U Rwanda rutomboye amakipe yo mu karere mu gushaka itike y’igikombe cy’isi: Uko Tombola yagenze

Kuri uyu wa Kabiri i Cairo mu Misiri habereye Tombola y’amatsinda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar

Muri tombola y’ijonjora rya kabiri ryo guhatanira itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar 2022, u Rwanda rwisanze mu itsinda rya Gatanu aho ruzaba ruri kumwe na Kenya, Uganda, ndetse na Mali.

Uko amatsinda ateye

Itsinda A: Algeria, Burkina Faso, Niger, Djibouti

Itsinda B: Tunisia, Zambia, Mauritania, Equatorial Guinea

Itsinda C: Nigeria, Cape Verde, Central African Republic, Liberia

Itsinda D: Cameroon, Cote d’Ivoire, Mozambique, Malawi

Itsinda E: Mali, Uganda, Kenya, Rwanda

Itsinda F: Egypt, Gabon, Libya, Angola

Itsinda G: Ghana, South Africa, Zimbabwe, Ethiopia

Itsinda H: Senegal, Congo, Namibia, Togo

Itsinda I: Morocco, Guinea, Guinea-Biisau, Sudan

Itsinda J: DR Congo, Benin, Madagascar, Tanzania

Nyuma y’imikino y’amatsinda, hazasigara amakipe 10 ya mbere, aho hazafatwa ikipe ya mbere muri buri tsinda, nyuma hakorwe tombola hahure amakipe abiri abiri hashingiwe ku rutonde rwa FIFA, eshanu za mbere zibe ari zo zibona itike y’igikombe cy’isi.

Umukino wa mbere w’amatsinda uteganyijwe hagati y’itariki 5 na 13 Ukwakira 2020, naho umunsi wa kabiri ukazakinwa mu kwezi kwa 11/2020.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

amavubi afite amahirwemeshi canekobafite ugandayobashoboraga.nayo DRC ntakizayihagarika murakoze turabakunda

BENJAMIN RAFIKI yanditse ku itariki ya: 4-02-2020  →  Musubize

njye ndabona itsinda ryu urda rikinika duteguye abashoboye Bose dufite twazitwara neza kdi bareke umutoza mashami vincent agumane n,ikipe baramenyeranye nibashyira hamwe bazabikora Imana izabidufashamo

Bamporiki assiel yanditse ku itariki ya: 21-01-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka