR HUYE (W)

Volleyball

Iri rushanwa rirakinwa guhera kuri uyu wa Gatanu aho amakipe agabanyije mu matsinda abiri mu bagabo, irya mbere rikaba ririmo REG, UTB na Kirehe, naho itsinda rya kabiri ririmo Gisagara, APR VC na RP-IPRC Kigali.

REG na UTB zashyizwe mu itsinda rimwe
REG na UTB zashyizwe mu itsinda rimwe

Handball

Iri rushanwa riteganyijwe kuva ku itariki ya 01-02/02, iri rushanwa rikazabera mu karere Gicumbi ari naho ryabereye umwaka ushize wa 2019 ubwo ryegukanwaga na Police HC mu bagabo ndetse na Kiziguro mu bagore.

Police Hc ni yo yegukanye iki gikombec yakiniwe bwa mbere i Gicumbi umwaka ushize
Police Hc ni yo yegukanye iki gikombec yakiniwe bwa mbere i Gicumbi umwaka ushize
Dr Pierre Damien Habumuremyi, umuyobozi w'urwego rw'igihugu rushinzwe intwari, imidari n'impeta z'ishimwe (CHENO) yitabira iyi mikino
Dr Pierre Damien Habumuremyi, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe intwari, imidari n’impeta z’ishimwe (CHENO) yitabira iyi mikino

Biteganyijwe ko amakipe yose asanzwe yitabira shampiyona y’u Rwanda azitabira iri rushanwa, imikino ikazakinirwa by’umwihariko ku Murindi w’Intwari.

Amagare

Mu mukino wo gusiganwa ku magare, hateganyijwe isiganwa rizabera mu mujyi wa Kigali kuri iki Cyumweru, iri siganwa biteganyijwe ko rizitabirwa n’abakinnyi bandi batarimo abagiye muri La tropicale Amissa Bongo, kuko ari bwo bazaba bakina umunsi wa nyuma muri Gabon.

Muri iri siganwa abakinnyi bazahatana bazahagurukira kuri EP Intwari, berekeze kuri Tapis rouge i Nyamirambo, Nyakabanda, Kimisagara, Nyabugogo, bazamuke Yamaha, GS APPACOPE, berekeze mu Gitega ubundi bazasoreze kuri EP Intwari.

Iyi nzira izaba ireshya na Kilometero 12 abagabo bazayizenguruka inshuro icyenda maze zibe Kilomtero 108Km, ingimbi inshuro 8 (96Km) naho abagore bazenguruke inshuro 6 (72Km).

Sitting Volleyball

Muri uyu mwaka nabwo kandi hazaba hakinwa na Volleyball y’abafite ubumuga (Sitting Volleyball), imikino iteganyijwe tariki 25/01/2020.

Amakipe azahatana

Abagore: Bugesera, Gicumbi, Gasabo, Nyarugenge

Abagabo:

Itsinda A: Gisagara, Rutsiro, Rusizi, Nyamasheke

Itsinda B: Gasabo, Karongi, Huye, Gicumbi

Iyi mikino izatangira ku wa Gatandatu tariki 25/01/2020 muri Gymnase ya NPC hakinwa amajonjora, naho ku Cyumweru hakinwe imikino ya 1/2 ndetse n’imikino ya nyuma (Finals)

Abakina Sitting Volleyball bazaba bahatana guhera kuri uyu wa Gatandatu
Abakina Sitting Volleyball bazaba bahatana guhera kuri uyu wa Gatandatu
Umwaka ushize mu bagore ikipe ya Bugesera yegukanye igikombe itsinze Gicumbi
Umwaka ushize mu bagore ikipe ya Bugesera yegukanye igikombe itsinze Gicumbi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Twishimiye igikomba aper yatwaye murakoze

Ndagijimana alphonse yanditse ku itariki ya: 3-02-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka