Rusizi: Amahugurwa ku ireme ry’uburezi aratanga icyizere cy’impinduka mu burezi

Abarimu bo mu karere ka Rusizi barishimira amahugurwa atandukanye bagenda bahabwa ku kunoza ireme ry’uburezi, bakizeza ko azabafasha kuzana impinduka zifatika mu mwuga wabo w’uburezi.

Dr Munyakazi Isaac avuga ko guhugura barimu ari kimwe mu bizazamura urwego rw'ireme ry'uburezi
Dr Munyakazi Isaac avuga ko guhugura barimu ari kimwe mu bizazamura urwego rw’ireme ry’uburezi

Aba barimu bari guhugurwa n’ umushinga w’Abongereza wita ku burezi (BLF)Building Learnig Foundation, ku ngunga y’Ikigega Cy’Abongereza cya DFID.

Josephine Mukankusi yigisha ku ishuri nderabarezi rya Mururu (TTC Mururu). Ni umwe mu barimu bo mu karere ka Rusizi bashima ko amahugurwa bahawe n’uyu mushinga, kuko azabafasha guha amasomo afite ireme abanyeshuri babo, ari nabo barimu b’ejo.

Ati” Turimo gutozwa uburyo bwiza bwo kwigisha icyongereza, kandi hari ibikoresho bitanga baduhaye ndetse hari n’ibitabo ku buryo bizajya bifasha abarimu kwigisha abanyeshuri bitabagoye.”

Ndayisabye Wellars yungamo ati” Aba bana bigira kuba abarezi bagomba kuba bazi neza imyigishirize igezweho kugira ngo bazavemo abarimu beza ejo. Ibyo tugomba kuba natwe tubifitemo ubumenyi buhagije kugira ngo dutegure abarimu bejo neza.”

Abarimu bahuguwe bahize ko bagiye kugaragaza impinduka mu burezi nyuma y'aya mahugurwa
Abarimu bahuguwe bahize ko bagiye kugaragaza impinduka mu burezi nyuma y’aya mahugurwa

Byumwihariko, mu mashuri abanza kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu barahugurwa cyane cyane ku rurimi rw’Icyongereza n’imibare, kugira ngo batange umusingi nyawo ku bana bava mu mashuri abanza.

Silas Bahigansenga Umuyobozi w’ibikorwa muri uyu mushinga uri gutanga aya mahugurwa, avuga ko aya mahugurwa azatuma hatongera kubaho abayobozi b’ibigo bumva ko ari abo kuyobora gusa ntibafashe abarimu.

Ati” Icyongereza ni kimwe mu kiraje inshinga Leta hamwe natwe abafatanyabikorwa kuko ni ururimi rutangirwamo amasomo duhamya neza ko gufasha abarimu kurunoza bizabafasha no gushobora kurutangamo amasomo.”

Abanyeshuri bafite icyizere cy'uko imyigishirize mishya izazamura ireme ry'uburezi
Abanyeshuri bafite icyizere cy’uko imyigishirize mishya izazamura ireme ry’uburezi

Ubwo yari mu karere ka Rusizi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Dr Isaac Munyakazi yavuze ko iyi minisiteri ishaka impinduka zihuse mu burezi, ku buryo izi mpinduka zishobora no kugira ingaruka zaba nziza cyangwa mbi ku barimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri

Ati” Niba duhuguye umuntu bikagaragara ko yari umwarimu ariko imikorere ye ikagaragaza ko ashobora kuba umuyobozi w’ishuri, kuri,we twumva twamuha ayo mahirwe kandi bigatanga urugero no ku bandi.

Ariko na wa muyobozi w’ishuri twahuguye ntahinduke arutwa na wa mwarimu ushobora kuzamurwa agahabwa izo nshingano kandi akazikora neza.”

Dr Isaac Munyakazi, Guverineri Munyantwari Alphonse n'ababaherekeje bajya gusura ibikorwa by'uburezi ku Nkombo
Dr Isaac Munyakazi, Guverineri Munyantwari Alphonse n’ababaherekeje bajya gusura ibikorwa by’uburezi ku Nkombo

Hirya no hino ireme ry’uburezi byakunze kuvugwa ko ridindizwa n’ubumenyi buke bwa bamwe mu barezi.

Ni muri urwo rwego Dr Munyakazi akomereje uruzinduko muri aka karere, aho kuri uyu wa 05 ugushyingo 2018, aherekejwe na Guverineri w’Intara y’Uburengerazub Munyentwari Alphonse, basuye abaturage bo mu Murenge wa Nkombo.

Uru ruzinduko rukaba rwarakozwe mu Rwego rwo gusoza ubukangurambaga bwo gukangurira abantu gusoma, ndetse no gukurikirana aho ibikorwa byo kongerera ubushobozi abarimu bigisha imibare n’ikinyarwanda bigeze.

Beretswe aho urwego rw'imyigishirize y'imibare n'Ikinyarwanda muri uyu murenge ruhagaze
Beretswe aho urwego rw’imyigishirize y’imibare n’Ikinyarwanda muri uyu murenge ruhagaze

Aganira na Kigali Today ku butumwa yageneye abanye Nkombo Dr Munyakazi yagize ati" Nabakanguriye kwitabira gahunda za leta zirimo amahirwe igihugu cyabageneye, bakohereza abana babo mu mashuri, banirinda imirimo iyariyo yose bakoresha abana batarageza imyaka.

Nabakanguriye kandi no kohereza abana babo kwimenyereza gusoma mu masomero twabashyiriyeho,nasaba abafatanyabikorwa twajyanye gufasha uyu murenge by’umwihariko kugira ngo Ireme ry’uburezi twubaka ahandi n’aha ntihazibagirane."

Nyuma yo gusura ibikorwa by'uburezi muri aka gace ka Nkombo yabakanguriye kubyaza umusaruro amahirwe bahawe bohereza abana ku ishuri bakanabarinda imirimo itabagenewe
Nyuma yo gusura ibikorwa by’uburezi muri aka gace ka Nkombo yabakanguriye kubyaza umusaruro amahirwe bahawe bohereza abana ku ishuri bakanabarinda imirimo itabagenewe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Kureba amanuta yabanyeshuri

Uwineza maria yanditse ku itariki ya: 31-12-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka