
Dukuzumuremyi Francine yaguze ubutaka hashize imyaka 2. Uwo babuguze bagiranye amasezerano hagati yabo ndetse n’abagabo barabasinyira.
Kuva ubwo ngo yatangiye kumusaba kuza kumuhinduriza ariko buri gihe akamubwira ko yibereye mu kazi kandi atagata, ahubwo hakwiye gushingirwa ku masezerano bagiranye ubwabo.
Agira ati “ Twarandikiranye amasezerano ndayafite n’ibyangombwa by’ubutaka yarabimpaye, ariko bakimara kumbwira ko ibyo twakoze bitemewe naramwinginze ngo aze yaranze kumpinduriza.”
Ndamage Angelique umukozi w’ikigo cy’ubutaka mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko amasezerano y’ubugure bw’ubutaka yemewe ari ayakorewe imbere ya noteri w’ubutaka.
Impamvu ngo ni uko igihe cy’ihererekanya ry’ubutaka uwagurishije iyo atabonetse bisaba ko amasezerano bagiranye hagati yabo yemezwa n’urukiko.
Ati “ Iyo amasezerano atabereye imbere ya noteri w’ubutaka, igihe cyo kubuhererekanya uwagurishije ntaboneke, uwaguze tumwohereza mu rukiko kugira ngo rwemeze ayo masezerano tubone uko tumwandikaho ubwo butaka.”
Ndamage asaba abafite ikibazo cyo kubura abo baguze ubutaka ngo babahindurize kujya mu rukiko rukemeza amasezerano bagiranye, akaba ari yo azashingirwaho bahabwa icyangombwa cy’amasezerano y’ubukode ya burundu.
Yabitangaje kuri uyu wa 6 Ugushyingo ku munsi wa kabiri w’icyumweru cyo kwandikisha ubutaka, igikorwa kirimo kubera mu Murenge wa Rwimiyaga guhera kuri uyu wa 5 Ugushyingo kikazasoza ku wa 9 Ugushyingo 2018.
Ohereza igitekerezo
|
Nashatse kugurisha igice cy’ubutaka ntuyemo. Ariko nkora amasezerano y’ubugure bw’ubutaka n’ibiburiho nteganya gusigarana inzu yanjye kuko pariseri igabyemo kabiri itandukanyijwe n’urukuta.
Uruhande nakoreragamo nirwo nifuje kugurisha naho aho ntuye harimo inzu y’igorofa niyo ntuyemo.
None uwo twaguze ubutaka yakoze amayeri anjyana kwa noteri nandika ko mugurishije ubutaka n’ibiburiho, njye mbyemera nibwiye ko ari ibiri kuri bwabundi nifuzaga kugurisha ku buryo byanditse ko mugurishije 70% ngasigarana 30% y’inzira ingeza ku irembo kuko ntuye inyuma y’aho nagurishije.
Kugira ngo nzamuhindurize, namuhaye icyangombwa cy’ubutaka none arigushaka kundega ngo na hahandi ntuye yarahaguze.
Ndabigenza nte nta bundi butaka aribwo bwonyine
Ese biremewe ko umutungo w’umukene ugurishwa mu maherere yo kudasobanukirwa.
Mumfashe kuko ndi umusaza w’imyaka ishobora kurenga 75.
Ndabigenza nte ko ngiye kumeneshwa n’ubujiji bwo kudasobanukirwa, cyane ko nasinye ntabanje gusoma imiterere y’amasezerano
naguze ubutaka nabanyirabwo nukuvuga abo bubaruyeho nyuma nza kubaka iherekanya bararinyima babwirako ihererekanya nzaribaza abana mfata umwanzuro wo kumurega hose bareba ibimenyetso bagasanga ari ubuteka mutwe none tugeze mubunzi bo kumurenge naho naramutsinze none banze kuza gusinya imyanzuro mwangira iyihe nama nubwo nange amasezerano twayakoze hagati yacu
Mwaramutse neza,ese ibisabwa kugirango uwaguze ubutaka ahabwe amasezerano yaburundu kubutaka yagize nibiki byemewe n’amategeko,murakoze.