Abatuye mu Mudugudu wa Rusuzumiro ho mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, binubira ko bitoreye umujyanama w’ubuzima babisabwe n’ubuyobozi, hanyuma uwo bahundagajeho amajwi agakurwaho. Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kivu ntibwemeranya n’aba baturage ko umuyobozi bitoreye yakuweko, ngo kuko muri raporo bwabonye iriho amazina (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ivuga ko hatangwa miliyari 3Frw buri mwaka mu gutera umuti wica imibu mu mazu mu karere ka Nyagatare.
Mu bihugu bimwe bya Afurika bizera abo bita Abavubyi, bivugwa ko bashobora kugusha imvura bakanayihagarika igihe babishakiye. Mu Rwanda naho Abavubyi barahabaga, ariko inzobere mu mateka y’u Rwanda kimwe n’abahanga mu bya siyansi bemeza ko nta muntu ufite ububasha bwo kugusha imvura. Izo nzobere zivuga ko ahubwo hari (…)
Uwamahoro Vanessa ni we watsindiye ikamba rya Nyampinga Scandinavia, nyuma y’amarushanwa yari amaze ukwezi mu Karere ka Rubavu.
Nyuma y’uko Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda yagendereye Akarere ka Huye agasaba ko urwari uruganda rw’ibibiriti rugurishwa hagakurwa ikigunda mu mujyi, rwashyizwe ku isoko ariko ntiruragurwa.
Benshi mu bafunguye ubucuruzi bakurikiye icyashara bahabwaga n’abanyeshuri bigaga mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) ubu bararirira mu myotsi.
Nkundimfura Losette, umukozi wa Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, ushinzwe ubukangurambaga ku ihame ry’uburinganire, avuga ko hari gutegurwa isomo ku buringanire rizajya rihabwa abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro.
Perezida Paul Kagame yemeza ko imishinga y’ibikorwaremezo, ubukerarugendo, n’ishoramari mu buhinzi byakwihutisha iterambere mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Impuguke eshatu zo mu Buyapani zifite ubunararibonye mu mukino wa Karate, ziteganijwe mu Rwanda kuva ku itariki ya 20 kugeza ku ya 24 Nzeli 2018, aho zizaba zije kurushaho kuzamura ireme ry’uwo mukino mu Banyarwanda ndetse no kubazamura mu Ntera.
Abayobozi b’imirenge n’utugari bo mu Karere ka Nyagatare bahawe ukwezi n’igice ko kuba bakemuye ikibazo cy’imisarane idasakaye cyangwa bakirukanwa ku kazi.
Abatuye mu Mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro, ku buryo bemeza ko bihanitse ugereranije n’ahandi hose mu gihugu.
Mugabe Robert usanzwe ari umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Great Lakes voices , akurikiranywe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB; akekwaho gusambanya abavandimwe babiri barimo umwe utaruzuza imyaka y’ubukure.
Nyuma y’iminsi yari amaze akina yararangije amasezerano, Manishimwe Djabel yamaze kumvikana na Rayon Sports ngo akomeze kuyikinira
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) iravuga ko u Rwanda rudafite umuntu uhugukiwe ibyo kwandikisha umutungo warwo mu mitungo kamere w’isi icungwa.
Nyirimbabazi Flora uzwi cyane nka Dj Princess Flor, Umunyarwandakazi wabaye icyamamare mu kuvangavanga umuziki, araganira n’abakunzi ba muzika kuri KT Radio, guhera Saa kumi z’umugoroba (5 PM).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro WDA, cyasabye abayobozi b’ibigo by’amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro, kuzarinda abanyeshuri uburiganya no gukopera mu bizami bya Leta biteganijwe tariki ya 19 kugeza ku ya 28 Nzeli 2018.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame avuga ko impamvu imibare ya 3% by’Abaturarwanda bafite ubwandu bwa SIDA itagabanuka harimo n’ababyeyi batabwiza abana babo ukuri ku mpamvu bafata imiti igabanya ubukana.
Abaturage b’Umurenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza bahawe icyuma kizabafasha kwirinda indwara ziterwa n’amazi mabi, kuko kiyungurura amazi y’ikiyaga bakoresha.
Uruganda rwitwa GABI rwenga urwagwa rwo mu Karere ka Gisagara rwatanze umuti udasanzwe ku kibazo cy’abahinzi b’urutoki batabonera isoko umusaruro beza.
Amavubi atsinzwe umukino wa kabiri mu gushaka itike ya CAN 2019, aho atsinzwe ibitego 2-1 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Rwizihirwa Ngabo Raymond umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Rwimbogo avuga ko ababyeyi n’abana bahavukiraga batwaraga n’izindi ndwara banduriye kwa muganga.
Urubyiruko rwirirwa mu mikino y’amahirwe no mu biyobyabwenge ruteye impungenge bamwe mu baturage, kuko ngo rutagira umurimo rukora iwabo.
Perezida Paul Kagame avuga ko atarumva impamvu ibihugu bya Afurika bitakwitunganyiriza umusaruro w’ubuhinzi ubwabyo bigakorana.
Mu nama y’inteko rusange ya FERWAFA yateranye kuri uyu wa Gatandatu, yemeje ko ikipe ya Nyagatare Fc ihagarikwa imyaka ibiri idakina Shampiona.
Perezida Paul Kagame yaraye yitabiriye umuhango wo gushyikiriza igihembo cya "Africa Food Prize" gihabwa abantu bitangiye iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika.
Abaturage bakorera n’abaturiye isoko rya Cyinkware mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze babangamiwe n’ikimoteri kiri hafi y’iri soko.
Strive Masiyiwa umuherwe wo mu gihugu cya Zimbabwe, yatangaje ko u Rwanda ari ishusho rya nyaryo ry’Ibyiza abanyafurika bifuza kubona ku mugabane wabo.
Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa gatanu, Umutoza w’ikipe y’Igihugu Amavubi Mashami Vincent yahaye Abanyarwanda icyizere cyo kuzatsinda inzovu za Cote d’Ivoire.
Ikigo gikora ibijyanye n’ikoranabuhanga "Exuus" cyatangije uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha abaturage bizigamira binyuze mu matsinda, gukurikirana uko imisanzu yabo icungwa bifashishije telefone.
Musabyimana Léocadie wo mu kagari ka Bikara umurenge wa Nkotsi i Musanze, arasaba ubufasha nyuma yo kubagwa ikibyimba mu nda bimuviramo kanseri, none arembeye mu rugo nyuma yo kubura ubushobozi.
Imishinga y’urubyiruko ruri mu buhinzi n’ubworozi ngo ikunze guhomba ariko abahanga bakarugira inama yo kudacika intege ahubwo rugahatiriza kuko igeraho igatanga inyungu.
Umuryango w’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu Rwanda, Heads of School Organization (HOSO), ugiye gukemura ikibazo cy’imicungire mibi y’umutungo n’ibikoresho by’amashuri cyagaragaraga kuri bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri.
Indorerezi z’imiryango mpuzamahanga zemeye ibyavuye mu matora y’abadepite yabaye mu Rwanda kuva tariki 02-04 Nzeri 2018, aho zivuga ko yabaye mu mucyo no mu mahoro.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi yaraye isenyeye imiryango 14 y’abatuye mu Murenge wa Muganza mu uherereye mu kibaya cya Bugarama, mu Karere ka Rusizi.
Abahinzi b’ibirayi b’i Nyaruguru barifuza ko imbuto y’ibirayi bitukura yadutse iwabo yatuburwa nk’izindi mbuto z’ibirayi zemewe, kugira ngo na yo bajye bayihinga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney ngo yatunguwe no kumva ko mu ntara ayoboye hakiri cy’abana b’inzererezi, yiyemeza kugishakira umuti.
Rutahizamu w’Amavubi na APR Fc Sugira Ernest, aratangaza ko nyuma yo kuva mu mvune ashaka kwerekana ko ari rutahizamu wari warabuze muri iyi minsi yari yaravunitse
Urugaga rw’abahinzi b’ibirayi hamwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM), bavuga ko ibirayi bizongera kuboneka ari byinshi ku masoko nyuma y’amezi abiri.
Abatuye ku kirwa cya Nkombo baravuga ko ikiguzi cy’urugendo cya Rusizi-Rubavu kikubye inshuro zirenga ebyiri, nyuma y’aho ubwato bari bahawe n’umukuru w’igihugu butagikora.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri ni bwo Komisiyo y’amatora yashyize hanze urutonde rw’ abagore, batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko ishinga amategeko.
Mu Rwanda hatangiye inama mpuzamanga igamije kwiga uko ubuhinzi muri Afurika bwatezwa imbere kugira ngo umusaruro uzamuke ndetse n’imirimo ibukomokaho ikiyongera.
Umwana w’imyaka 14 wo Mu Murenge wa Gashaki Akarere ka Musanze, wasambanijwe n’umuturanyi wabo, ubu yamaze kwibaruka.
Etame Mayer Lauren wahoze akinira ikipe ya Arsenal, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yakirwa mu buryo budasanzwe n’abafana ba Arsenal mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Nzeli 2018, Mme Jeannette Kagame, ari kumwe na bagenzi be b’abagore b’abakuru b’ibihugu byo muri Afurika, bitabiriye inama yigaga ku kwirinda ndetse no kugabanya Virusi itera Sida.
IcyamamareEllen DeGeneres, yatangaje ko adafite amagambo yo gusobanura urugendo rwe mu Rwanda, yemeza ko u Rwanda n’Abanyarwanda ari ibitangaza abantu bakwiye gusura bakirebera.
Amashyaka Green Party na PS Imberakuri yatsindiye imyanya ibiri kuri buri shyaka mu nteko inshinga amategeko y’u Rwanda, mu gihe FPR-Inkotanyi yakomeje kwerekana ubudahangarwa yegukana imyanya 40.
Eric Bertrand Bailly ukinira ikipe ya Manchester United na Côte d’Ivoire yageze i Kigali aho aje gukina n’Amavubi