Nyagatare: Nkongwa yongeye kwibasira imyaka

Udukoko twa Nkongwa tumaze kwibasira hegitari zigera kuri 350 z’ubutaka mu Karere ka Nyagatare, nyuma y’umwaka umwe guverinoma ishyize ingufu mu kuzica.

Abahinzi bazindukiye mu mirima barwanya Nkongwa yongeye kugaragara mu bigori
Abahinzi bazindukiye mu mirima barwanya Nkongwa yongeye kugaragara mu bigori

Nkongwa ni udukoko twibasira imyaka irimo ibigori, amasaka n’ibishyimbo. Ikaba yongeye kugaragara mu gishanga giherereye mu Kagali ka Kagitumba mu Murenge wa Matimba.

Hari impungenge z’uko utwo dukoko twaba tugiye kwibasira hegitari zigera ku 22.778 zihinzeho ibigori mu mirenge itandukanye igize aka karere, nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu, Steven Rurangwa.

Yagize ati “Dukurikije amakuru duhabwa iyo irwanijwe imyaka ikiri mito irera, nta mpungenge z’amapfa ahubwo abahinzi bashyire imbaraga mu gutera imiti yica nkongwa umusaruro uzaboneka.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko umwaka ushize Kongwa yibasiye hegitari 15,699 z’ubutaka muri hegitari 63,499 zihinzeho ibigori n’amasaka mu gihugu cyose, bingana na 24.7%.

Icyo gihe Nkongwa yamaze amezi atatu yibasiye uturere twose tw’igihugu uko ari 30.

Ingabo z’igihugu zagize uruhare rukomeye mu guhashya Nkongwa ikoresheje imiti izica yateraga yifashishijwe za kajugujugu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka